Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

APR yafashe umwanya wa Mbere yari ikumbuye

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/04/17 7:08 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatsinze Bugesera FC igitego 1-0, bituma isubirana umwanya wa Mbere yari ikumbuye.

APR FC ifashe umwanya wa mbere

Kuri iki Cyumweru nibwo hakinwe imikino itatu yari isigaye ngo umunsi wa 23 wa Shampiyona, urangire. Umukino wari witezwe na benshi, ni uwa Bugesera FC yari yakiriye APR FC kuri Stade ya Bugesera.

Amakipe yombi yakomeje gucungana, kugeza ku munota wa nyuma n’ubwo APR FC yanyuzagamo igasatira.

Bugesera FC na yo yagize uburyo bwashoboraga kubyara ibitego, biciye kuri ba rutahizamu bayo barimo Sadick Sulley.

Kwamamaza

Bugesera FC yakomeje kwihagararaho, ariko biza kuba bibi ku munota wa Gatatu w’inyongera muri itanu yari yongeweho n’umusifuzi, Ngabonziza Jean Paul wayoboye uyu mukino.

Kuri uwo munota nibwo Mugisha Bonheur yaboneraga APR FC igitego cyayihaye amanota atatu.

Intsinzi y’iyi kipe y’Ingabo yatumye ihita ifata umwanya wa Mbere n’amanota 52, mu gihe Kiyovu Sports ya Kabiri ifite amanota 51.

Undi mukino wabereye kuri Stade ya Kigali, Etincelles FC yari yasuye AS Kigali FC maze zigwa muswi ku bitego 2-2.

Ibitego bya AS Kigali FC byatsinzwe na Hussein Shaban ku munota wa 80 na Michael Sarpong ku munota wa 82, mu gihe ibya Etincelles FC byombi byatsinzwe na Rachid Mutebi ku munota wa 52 n’uwa 90.

AS Kigali FC na Etincelles FC zaguye miswi ku bitego 2-2
Mugisha Bonheur ni we wahesheje APR FC umwanya wa Mbere

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rusizi: Hibutswe abari abakozi ba CIMERWA bishwe muri Jenoside

Inkuru ikurikira

Muhanga: Abanyerondo 6 bakomerekejwe n’abitwaje imihini

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
RDC: Ingabo z’u Burundi zaburijemo igitero ku baturage

RDC: Ingabo z’u Burundi zaburijemo igitero ku baturage

2023/03/27 12:45 PM
Inkuru ikurikira
Muhanga: Abanyerondo 6 bakomerekejwe n’abitwaje imihini

Muhanga: Abanyerondo 6 bakomerekejwe n'abitwaje imihini

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010