Umuseke
Kwamamaza
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kigali: Polisi iraburira abamotari bahisha Pulake za Moto

NDEKEZI Johnson Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/05/14 6:13 AM
Muri Amakuru aheruka, Andi makuru
A A
0
0
Inshuro yasangijwe abandi
1
Abasomyi
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Abakora akazi ko gutwara abantu kuri moto bakora ako kazi moto  zidafite pulake cyangwa bazihishe,bagamije kwishora mu byaha n’abakora mu buryo butemewe, baburiwe ko bazabihanirwa.

Abamotari bahisha Pulake n’abazisiba baburiwe

 Ibi babwiwe na Polisi y’Igihugu ubwo kuwa kane, Tariki ya 12 Gicurasi 2022, inzego zifite aho zihuriye n’ako kazi , zaganiraga n’abamotari bo mu Karere ka Nyarugenge ku mikorere yabo humvwa n’ibibazo bafite.

Related posts

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM

Mu Mujyi wa Kigali,hakomeje kugaragara umubare w’abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto , bazitwara  zidafite pulaki cyangwa bazihishe bagamije ko inzego z’umutekano zitabatahura mu gihe bisanze mu makosa cyangwa ibyaha.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu,CP John Bosco Kabera yavuze ko abakora ibyo, baba baba bishora mu byaha,abasaba ko mu gihe pulake yaba ishaje bajya bagana inzego zibishinzwe bakabafasha.

 Yagize ati “Ibyapa cyangwa se ibirango cyangwa pulake bakwiye kuzirekera uko zimeze ,iyo pulake yasaza bakajya muri Rwanda Revenue Authority.Nta mpamvu yo kugerageza ku byisibira,nta mpamvu yo kugerageza ku bihina,guhindura inyuguti, gukora ibidakorwa kuri ibi birango by’ibinyabiziga,amategeko aranabibuza.”

Yakomeje ati “Twagiye tubona ko abantu bashobora kuba bakora amakosa cyangwa ibyaha, wabaza amakosa cyangwa nimero cyangwa pulake yari ibatwaye,bayiguha mu byukuri ugasanga usanze siyo,kubera ko iyo inyuguti bayihinduye, uribeshya ntuyivuge,  ibyo urumva ko harimo kuba wanakora n’ibyaha.Icyo dusaba abamotari nta mpamvu yo kuba bakora ibi, kubera y’uko byabateza ikibazo mu mategeko.”

CP Kabera yasabye abamotari kubahiriza amabwiriza yose ajyanye n’akazi kabo, baharanira kubungabunga umutekano.

Polisi y’Igihugu ivuga ko moto zirenga 40 zimaze gufatwa zahinduye ibirango byayo(pulake).

 TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Kwambara agapfukamunwa ahantu hose ntibikiri itegeko – Inama y’Abaminisitiri

Inkuru ikurikira

Gicumbi: Uruganda rwa kawunga rwitezweho guhaza abajyaga kuyishaka muri Uganda

Inkuru ikurikira
Gicumbi: Uruganda rwa kawunga rwitezweho guhaza abajyaga kuyishaka muri Uganda

Gicumbi: Uruganda rwa kawunga rwitezweho guhaza abajyaga kuyishaka muri Uganda

Abarimo Gaby Kamanzi biyemeje gukoresha ijwi ryabo mu guhangana n’abapfobya Jenoside-AMAFOTO

Abarimo Gaby Kamanzi biyemeje gukoresha ijwi ryabo mu guhangana n'abapfobya Jenoside-AMAFOTO

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM
Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

2022/05/26 11:52 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010