Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Inkuru Nyamukuru

Rubavu: Abanyeshuri b’abakobwa baburiwe irengero basanzwe i Goma

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/19 2:36 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Abana bane b’abakobwa bigaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kanembwe II mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu bari baburiwe irengero bagaruwe bakuwe i Goma nyuma y’ubwumvikane bw’inzego z’umutekano z’u Rwanda na RD Congo.

Umurenge wa Rubavu ku ikarita y’Akarere ka Rubavu

Ku gicamunsi cya tariki 17 Gicurasi 2022, nibwo amakuru y’ibura ry’abanyeshuri bane bigaga kuri G.S Kanembwe ya kabiri ishuri riherereye mu Mudugudu wa Bushengo, Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Rubavu yamenyekanye.

Related posts

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

2022/07/06 7:22 PM
Nyaruguru: Umukecuru wasenyewe n’ibiza amaze imyaka 5 usiragira asaba kubakirwa

Nyaruguru: Umukecuru wasenyewe n’ibiza amaze imyaka 5 usiragira asaba kubakirwa

2022/07/06 6:57 PM

Ni nyuma y’uko umwe mu mubabyeyi yakiriye telefone imusaba amafaranga kugira ngo aba bana barekurwe maze na we akiyambaza ubuyobozi.

Ubuyobozi bwahise butangira gushakisha amakuru maze busanga bafatiwe i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yabwiye UMUSEKE ko byasabye ubwumvikane bw’ubuyobozi ku ruhande rw’Akarere ka Rubavu na Goma kuri Congo kugira ngo aba bana bari bagiye kureba aho ikirunga cyarutse bakisanga i Goma ngo barekurwe.

Yagize ati “Abana bane bagiye kureba aho ikirunga cyarutse, maze amakuru turayamenya ko bagiye. Ubuyobozi bw’Akarere bwavuganye n’ubwa Goma buduhuza n’ubwa Nyiragongo ndetse inzego z’umutekano ziravugana abana barabaduha.

Ikigaragara ni uko bisanze bageze muri Congo. Twaketse ko bisanze barenze imbibi kuko nta yandi makuru dufite kuko abana batatubwira niba hari uwari wabahamagaye, uretse umukuru muri bo wabajyanye kureba aho ikurunga cyarutse.”

Kambogo Ildephonse avuga ko na we ijwi ry’uwaka amafaranga umubyeyi ngo abana barekurwe yayumvise ariko ntibabihamya ko ari uwabashimuse kuko babona iyo nomero isa n’iy’umuyobozi w’i Muningi muri RD Congo.

Ati “Audio twarayumvise umuntu w’umuyobozi i Muningi wavugaga ko bamuha ruswa ngo abarekuze cyangwa ngo abashyikirize inzego, nk’ubuyobozi twagize amakenga ko yaba ari abandi bashaka kumushuka ari yo mpamvu twiyambaje inzego zibishinzwe ngo ziduheshe abana. Audio twarayumvise ariko ntitwabyemeza ko ari abantu baho bashakaga amafaranga, twanze kubyemera ijana ku ijana.”

Ingabo z’u Rwanda zirinda ibice byo ku mupaka nizo zavuganye na bagenzi babo bo muri Repubulika Iharanir Demokarasi ya Congo bahererekanya aba bana.

Meya Kambogo yongeye kwibutsa ababyeyi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri gukurikiranira hafi abana kugira ngo batisanga mu bibazo kuko hari abagiye bahura n’ibibazo bitandukanye.

Yagize ati “Hari ikintu kihutirwa cyane duhora dusaba ababyeyi ni ugukurikirana ubuzima bw’abana babo kuva bavuye mu rugo bageze ku ishuri, abarimu bakamenya ko abana bari ku ishuri kugeza batashye. Abayobozi begere abayobora ibigo by’amashuri n’ababyeyi baganire ku mikoranire, abana nabo tukabibutsa ingaruka zirimo kuko hari abashimuswe cyangwa bagafatwa ku ngufu.”

Aba bana uko ari bane umukuru muri bo yavutse mu 2005, barimo uwitwa Niyigena, Iradukunda, Nikuze na Umuhoza.

NKURUNZIZA Jean Baptiste /UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Rusizi: Umugore yagiye gucuruza, agarutse asanga umugabo we mu mugozi yapfuye

Inkuru ikurikira

Andi mateka kuri Mukansanga Salima, azasifura igikombe cy’Isi cy’abagabo

Inkuru ikurikira
Andi mateka kuri Mukansanga Salima, azasifura igikombe cy’Isi cy’abagabo

Andi mateka kuri Mukansanga Salima, azasifura igikombe cy'Isi cy'abagabo

Inkuru zikunzwe

  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • M23 yigambye ko yafashe ikibuga cy’indege cya Rwankuba n’ibitaro byaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Rwanda rwasabye ko MONUSCO ihagarika gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uko imirwano yiriwe mu rugamba M23 yasakiranyemo na FARDC muri Gurupema ya Bweza

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

2022/07/06 7:22 PM
Nyaruguru: Umukecuru wasenyewe n’ibiza amaze imyaka 5 usiragira asaba kubakirwa

Nyaruguru: Umukecuru wasenyewe n’ibiza amaze imyaka 5 usiragira asaba kubakirwa

2022/07/06 6:57 PM
Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

2022/07/06 6:12 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010