Umuseke
Kwamamaza
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

AMAFOTO: Abafana ba APR FC basagariye umunyamakuru

HABIMANA Sadi Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/05/12 11:45 AM
Muri Imikino
A A
1
0
Inshuro yasangijwe abandi
5
Abasomyi
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Umunyamakuru wa Siporo wari mu kazi kuri Stade ya Kigali mu mukino ubanza wahuje Rayon Sports na APR FC muri ½ cy’Igikombe cy’Amahoro, yahohotewe na bamwe mu bafana b’iyi kipe y’Ingabo.

Abafana ba Rayon Sports bo bavugaga ko batsinda APR FC

Ku wa Gatatu tariki 11 Gicurasi, hakinwe umukino ubanza wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro, wahuje Rayon Sports yari yakiriye APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Uyu mukino uvugwaho byinshi mbere na nyuma yawo, warangiye amakipe yombi aguye miswi [0-0].

Related posts

PSG Académie y’u Rwanda yagarukanye ishema mu rwa Gasabo

PSG Académie y’u Rwanda yagarukanye ishema mu rwa Gasabo

2022/05/26 10:00 AM
Gatera Moussa yamaze gusezera ku banya-Rusizi

Gatera Moussa yamaze gusezera ku banya-Rusizi

2022/05/26 9:00 AM

Igitangaje si uko amakipe yombi yanganyije, ahubwo imyitwarire ya bamwe mu bakunzi ba APR FC ikomeje kwibazwaho na benshi, cyane ko iyi kipe hari icyubahiro bayigomba.

Iyi myitwarire mibi ya bamwe mu bakunzi ba APR FC, yagaragaye ubwo umunyamakuru wa BTN TV yarimo afata amashusho n’amajwi [Interviews] y’abafana b’impande zombi ababaza uko babonye igice cya Mbere.

Uyu munyamakuru yabanje kuganira n’abakunzi ba Rayon Sports babiri, akurikizaho kugirana ikiganiro kigufi n’umwe mu bakunzi ba APR FC bigaragara ko akuze.

Ubwo uyu munyamakuru yarimo aganira n’uyu mukunzi wa APR FC, hahise haza undi mufana w’iyi kipe ahita apfuka umwunwa uwarimo atanga ikiganiro [Umufana wundi wa APR FC] aranamusunika amubwira nabi cyane.

Yahise amubwira ati “Wowe uravuga uvuga iki? Ntabwo uzi ko batubujije? Wowe uravuga iki?”

Ntabwo byarangiriye aho kuko uyu mufana wahiritse mugenzi we, yahise ahindukirana uwo munyamakuru wa BTN, aramufata amubwira ko agomba gusiba ayo mashusho undi [umunyamakuru] amusubiza ko nta kosa yakoze kandi yari mu kazi ke nk’uko bisanzwe. Uwo mufana yahise amufata mu mashati, ababibonye bavuze ko Polisi y’Igihugu yahise iza gukiza ikabwira uwo mufana ko nta kosa umunyamakuru yakoze kuko yemerewe kuganiriza uwo ashaka mu gihe ntawe abangamiye.

Mu gushaka kumenya icyo ubuyobozi bwa APR FC buvuga kuri iyi myitwarire mibi ya bamwe mu bakunzi bayo, UMUSEKE wifuje kuvugana n’Umuyobozi w’iyi kipe, ariko Lt. Gen Mubarak Muganga ntabwo yigeze yitaba telefone ye igendanwa.

Ntabwo ari ubwa Mbere abafana ba APR FC bagaragaweho imyitwarire mibi, kuko mu 2019 bagaragaye mu mashusho baterana amacupa n’amabuye n’bafana ba Rayon Sports nyuma y’umukino wari urangiye iyi kipe y’Ingabo itsinze ibitego 2-0 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro.

Uwasagariye umunyamakuru wa BTN
Uyu mufana wa APR FC yahise asagarira umunyamakuru wa BTN TV
Bamwe mu bafana ba APR FC bagaragaje imyitwarire mibi
Uwatangaga ikiganiro yahise apfukwa umunwa
Uwapfutse umunwa mugenzi we [Uwambaye umupira wera] yahise ajya gutanga amabwiriza ku bandi
Umusaza wihebeye APR FC yari ari kuganiriza umunyamakuru ku minota 45 yari abonye
Aba Rayon bo bari bagifite icyizere cyaje kuraza amasinde

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Indege ya sosiyete yo mu Bushinwa yafashwe n’inkongi yitegura kuguruka

Inkuru ikurikira

Kasimba, Se wa Mike Karangwa yitabye Imana

Inkuru ikurikira
Kasimba, Se wa Mike Karangwa yitabye Imana

Kasimba, Se wa Mike Karangwa yitabye Imana

Umubikira umaze iminsi aburiwe irengero yabonetse

Umubikira umaze iminsi aburiwe irengero yabonetse

Ibitekerezo 1

  1. Ukuri kuraryana says:
    shize

    Ubuyobozi bujye buba hafi aya makipe ya APR FC na Rayons Sports kuko barapingana cyane kandi iyo winjiye mu biganiro byabo usanga nta bukristo n’ubupfura.Bakwiye amahugurwa.

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM
Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

2022/05/26 11:52 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010