Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Musanze: Umwe mu rubyiruko ati “Banga gufata udukingirizo bagatungurwa no gusama inda”

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/21 5:40 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze bagaragaje ko guhabwa ibiganiro birambuye ku buzima bw’imyororokere no guhabwa ubujyanama ku ihohoterwa ribakorerwa ari nk’ubutabazi bwihuse ku buzima bwabo bw’ejo hazaza, basaba bagenzi babo gukumira inda n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina aho kugira isoni zirisha uburozi.

Urubyiruko rwitabiriye ku bwinshi guhabwa serivise ku buzima b’imyororokere

Babigarutseho nyuma y’uko abasaga 600 biganjemo urubyiruko bo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze bahawe ibiganiro ku buzima bw’imyororokere, banahabwa serivisi zijyanye na byo, bapimwa virusi itera SIDA, bahabwa serivise zo kuboneza urubyaro z’igihe gito n’ikirekire, basuzumwa indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, baranazivurwa, guhabwa udukingirizo n’ibindi kandi babikorewe ku buntu.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Bamwe mu rubyiruko bitabiriye ibi biganiro bakanahabwa zimwe muri serivise ku buzima bw’imyororokere, bavuga ko kuba begerejwe izi gahunda aho baba bibafasha kurushaho kubisobanukirwa, bigatuma batabara ubuzima bwabo butaragwa mu kaga nko gutwita imburagihe, kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina n’ibindi.

Niyomungeri Solange ni umwe muri bo yagize ati “Twapimwe virusi itera SIDA, duhabwa udukingirizo ku buntu, twanahawe inama ku ihohoterwa rishobora kudukorerwa, ibi kuri njye nabifashe nk’ubutabazi bwihuse mu kurengera ubuzima bwacu butarangirika.

Birababaje kuba umuntu aterwa ipfunwe no kugura agakungirizo ngo akifashishe mu gihe atunguwe no gukora imibonano mpuzabitsina, ejo ugasanga yanduye SIDA, yasamye inda atifuza, numva ari byo biteye isoni, gusa nibarushaho kutwegereza izi gahunda imyumvire izahinduka.”

Nayituriki Evode na we anenga urubyiruko bagenzi be bagitinya kwitabira gahunda z’ubuzima bw’imyororokere, kuko ngo bashobora kwangiza ubuzima bwabo kubera kutayigiraho amakuru, kandi ngo atangirwa ubuntu.

Yagize ati “Hari abasore bagitinya kujya ahafatirwa udukingirizo cyangwa kukagura ngo uwamubona yamwita umusambanyi, kandi ushobora no kuba utari we ariko  ugutungurwa no gukora imibonano mpuzabitsina utikingiye, umukobwa na we ntaguhakanire, hari n’abatazi amakuru ku buzima bw’imyororokere kandi atangirwa ubuntu bakadutabarira ubuzima, ahubwo barusheho kutwegereza izi gahunda cyane cyane mu bice by’icyaro kuko zirahakenewe cyane.”

Ababyeyi bafashijwe kuboneza urubyaro

Umukozi mu muryango utegamiye kuri Leta wita ku buzima bw’urubyiruko n’ababyeyi, RHIYW  Dushimeyezu Evangeline, avuga ko kwegereza gahunda z’ubuzima bw’imyororokere abaturage by’umwihariko urubyiruko, bigamije kurushaho kubatinyura kwitabira izi gahunda no kuzibona ku buryo buboroheye.

Yagize ati “Turi mu bikorwa byo kwegereza abaturage gahunda z’ubuzima bw’imyororokere cyane twita ku rubyiruko tubifashijwemo n’Akarere ka Musanze na Kasha, tugamije gutinyura urubyiruko rugiterwa ipfunwe no kwitabira izi gahunda, ikindi iyo twabegereye bahabwa serivise ku buryo buboroheye, dukoresha uburyo bw’imiziki tukabakurura ubundi tukabaha inyigisho ku buzima b’imyororokere.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Gataraga Nyirabyimana Jaqueline asaba urubyiruko kwitabira gahunda z’ubuzima bw’imyororokere, Minisiteri y’ubuzima yabashyiriyeho bagana ibyumba by’urubyiruko biri ku bigo nderabuzima byose kugira ngo bahabwe serivise n’ubujyanama bwihariye ku buzima bw’imyororokere cyane ko ngo ababagana babagrira ibanga.

Muri iyi gahunda yo kwegereza abaturage serivise z’ubuzima bw’imyororokere mu Murenge wa Busogo  abarenga 600 bitabiriye ibiganiro, 230 muri bo  bahawe udukingirizo, 183 babonye ubujyanama na servisi z’ubuzima bw’imyororokere, 121 bipimishije virusi itera SIDA, 23 bivuje indwara zifata imyanya myibarukiro, naho abagore 27  bahabwa uburyo bwo kuboneza urubyaro bw’igihe kirekire.

Abaturage bagera kuri 600 biganjemo urubyiruko bitabiriye ibiganiro ku buzima bw’imyororokere banahabwa serivise kuri byo

Yanditswe na NYIRANDIKUBWIMANA Janviere

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Nyaruguru: Serivise zo kuboneza urubyaro ntizigera kuri bose, kuko kuri bamwe zitangirwa kure

Inkuru ikurikira

Alpha Rwirangira yateguje album y’indirimbo zo guhimbaza Imana

Inkuru ikurikira
Alpha Rwirangira yateguje album y’indirimbo zo guhimbaza Imana

Alpha Rwirangira yateguje album y'indirimbo zo guhimbaza Imana

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uko imirwano yiriwe mu rugamba M23 yasakiranyemo na FARDC muri Gurupema ya Bweza

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010