Umuseke
Kwamamaza
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Urubanza rwa “Prince Kid”, ibyavugiwe mu muhezo bigiye hanze – AMAFOTO

Ange Eric Hatangimana Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/13 3:51 PM
Muri Amakuru aheruka, Inkuru Nyamukuru, Ubutabera
A A
2
0
Inshuro yasangijwe abandi
8
Abasomyi
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko ISHIMWE Dieudonne ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gusambanya abakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda sosiyete ye yategurag, rushyizwe mu muhezo, UMUSEKE wabashije kumenya igihe isomwa rizabera na bimwe mu byavuzwe.

ISHIMWE Dieudonne asubijwe kuri kasho

Imbere mu Rukiko hakinwe amajwi yumvikanyemo ISHIMWE Dieudonne aganira mu buryo bwo gutereta uwaje kuba Miss Rwanda 2022, Nshuti Divine Muheto ariko “Prince Kid” n’Umunyamategeko we, Me Nyembo Emeline bayahakanye bavuga ko ari “amajwi yacuzwe” yumvishwa abantu kugira ngo bamwangishe muri rubanda.

Related posts

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM

ISHIMWE yavuze ko mu rubanza mu mizi bazabisobanura neza.

Aha baburanaga niba urubanza rubera mu muhezo cyangwa mu ruhame

 

Urubanza mu muhezo!

Ubushinjacyaha bwasabye ko urubanza ruba mu muhezo mu nyungo zo kurengera abakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina bifuza ko ibyo bazavuga byazaba mu muhezo.

ISHIMWE Dieudonne n’Umunyamategeko we bo basabaga ko urubanza rukomeza kuba nta muhezo mu ruhame, abantu bose bakamenya iyo ibyo aregwa biginisha.

Impaka zamaze iminota hagati ya 30-40, gusa Umucamanza atiherereye yahise ategeka ko urubanza rushyizwe mu muhezo, abantu bagosohoka.

Iahimwe Dieudonne aba arinzwe n’Abapolisi

 

Amasaha 2 urubanza rubera mu muhezo

Nyuma y’amasaha abiri umuhezo wamaze, ISHIMWE Dieudonne bita “Prince Kid” Ubushinjacyaha bwasabye ko afungwa iminsi 30 by’agateganyo ngo iperereza rikomeze, ndetse ntashyire igitutu ku batangabuhamya.

Na we yasabye gufungurwa agakurikiranwa ari hanze.

UMUSEKE wamenye ko nyuma y’impaka zabereye mu muhezo, Umucamanza amaze kumva impande zombi yategetse ko urubanza ruzasomwa ku wa Mbere tariki 16 Gicurasi, 2022 saa cyenda z’amanywa.

Kuva saa 10h30 – 12h30 umuhezo urangiye, ISHIMWE yakuwe ku Rukiko asubizwa aho afungiwe kuri kasho ya Remera.

Ku wa Gatatu Me Nyembo Emeline yari yasabye ko urubanza rusubikwa bakabanza kuvugana n’umukiliya we kuri dosiye, ari nabwo iburanishwa ryashyizwe kuri uyu wa Gatanu.

Ishimwe aregwa ibyaha 3: Gukoresha undi imibonano mpuzabitsna ku gahato; Gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina na Guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina

Umuyobozi wateguraga irushanwa rya Miss Rwanda yatangiye kuburana

 

AMAFOTO@NKUNDINEZA Jean Paul

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu, Sheikh Khalifa yapfuye

Inkuru ikurikira

CECAFA y’abagore yatewe ipine

Inkuru ikurikira
CECAFA y’abagore yatewe ipine

CECAFA y'abagore yatewe ipine

Bandikiye UN ngo ibafashe gutegura ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Bandikiye UN ngo ibafashe gutegura ibiganiro na Leta y'u Rwanda

Ibitekerezo 2

  1. MUSEMAKWELI Prosper says:
    shize

    Jyewe nabuze uwansobanurira icyaha uyu musore yakoze. Gushuka abana ndumva bitarabayeho kuko bariya bakobwa barakuze. bariyandikishaga imiryango yabo ikabashyigikira bigaca kuri TVR bose babireba, Gufata kungufu ntabyo kuko ntawe twumvise ataka ngo abure umubara. Ruswa ntayo kuko bariya bakobwa twabahaga amajwi online wakongera bagatorwa naba judges kandi ndumva twarabaga tubareba tubaha n’amashyi. Mwambabariye mukansobanurira uko deal iteye.

    Reply
  2. Sano says:
    shize

    Ahubwo se yari yabuze izindi business akora ,aho kwikururira ibibazo hariya. Uzatinye ahari ibintu by’ubuntu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

Serivise zidatangwa ku gihe, abaturage bemeza ko zibagusha mu cyaha cya Ruswa

2022/05/26 3:18 PM
Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

Ruhango: Ba Gitifu basabwe gushyira muri ‘System’ abavuka n’abapfira mu ngo

2022/05/26 1:29 PM
Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

Ibyo ingabo zaboneye ku rugamba birenze ubushobozi bwa M23 – Impamvu Congo ikeka u Rwanda

2022/05/26 11:52 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010