Umuseke
Kwamamaza
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ba Offisiye Bakuru ba RDF bari mu biganiro byo ku rwego rwo hejuru n’abo muri Uganda

Ange Eric Hatangimana Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/13 11:54 AM
Muri Amakuru aheruka, Andi makuru, Inkuru Nyamukuru
A A
0
0
Inshuro yasangijwe abandi
4
Abasomyi
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Itsinda ry’Abasirikare Bakuru riyobowe na Brig. Gen Nyakarundi Vincent ukuriye ubutasi bwa gisirikare mu Rwanda riri muri Uganda mu biganiro n’abayobozi b’ingabo b’iki gihugu.

Gen Muhoozi ubwo yakiraga itsinda ry’ingabo z’u Rwanda

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru nibwo bahageze ndetse bakirwa n’Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, UPDF, akaba n’umujyanama mu by’umutekano wa Perezida Yoweri Museveni, Lt.Gen Muhoozi Kainerugaba.

Related posts

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM
Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

2022/05/26 11:52 AM

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col. Ronard Rwivanga yatangarije UMUSEKE ko bariya ba Offisiye b’u Rwanda bari muri Uganda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itanu.

Twashatse kumenya icyo bagiye gukorayo, ariko Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda nta byinshi yavuze kuri icyo kibazo.

Ku wa Kane Lt.Gen Muhoozi, kuri Twitter yashyizeho amafoto y’aba basirikare b’u Rwanda, avuga ko yishimiye kubakira ndetse yongeraho ko umubano w’ibisirikare byombi urushaho kuba mwiza.

Ati “Ejo hashize (ku wa Gatatu) nishimiye kwakira intumwa zo ku rwego rwo hejuru z’abavandimwe ba RDF, ziyobowe na Brig. Gen Nyakarundi, Umuyobozi w’ubutasi (DMI). Umubano n’ubufatanye bwa hafi hagati ya UPDF na RDF ukomeje gukura.”

Uganda n’u Rwanda mu gihe gishize byakunze gushinjanya guhungabana umutekano wa buri gihugu. Ubu bari mu biganiro byo kurangiza ikibazo

Abasomye ubutumwa bwa Gen Muhoozi bagaragaje ko ari intambwe nziza kuba Uganda n’u Rwanda bikomeje kugaragaza kubyutsa umubano n’ubufatanye.

Hashize iminsi umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agerageza kubyutsa umubano wari warajemo umwijima hagati y’ubutegetsi bwa Museveni n’ubw’u Rwanda.

Umuhate we wagize icyo ugeraho, bwa mbere nyuma y’imyaka hafi ibiri, Perezida Paul Kagame yongeye gusura Uganda nyuma y’imyaka 4 kuko yaherukagayo muri 2018,  ndetse yanahuye na Perezida Yoweri Museveni i Nairobi bicara ku meza amwe baraganira, hari tariki 08 Mata, 2022.

Ibyo kuganira bw’ingabo ni byinshi kuko Umuhungu wa Museveni aherutse kuburira abahungabanya umutekano w’u Rwanda barimo umutwe Leta y’u Rwanda ifata nk’uw’iterabwoba wa RNC, ko nta kibuga ugifite muri Uganda.

Ibihugu byombi byashinjanyaga guhangabanya umutekano w’ikindi, Uganda ishinja u Rwanda koherezayo intasi zikivanga mu mutekano wayo, u Rwanda narwo rugashinja Uganda kuba indiri y’imitwe igamije guhungabanya umutekano warwo.

Twakwibutsa ko ibiganiro by’aba basirikare bakuru byabanjirijwe n’ibiganiro by’Abakuru b’ibihugu ubwo Perezida Paul Kagame yitabiraga ibirori byo kwizihiza isabukuru ya Gen Muhoozi Kainerugaba tariki 23 Mata, 2022.

Ibyo Perezida Kagame na Museveni baganiriye byagiye ku mugaragaro – AMAFOTO

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Menya n’ibi! Wari uzi ko umuneke wagufasha kugabanya ibiro na hang-over ?

Inkuru ikurikira

Rubavu: Ibyumweru bibiri birashize abana bagwiriwe n’inkangu bari mu butaka

Inkuru ikurikira
Rubavu: Ibyumweru bibiri birashize abana bagwiriwe n’inkangu bari mu butaka

Rubavu: Ibyumweru bibiri birashize abana bagwiriwe n’inkangu bari mu butaka

ITANGAZO RYA UWIMANA Chantal RISABA GUHINDUZA AMAZINA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM
Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

2022/05/26 11:52 AM
Nyarugenge: Umusore birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi

Nyarugenge: Umusore birakekwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi

2022/05/26 10:22 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010