Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Josh Ishimwe yanyuze abitabiriye igitaramo cyinjiza abantu muri pasika

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/04/17 9:33 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ishimwe Joseph uzwi nka Josh ni umwe mu bahanzi baririmbye mu gitaramo cyinjiza abantu muri pasika , Evening of Connecting Heaven –Earth, igitaramo cyari cyateguwe n’itsinda ry’abaririmbyi bo mu Itorero Zion Temple Gatenga,Asaph Music International.

Josh Ishimwe yanyuze abitabiriye “ Evening of Connecting Heaven-Earth “

Muri iki gitaramo haririmbyemo abandi bahanzi nka Aime Uwimana, waririmbye igihe gito, Gisubizo Minisitry, Asaph Kibagabaga, Asaph Rubilizi, Rene Patrick wari kumwe na Madamu we Tracy, Ishimwe Josh wahembuye imitima y’abari bateranye n’abandi .

Ni igitaramo cyatangiye ku isaha ya saa kumi zuzuye z’umugoroba ndetse ku isaha ya saa kumi n’imwe urusengero rwari rwuzuye ku buryo abaje nyuma y’iyo saha bitaboroheye kwinjira.

Asaph Music Interanational niyo yabanje ku ruhimbi, iririmba indirimbo zabo ndetse inaririmba n’izindi zo guhimbaza Imana, ku buryo wabonaga umuriri w’ibyishimo wari mwinshi mu bakirisitu.

Kwamamaza

Nyuma yaho nibwo bakomeje kwakira abahanzi n’amakorari, nka Asaph Kibagabaga, nayo yaririmo umuyobozI w’indirimbo wagaragaje ubuhanga mu ndirimbo zihimbana Imana.

Mu ndirimbo baririmbye ikanyura abantu harimo “Narelekeremo y’umuhanzi wo muri Nigeria Tim Godfley, imwe mundirimbo zakunzwe.

Ishimwe Josh , nk’umwe mu bahanzi bari bategerejwe kuririmba muri icyo gitaramo, yaje maze abantu bari mu mujyo wo guhimbaza Imana, barushaho kunezerwa.

Mu ndirimbo ze zihimbitse mu njyana gakondo ziganjemo izanditswe mu gitabo, yaziririmbye maze atigisa urusengero bacinya akadiho.

Uyu muhanzi yafashwaga kuririmba n’itsinda rito yari yazanye ndetse na bamwe mu baririmbyi ba Asaph Music Interanational.

Mu ndirimbo ze, byagezeho abakirisitu bamwe bamusanga ku ruhimbi, babyina zimwe mu ndirimbo ze zirimo Amasezerano, Amatunda , asozereza ku ndirimbo “Umwami ni mwiza.”

Uyu muhanzi, yaje kugaruka ku ruhimbi, ubwo hari hagezweho umwanya wo gutura, ubona ko yari akunzwe cyane, byaje gutuma n’umushumba Emmanuel GBEREKPEE,amusaba gusubiramo indirimbo”Amasezerano”ubwo  yari kubwiriza ijambo ry’Imana.

Ubusanzwe, uyu muhanzi yamenyekanye cyane kubera indirimbo “Yesu Ndagukunda”.Kugeza ubu nta ndirimbo nyinshi arakora ariko zimwe mu zo afite yasubiyemo harimo iyo yamenyekaniyeho, Yezu wanjye,Amasezerano,Rya Joro.

Nta gihe aramara mu muziki wo guhimbaza Imana kuko amazemo imyaka itatu atangiye gusohora indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho ariko akaba akunzwe n’abatari bake.

Abitabiriye iki gitaramo banyuzwe 
Asaph yanyuze abitabiriye “ Evening of Connecting Heaven-Earth “

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Hagaragajwe imishinga izana impinduka ku bahatuye

Inkuru ikurikira

Rusizi: Hibutswe abari abakozi ba CIMERWA bishwe muri Jenoside

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
RDC: Ingabo z’u Burundi zaburijemo igitero ku baturage

RDC: Ingabo z’u Burundi zaburijemo igitero ku baturage

2023/03/27 12:45 PM
Inkuru ikurikira
Rusizi: Hibutswe abari abakozi ba CIMERWA bishwe muri Jenoside

Rusizi: Hibutswe abari abakozi ba CIMERWA bishwe muri Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010