Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kwibuka 28: Uko Siporo yunze Abanyarwanda nyuma ya Jenoside

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/04/13 9:25 AM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Siporo ni imwe mu nzira zifashishwa muri byinshi, yanakoreshejwe mu kugarura ubumwe bw’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

APR FC ni imwe mu makipe yatwaye ibikombe byinshi nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyarwanda n’Isi yose muri rusange, baribuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Gukomeza kwibuka aba bazize uko bavutse, bituma Abanyarwanda n‘inshuti z‘u Rwanda bakomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo itazabaho ukundi.

Related posts

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

2022/08/08 8:49 PM
Nsabimana Aimable yafashije APR gusanga As Kigali ku mukino wa nyuma

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura, Rayon Sports na APR FC ni ku munsi wa 14

2022/08/08 3:48 PM

Imwe mu nzira zafashije Abanyarwanda kongera kunga ubumwe no kubwira amahanga ko u Rwanda rutazimye, ni siporo mu ngeri zitandukanye.

Ingabo za RPA ubwo zateguraga urugamba rwo kubohora Igihugu, zanatekereje kuri Siporo nk‘umuyoboro uzafasha Abanyarwanda kumva ubutumwa zari zizanye.

Mu mupira w‘amaguru, ikipe ya APR FC yahise ishingwa ku Murindi wa Byumba mu 1993. Ubwo iyi kipe yashingwaga, icyari kigamijwe ni ukugaragaza ko n’ubwo hari Abanyarwanda bari ishyanga ariko bashoboye byinshi birimo n’imikino.

Nyuma y’amezi abiri gusa iyi kipe ishinzwe, yatangiye gusurwa n’andi makipe yaba ayo mu Rwanda n’ayo hanze yarwo icyo gihe, hagamijwe kunga Ubumwe bw’Abanyarwanda no kugaragariza Isi ko nta kibi kigenza Inkotanyi.

Imwe mu mikino ya gicuti iyi kipe yakinnye:

APR FC 2-0 PSD FC (Rwanda)
APR FC 2-1 INKATA FC (Kenya)

Nyuma yo kubohora u Rwanda, iyi kipe y’Ingabo yatangiye gukina imikino ya gicuti n’amakipe y’imbere mu Gihugu no hanze yacyo.

Imwe mu mikino yakinnye:

APR FC 1-1 Kiyovu Sports
APR FC 1-1 Mukura VS
APR FC 1-2 Vitalo’o FC (Burundi)
APR FC 1-2 Express FC (Uganda)

Uretese mu mupira w’amaguru, hakinwaga n’indi mikino irimo iy’amaboko nka Volleyball, Basketball n’indi.

Ubwo Jenoside yabaga, ikipe ya Volleyball ya Kaminuza y’u Rwanda, yari yaraye ivuye ku Murindi wa Byumba gukina n’ikipe ya APR ya Volleyball.

Ibi byose ni ibisobanura neza uko Inkotanyi zageragezaga gucisha ubutumwa mu mikino hagamijwe kunga Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Abanyarwanda bagarutse ku ma Stade kandi nta bintu by’amoko bibarimo bose ari abafana

Ubwo APR FC yashingwaga, yakinagamo abasirikare gusa ariko uko iminsi yicuma, igenda inakinisha abasivile mu kugaragaza ko Inkotanyi zitironda.

Leta y’Ubumwe yashyizeho amarushanwa atandukanye yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yaba mu mupira w’amaguru n’imikino y’amaboko.

Perezida w’Ishyirahamwe rya Triathlon mu Rwanda, Mbaraga Alexis wari mukuru yiga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaga, mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda yavuze ko imikino yakoreshejwe mu buryo bwo kunga Abanyarwanda.

Ati “Jenoside yabaye twaraye tuvuye gukina na APR Volleyball ku Murindi. Twakinnye ku itariki ya 3 Mata tugaruka i Kigali ku itariki ya 4 Mata, 1994.”

Yakomeje agira ati “Jenoside irangiye twongera gukina. Gusa icyo gihe twakoze ikipe imwe ya APR, Afande James (Kabarebe) aza kuyibera Umuyobozi. Nyuma y’uko Guverinoma irahiye, iminsi yakurikiyeho mu kwa Munani twatangiye umwiherero. Icyo gihe twatangiye kubaza tuti kanaka ari he, bati ari i Butare, tukajya kumuzana, bati ari hariya, tukajya kumuzana. Dusanga ikipe irakomeye. Dukora umwiherero, bya bintu byo kwiheba byose tubishyira hasi.”

