Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Urubanza rwa “Prince Kid”, ibyavugiwe mu muhezo bigiye hanze – AMAFOTO

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/13 3:51 PM
A A
2
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko ISHIMWE Dieudonne ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gusambanya abakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda sosiyete ye yategurag, rushyizwe mu muhezo, UMUSEKE wabashije kumenya igihe isomwa rizabera na bimwe mu byavuzwe.

ISHIMWE Dieudonne asubijwe kuri kasho

Imbere mu Rukiko hakinwe amajwi yumvikanyemo ISHIMWE Dieudonne aganira mu buryo bwo gutereta uwaje kuba Miss Rwanda 2022, Nshuti Divine Muheto ariko “Prince Kid” n’Umunyamategeko we, Me Nyembo Emeline bayahakanye bavuga ko ari “amajwi yacuzwe” yumvishwa abantu kugira ngo bamwangishe muri rubanda.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

ISHIMWE yavuze ko mu rubanza mu mizi bazabisobanura neza.

Aha baburanaga niba urubanza rubera mu muhezo cyangwa mu ruhame

 

Urubanza mu muhezo!

Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza ruba mu muhezo mu nyungo zo kurengera abakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina bifuza ko ibyo bazavuga byazaba mu muhezo.

ISHIMWE Dieudonne n’Umunyamategeko we bo basabaga ko urubanza rukomeza kuba nta muhezo mu ruhame, abantu bose bakamenya iyo ibyo aregwa biginisha.

Impaka zamaze iminota hagati ya 30-40, gusa Umucamanza atiherereye yahise ategeka ko urubanza rushyizwe mu muhezo, abantu bagosohoka.

Iahimwe Dieudonne aba arinzwe n’Abapolisi

 

Amasaha 2 urubanza rubera mu muhezo

Nyuma y’amasaha abiri umuhezo wamaze, ISHIMWE Dieudonne bita “Prince Kid” Ubushinjacyaha bwasabye ko afungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo iperereza rikomeze, ndetse ntashyire igitutu ku batangabuhamya.

Na we yasabye gufungurwa agakurikiranwa ari hanze.

UMUSEKE wamenye ko nyuma y’impaka zabereye mu muhezo, Umucamanza amaze kumva impande zombi yategetse ko urubanza ruzasomwa ku wa Mbere tariki 16 Gicurasi, 2022 saa cyenda z’amanywa.

Kuva saa 10h30 – 12h30 umuhezo urangiye, ISHIMWE yakuwe ku Rukiko asubizwa aho afungiwe kuri kasho ya Remera.

Ku wa Gatatu Me Nyembo Emeline yari yasabye ko urubanza rusubikwa bakabanza kuvugana n’umukiliya we kuri dosiye, ari nabwo iburanishwa ryashyizwe kuri uyu wa Gatanu.

Ishimwe aregwa ibyaha 3: Gukoresha undi imibonano mpuzabitsna ku gahato; Gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina na Guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina

Umuyobozi wateguraga irushanwa rya Miss Rwanda yatangiye kuburana

 

AMAFOTO@NKUNDINEZA Jean Paul

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu, Sheikh Khalifa yapfuye

Inkuru ikurikira

CECAFA y’abagore yatewe ipine

Inkuru ikurikira
CECAFA y’abagore yatewe ipine

CECAFA y'abagore yatewe ipine

Ibitekerezo 2

  1. MUSEMAKWELI Prosper says:
    shize

    Jyewe nabuze uwansobanurira icyaha uyu musore yakoze. Gushuka abana ndumva bitarabayeho kuko bariya bakobwa barakuze. bariyandikishaga imiryango yabo ikabashyigikira bigaca kuri TVR bose babireba, Gufata kungufu ntabyo kuko ntawe twumvise ataka ngo abure umubara. Ruswa ntayo kuko bariya bakobwa twabahaga amajwi online wakongera bagatorwa naba judges kandi ndumva twarabaga tubareba tubaha n’amashyi. Mwambabariye mukansobanurira uko deal iteye.

  2. Sano says:
    shize

    Ahubwo se yari yabuze izindi business akora ,aho kwikururira ibibazo hariya. Uzatinye ahari ibintu by’ubuntu.

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010