Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umuyobozi wa SULFO arasaba ubufatanye mu guhangana n’ingaruka za Covid-19

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/05/17 11:30 AM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Ubuyobozi bw’uruganda rwa Sulfo Rwanda, bwasabye Urugaga rw’abikorera mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba kugira ubufatanye n’abakora ubucuruzi mu Karere mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zatewe na Covid-19.

Bwana Dharmarajan Hariharan umuyobozi Mukuru wa Sulfo Rwanda


Umuyobozi Mukuru wa Sulfo Rwanda, Bwana Dharmarajan Hariharan avuga ko n’ubwo babashije guhangana na Covid-19 bahuye n’imbogamizi zirimo, kubura aho bagurisha bimwe mu bicuruzwa byabo ku isoko rya Afurika y’Iburasirazuba.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Kubura isoko hanze y’u Rwanda, byagize ingaruka ku nganda zo mu Rwanda harimo na Sulfo Rwanda itunganya ibikoresho bitandukanye by’isuku birimo amasabune, amavuta, amazi ya Nil n’ibindi.

Bwana Dharmarajan Hariharan, avuga ko nta kibazo cy’umusaruro uru ruganda rufite ko n’abaguzi b’imbere mu gihugu biyongereye.

Ati “Nubwo ibicuruzwa bimwe bitabashaga koherezwa ku isoko ryo hanze, mu Rwanda hari bimwe byifashishijwe cyane birimo isabune, Handsanitizer, byakoreshejwe cyane mu rwego rwo guhangana n’ubwandu bwa Covid-19, bityo ingaruka ntizakora cyane ku ruganda.”

Agaragaza ko amasoko yo muri Afurika y’Iburasirazuba yahungabanye kuko bamwe mubo bagurishaga ibicuruzwa bagizweho ingaruka na Covid-19.

Uyu muyobozi yasabye Urugaga rw’Abikorera mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba EABC ko rwagira ubufatanye n’abakora ubucuruzi hagamijwe kurushaho kubuteza imbere bafatanyije na Guverinoma z’ibihugu.

Ati “Nkatwe dushishikajwe cyane n’isoko ryo mu Karere kuko imbere mu gihugu ntawe duhanganye.”

Avuga ko bashyize imbaraga mu gukomeza gukora ibicuruzwa byujuje ubuziranenge kuko biramutse bitanoze byabasubiza inyuma.

Ati ” Ni yo mpamvu dukora ibishoboka byose kugira ngo ibicuruzwa byacu bihore ku isonga mu bwiza.”

Ashima gahunda zashyizweho na Leta y’u Rwanda mu kwirinda Covid-19 ziri muzabafashije kugira ngo bakomeze imirimo.

Bwana Dharmarajan avuga ko muri uru ruganda baha amahirwe umuntu wese ushoboye gukora batagendeye ku gitsina biri mu bituma babona umusaruro mu bucuruzi bwabo.

Yagaragaje ko ubuhahirane n’itumanaho byatera imbere mu gihe EACB yabigiramo uruhare bikazamura ishoramari muri Afurika y’Iburasirazuba.

Kuva EABC yatangira muri 2006 hari byinshi bamaze kugeraho mu guteza imbere abikorera mu muryango wa afurika y’iburasirazuba harimo ubuvugizi bwo kuvugurura amategeko nko gusaba gusorera ku mupaka umwe, guhabwa icyangombwa cyo gukorera mu kindi gihugu cyo mu muryango wa EAC kandi gitangirwa Ubuntu.

EABC ikomeje kuganira ku bibazo by’abikorera muri EAC, kureba uko bashyira hamwe ibicuruzwa byoherezwa hanze kugira ngo abacuruzi bashobore kugira ijambo ku isoko mpuzamahanga bizatuma abikorera barushaho gutera imbere.

Ihuriro EABC rikora nk’urugaga rw’abikorera mu gihugu ariko yo igakorera mu muryango wa EAC, naho ubuvugizi bakora ngo babucisha ku munyamabanga wa EAC cyangwa abaminisitiri bashinzwe EAC mu kugaragaza ibibazo by’abikorera

Sulfo Rwanda isaba ko EACB yegera abacuruzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Sulfo Rwanda ifite ibicuruzwa bitandukanye birimo n’amavuta yo kwisiga
Hashyizweho gahunda yo gukora mu by’iciro mu rwego rwo kwirinda Covid-19

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Ijambo ku rindi, ubuhamya Nsengiyaremye wabaye Minisitiri w’Intebe yabwiye Urukiko i Paris

Inkuru ikurikira

Minisitiri Gatabazi yakomoje ku makimbirane n’amatiku ari mu nzego z’ibanze

Inkuru ikurikira
Minisitiri Gatabazi yakomoje ku makimbirane n’amatiku ari mu nzego z’ibanze

Minisitiri Gatabazi yakomoje ku makimbirane n’amatiku ari mu nzego z’ibanze

Inkuru zikunzwe

  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • M23 yigambye ko yafashe ikibuga cy’indege cya Rwankuba n’ibitaro byaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Rwanda rwasabye ko MONUSCO ihagarika gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uko imirwano yiriwe mu rugamba M23 yasakiranyemo na FARDC muri Gurupema ya Bweza

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM
Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

2022/07/06 7:22 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010