Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rw’inkingo mu Rwanda

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/06/23 2:33 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Perezida wa Republika w’uRwanda ,Paul Kagame, kuri uyu wa kane yashyize ibuye fatizo ahagenewe kuzubakwa uruganda rukora inkingo ku bufatanye n’ikigo cya BioNTech.

Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rw’inkingo

Ni umuhango wabereye mu cyanya cy’inganda i Masoro mu Karere ka Gasabo, witabirwa n’abanyacyubahiro bakomeye barimo, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, Pereziza wa Komisiyo y’Ubumwe  bwa Afurika, Moussa Faki  Mahamat ,ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Perezida Kagame ashyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inkingo, yashimiye abafatanyabikorwa b’uRwanda barimo Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi,ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, OMS,Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe,ndetse n’izindi nzego zirimo imiryango Mpuzamahanga.

Byumwihariko yashimye BioNTech, yashimye gutangiza ishami ryayo mu Rwanda, rwizeza ko urwanda ruzaba umufatanyabikorwa mwiza.

Yagize ati “BioNtech ifite ubushake ku Rwanda ndetse no kuri Afurika.Uku gushyiraho ibuye ryifatizo, rigiye gutuma ubusumbane mu bijyanye n’inkingo biba amateka.”

Perezida Kagame yavuze ko uRwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo n’ubufatanye n’ikigo BionTech , mu gukorera hamwe hagamijwe guteza imbere uru ruganda.

Yakomeje avuga ko u Rwanda rushyigikiye ukwiyemeza kw’Ikigo BioNTech cyateguye ikoranabuhanga rigezweho ry’urwo ruganda ruzakoresha ingufu zitangiza ibidukikije ruzaba rwuzuye i Kigali bitarenze mu mpera z’uyu mwaka.

Ati “Tuzakorana bya hafi kugira ngo ibyo bigerweho. Ubu butaka ni bwo bwahariwe gukorerwaho imiti n’inkingo.”

Umuyobozi mukuru wa BioNTech Uğur Şahin yavuze ko nta gushidikanya byari bikwiye kubona inkingo n’indi miti yifashishwa mu buvuzi butandukanye, bigenewe Abanyafurika kandi bikorewe ku mugabane wa Afurika.

Ati “Icyo ni na cyo gitekerezo cy’ingenzi kigenga amahame yacu agenga imikorere y’inkingo n’imiti.”

U Rwanda, Senegal, na Ghana ni byo bihugu byateguriwe kubona iryo koranabuhanga rigezweho rizagezwa ku mugabane w’Afurika ziteranyijwe mu buryo bwa kontineri (BioNTainers).

Buri ruganda muri zo ruzaba rufite ubushobozi bwo gukora doze zigera kuri miliyoni 50, kandi izo nganda ntizizakora inkingo za COVID-19 gusa kuko zizajya zikora n’inkingo z’izindi ndwara zirimo Malaria, VIH/SIDA n’Igituntu.

Byitezwe ko buri ruganda ruzaba rwubatswe ku buso bwa metero kare 800 aho ruzashyirwa hose, rukaba rugizwe na kontineri 12 zigabye mu byiciro bibiri: ahatunganyirizwa imiti n’ahatunganyirizwa inkingo.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

UPDATED: Museveni aramutsa ab’i Gatuna “Murakomeye cyane? Jyewe nkomeye nk’IBUYE”

Inkuru ikurikira

Gicumbi: Umugabo arakekwaho kwicisha ishoka umugore we

Inkuru ikurikira
Gicumbi: Umugabo arakekwaho kwicisha ishoka umugore we

Gicumbi: Umugabo arakekwaho kwicisha ishoka umugore we

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010