Umuseke
Kwamamaza
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umubikira umaze iminsi aburiwe irengero yabonetse

Ange Eric Hatangimana Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/12 12:35 PM
Muri Amakuru aheruka, Inkuru Nyamukuru, Utuntu n'utundi
A A
4
0
Inshuro yasangijwe abandi
158
Abasomyi
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko umukobwa witeguraga kuba umubikira umaze iminsi itatu, bivuzwe mu itangazamakuru ko yaseze mu kibikira nyuma ntibamenye aho yarengeye, ubu yabonetse.

Furaha Florence Drava wendaga guhabwa ububikira

Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba yabaga mu kigo cy’Ababikira giherereye mu Kagari ka Ruhembe mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, yabuze nyuma y’uko asize yanditse ibaruwa asezera bagenzi be.

Related posts

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM

Furaha Florence Drava wendaga guhabwa ububikira akaba akomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo tariki 08 Gicurasi 2022 yanditse ibaruwa ashimira umuryango w’ababikira witwa Religieuses de l’Instruction Chretienne, uburyo yabanye na bagenzi be mu kigo.

Ati “By’umwihariko uburezi nahigiye ndetse n’ibindi byose nahungukiye, ndashimira buri wese bavandimwe banjye mpereye ku muyobozi mukuru w’Intara ndetse n’abandi babikira bose.”

Yakomeje abiseguraho ko atabashije gukomezanya na bo urugendo rwo kwiha Imana akaba ahisemo kubatoroka ku bushake bwe.

Ati “Bavandimwe banjye mbasabye kutazirirwa munshakisha kuko ntatakaye ahubwo ngiye kubaho ubundi buzima nk’igitekerezo gishya cyanjemo cyatumye Imana itanyemerera gukomeza ahubwo ikanyereka ubundi buzima n’amateka.”

Kuva ubwo uyu mukobwa ntibongeye kumenya ibye.

Mu kiganiro kigufi UMUSEKE wagiranye n’Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yadutangarije ko uyu mukobwa yabonetse.

Ati “Arahari nta kibazo. Yishyikirije RIB ya Kigali niho ari turi kubikurikirana.”

Mushimiyimana Beatha uyobora uyu muryango w’Ababikira uyu mukobwa yabagamo, yitabaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Station ya Zaza, amenyesha ibura ry’uyu mukobwa, wabuze mu gitondo cyo ku ya 08 Gicurasi, 2022 ahagana saa mbiri 08:00 a.m.

Uyu muyobozi w’aba babikira, yamenyesheje RIB ko bafite impungenge kuko uyu mukobwa Furaha Florence Drava bari bamwakiriye bamuhawe n’ababyeyi be ndetse ko nta telefone yagiraga.

UMUSEKE wavuganye n’ubuyobozi bw’Ababikira bitwa Religieuses de l’Instruction Chretienne, uwo twavuganye ntiyagize byinshi adutangariza gusa yatubwiye ko bamenye inkuru ko uriya mugenzi wabo yabonetse.

Ati “Murambabarira, amakuru niba ari mu biganza bya RIB turategereza tumenye uko bigenda. Natwe twamenye ko ahari.”

Yavuze ko bamaze iminsi bamushakisha ko “ananiwe” (afite stress) bityo nta byinshi yavuga.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Kasimba, Se wa Mike Karangwa yitabye Imana

Inkuru ikurikira

Rihanna yashoye imari mu bihugu 8 bya Afurika

Inkuru ikurikira
Rihanna yashoye imari mu bihugu 8 bya Afurika

Rihanna yashoye imari mu bihugu 8 bya Afurika

Bruce Melodie yifurije umwana we isabukuru nziza mu magambo yuje urukundo

Bruce Melodie yifurije umwana we isabukuru nziza mu magambo yuje urukundo

Ibitekerezo 4

  1. nyemazi says:
    shize

    Nkunda kwibaza ku ijambo “abihayimana”.Ese kutarongora cyangwa kutarongorwa bisobanura Kwiha imana cyangwa ni ubundi buryo bwo kwishakira imibereho ? Mbese nibwo buryo bwo gukorera imana neza?Abigishwa ba Yezu,bari bafite abagore nkuko bible ivuga.Birirwaga mu nzira babwiriza ku buntu,bakabifatanya n’akazi gasanzwe.Ntabwo babaga muli Couvents (ibigo by’Ababikira cyangwa Abapadiri).Nta na rimwe nali nabona Padiri cyangwa Umubikira abwiriza mu nzira..

  2. Ukuri says:
    shize

    Icyo gitekerezo cyawe gifite ishingiro rwose. Buri wese akwiriye kubyibazaho.

  3. Ukuri kuraryana says:
    shize

    Abapadiri n’ababikira nibo ba mbere bakorera Imana.Bafasha abakene,imfubyi n’abapfakazi n’ababuze kirengera Bose.Imana ibongere imbaraga kandi ibahe umugisha n’amahoro.

  4. Bertin IRABAZI says:
    shize

    Ni byiza kwibaza, iyo ugamije icyiza utagambiriye gusenya ibyubatswe, amaherezo ugera Ku kuri!

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM
Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

2022/05/26 11:52 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010