Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kigali: Abamotari bakoze imyigaragambyo yamagana amafaranga y’umurengera bishyuzwa

Yanditswe na: webmaster
2022/01/13 4:54 PM
A A
2
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Related posts

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

2022/08/08 8:49 PM
Nsabimana Aimable yafashije APR gusanga As Kigali ku mukino wa nyuma

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura, Rayon Sports na APR FC ni ku munsi wa 14

2022/08/08 3:48 PM

Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto mu Mujyi wa Kigali bazindukiye hirya no hino mu mihanda bigaragambya kubera amafaranga y’umurengera bishyuzwa harimo ubwishingizi bwikubye kabiri ndetse nayo bakatwa kuri mubazi zamaze no kuba zikubita hasi igiciro cy’urugendo kandi essence yaruriye.

Baravuga ko babangamiwe kandi n’igiciro cy’ubwishingizi cyatumbagiye

Mu masaha y’igitondo kuri uyu wa Kane, tariki 13 Mutarama 2022, nibwo aba bamotari bazindukiye mu gisa n’imyigaragambyo mu muhanda wo mu Mujyi rwagati hafi n’ahahoze gereza ya 1930. Ibikorwa nk’ibi banabikoreye  i Nyamirambo, ku Muhima, Gikondo muri Kicukiro no ku Gishushu mu Karere ka Gasabo.

Aba bamotari barataka ko buri mwaka bishyuzwa amafaranga arenga ibihumbi 500Frw badashyizeho ayo barimo gukatwa kuri za mubazi zakubise ishoka igiciro cy’urugendo. Uku kwinubira gukatwa ku mafaranga baba bishyuwe n’umugenzi baravuga ko bituma bisanga bakorera mu bihombo kandi n’ibikomoka kuri peterole byarahenze.

Ni mu gihe izi mubazi zitaramara icyumweru zikoreshwa n’abamotari bo mu Mujyi wa Kigali, aho umugenzi atagiciririkanya na motari ku giciro cy’urugendo bagiye gukora kuko mubazi ariyo igena igiciro bitewe n’urugendo bakoze.

Bamwe mu bamotari baganiriye n’itangazamakuru bavuze ko biteye agahinda kubona amafaranga bakatwa kuri mubazi ndetse n’ayo bishyuzwa harimo arenga ibihumbi 200 Frw y’ubwishingizi, ariyo mpamvu bahisemo kujya mu muhanda kugira ngo inzego bireba zite ku bibazo bafite.

Umwe mu bamotari ati “Dufite ikibazo rwose reba ubwishingizi barabwurije ni nk’ubwa rukururana, ubuse bizaherera he ko bidusiga mu madeni. Twahisemo kuza aha kugirango abayobozi barebe agahinda n’akarengane duhura nako. Itegereze nawe ipantaro n’inkweto nambaye, ubuse naniwe kwambara neza nk’abandi ariko nimbikora amafaranga n’imisanzu twakwa nayakurahe.”

Undi ati “Mudukorere ubuvugizi rwose, nawe se assurance yaruriye, baradukata aya koperative, ugashyiraho nayo bakata kuri za mubazi, aka ni akarengane mubazi zabo bazisubirane rwose.”

Uyu mu motari we aravuga amafaranga bakatwa, agira ati “Dutanga umusoro w’amafaranga 1,500Frw wa RURA, twishyura Rwanda Revenue ibihumbi 18 Frw ku gihembwe, koperetive tuyitangaho ibihumbi 5,000Frw ntacyo itumariye. Ikibabaje bazanye mubazi maze igiciro bagikubita hasi kandi essence yaruriye utwo duke kandi natwo barayakata iyo tuyabikuza.”

Uyu we yasabye ko Perezida wa Repubulika yagira icyo abikoraho, ati “Iyi si imyigaragambo, twe turi gusaba Perezida aturenganure kuko ibi ntacyo bitumariye, izo mubazi ntahuzanzira zigira kandi iyo bagufashe moto bahita bayitwara.”