Uyu muyobozi ariko icyo gihe wari umukinnyi wa Volleyball, yakomeje avuga ko uko imikino yakinwaga ari ko byagaragaraga ko ubuzima burimo kuza, bikarushaho gutanga icyizere ku Banyarwanda bari barahekuwe na Jenoside.

Muri Volleyball, amakipe nka KVC yaravutse, Abanyarwanda bagenda bitabira imikino ari na ko ubuzima bugaruka.

Umutoza w’abanyezamu ba AS Kigali WFC, Safari Jean Marie Vianney, nk’umwe mu bari mu Ngabo za RPF ariko kandi akaba yaranacitse ku icumu, aganira na UMUSEKE yavuze ko umupira w’amaguru wabaye intwaro ikomeye yafashije Abanyarwanda kongera kuvuga rumwe mu bihe bitari byoroshye.

Ati “Buriya Ingabo za RPA mu guhagarika Jenoside, zaje zifite gahunda nyinshi. Imwe muri gahunda yo kuzana Ubumwe n’Ubwiyunge no kunga Ubumwe bw’Abanyarwanda, icyitwa umupira w’amaguru cyarakoreshejwe cyane.”

Abafana ba Rayon Sports bongeye kuza gushyigikira ikipe yabo nta wishisha undi

Uyu mutoza yakomeje avuga ko mu 1993-1994 abari bafite impano bose, bahawe umwanya wo gukina buri wese umukino ashoboye.

Ati “Ni muri ubwo buryo, abari bafite impano bose bahawe uburyo bwo gukina. Barashyigikirwa, bahabwa ibikoresho, bavangwa n’abasivile, hagamijwe kunga Ubumwe bw’Abanyarwanda.”

Nshizirungu Hubert wamenyekanye nka Bébe muri Kiyovu Sports, na we ahamya ko umupira w’amaguru wagize uruhare mu kongera kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakerewe Abatutsi.

Ati “Abantu benshi bagiye bahuzwa na Siporo. Ubona nyuma ya Jenoside abantu baragarutse ku ma Stade. Ku kigero cya 80% umupira warongeye uhuza abantu.“

Abari bakuru icyo gihe kandi bagihumeka umwuka w’abazima, na bo bashimangira ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, imikino yabaye intwaro ikomeye yakoreshejwe mu gutambutsa ubutumwa bwiza bwo kunga Abanyarwanda. Abantu barongeye barahura baraganira bunga ubumwe koko bavuga rumwe.

Ubuzima bwongeye kugaruka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Abashumba baguye mu mutego w’amoko binjira muri Politiki- Pst Christine Gatabazi

Inkuru ikurikira

ITANGAZO RUSANGE RIGENEWE ABABEREWEMO UMWENDA

Inkuru ikurikira

ITANGAZO RUSANGE RIGENEWE ABABEREWEMO UMWENDA

Inkuru zikunzwe

  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umukobwa yategereje umuhungu bari gusezerana ku Kiliziya aramuheba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • EXCLUSIVE: Umusirikare wa Congo yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Nyamasheke: Inzego z’umutekano zafashe umugabo wishe ababyeyi be bombi

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umukinnyi yohereje umuvandimwe we kumuhagararira mu bukwe bwe -AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Juvénal yakuriye Abayovu inzira ku murima kuri Emmanuel Okwi

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Rwanda rwasohoye itangazo ku birego bishya byo “gutera Congo no gufasha M23”

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Bubiligi bwahaye u Rwanda udupfukamunwa tugera kuri Miliyoni

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Stade ya Huye ishobora kutakira umukino wa Super Coupe

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo wari wararanye n’umugore utari uwe yapfuye amarabira babyutse

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

Abanyamakuru b’imyidagaduro mu Rwanda bashinze ishyirahamwe ribahuza

2022/08/08 8:49 PM
Nsabimana Aimable yafashije APR gusanga As Kigali ku mukino wa nyuma

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura, Rayon Sports na APR FC ni ku munsi wa 14

2022/08/08 3:48 PM
MINECOFIN ntizamburwa inshingano zo kugena ahashorwa amafaranga ya Leta

MINECOFIN ntizamburwa inshingano zo kugena ahashorwa amafaranga ya Leta

2022/08/08 3:30 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010