Hari na bamwe mu ba motari bavugaga ko moto zabo zafashwe na Polisi kubera ko bafashwe mubazi zidakora. Aba bamotari bagashimangira ko iyi mashini ibara igiciro ku rugendo umugenzi yakoze batamenyeshejwe ko hari amafaranga bazajya bakatwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe umutekano wo muhanda, SSP Irere René, aganira n’UMUSEKE, yavuzeko kuba abamotari bahisemo kujya mu muhanda atari inzira nziza kuko bafite inzego zibavuganira harimo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative ndetse n’impuzamashyirahamwe zabo.

Ati “Kujya mu muhanda siyo nzira nziza yo kugaragaza ibibazo bafite kuko bakwiye kunyuzwa mu makoperative babarizwamo byabananira bakabigeza ku nzego zo hejuru. Bafite impuzamashyirahamwe, bafite RCA ishinzwe amakoperative kandi yabisuzuma, hari RURA itanga uburenganzira bw’ubwikorezi bayegera ibibazo byabo bigashakirwa igisubizo.”

SSP Irere René, asaba abamotari gukoresha umuhanda neza bakubahiriza amategeko n’amabwiriza mu rwego rwo gukora akazi kabo neza ndetse bakirinda gucibwa amafaranga y’amande bya hato na hato.

UMUSEKE wifuje kumenya icyo inzego bireba nka RURA n’impuzamashyirahamwe y’abamotari mu Rwanda zibivugaho, gusa RURA batangaje ko abayobozi bafite mu nshingano ibikorwa bo mu muhanda bari mu nama bose, ninako umuyobozi wa Mpuzamashyirahamwe y’abamotari mu Rwanda (FERWAKOTAMO), Ngarambe Daniel nawe yavuze ko afite inama.

Iyi nkuru irakomeza gukurikiranwa, mu gihe izi nzego zagira ibyo zitangaza bikazatangazwa.

Abamotari ntibakozwa ibya mubazi zakubise ishoko igiciro cy’urugendo kandi na duke bishyuwe bakadukata

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Inkuru ikurikira

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Inkuru ikurikira

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ibitekerezo 2

  1. Kaka says:
    shize

    Iyo nintabwe mukwerekana ikibazo byatumye abantu bamenya agahinda kanyu

  2. Uwase Louise says:
    shize

    Abaturage bazatomboka mu gihe ibintu bitajyanye n’ubuzima barimo. Urugero nuko umutegetsi wakwemeza kugarura caguwa, yakwishimirwa yuko ubulyo yavanyweho butigeze busobanuka. Ni icyemezo kitajyanye n’imibereho y’abanyarwanda kuri ubu. Ikindi kigiye kuzana abaturage mu mihanda ni isenyerwa nta ngurane riri mu turere twose kandi ugasanga abategetsi bamwe na bamwe babyungukiramo! Rurange izaba mu buhinzi ubwo bazamagang ariya makoperative n’izindi ngamba zinyunyuza rubanda. Leta nirebe ibibereye abaturage naho gushyira imbere ibyo abazungu bakunda nk’ikoranabuhanga n’amazu ashashagirana bizayiteza gushyamirana n’abaturage.

Inkuru zikunzwe

  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umukobwa yategereje umuhungu bari gusezerana ku Kiliziya aramuheba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • EXCLUSIVE: Umusirikare wa Congo yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Nyamasheke: Inzego z’umutekano zafashe umugabo wishe ababyeyi be bombi

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umukinnyi yohereje umuvandimwe we kumuhagararira mu bukwe bwe -AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Juvénal yakuriye Abayovu inzira ku murima kuri Emmanuel Okwi

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Rwanda rwasohoye itangazo ku birego bishya byo “gutera Congo no gufasha M23”

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Bubiligi bwahaye u Rwanda udupfukamunwa tugera kuri Miliyoni

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Stade ya Huye ishobora kutakira umukino wa Super Coupe

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo wari wararanye n’umugore utari uwe yapfuye amarabira babyutse

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

2022/08/08 8:49 PM
Nsabimana Aimable yafashije APR gusanga As Kigali ku mukino wa nyuma

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura, Rayon Sports na APR FC ni ku munsi wa 14

2022/08/08 3:48 PM
MINECOFIN ntizamburwa inshingano zo kugena ahashorwa amafaranga ya Leta

MINECOFIN ntizamburwa inshingano zo kugena ahashorwa amafaranga ya Leta

2022/08/08 3:30 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010