Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Kicukiro: Umugabo yagwiriwe n’ikirombe arapfa

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/06/23 5:56 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 25,yagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye yo kubakisha ahita apfa nk’uko umuyobozi w’Umurenge ibi byabereyemo yabibwiye UMUSEKE.

Ibiro by’Akarere ka Kicukiro

.Amakuru avuga ko ibi byabaye ku  gicamunsi cy’ejo ahagana saa cyenda z’amanywa ya tariki  ya 22Kamena 2022 ,bibera mu Murenge wa Gahanga, Akagari ka Kagasa mu Karere ka Kicukiro.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga ,Rutubuka Emmanuel, yabwiye UMUSEKE ko uyu mugabo yagiye gucukura amabuye yo kubakisha mu buryo bunyuranyije n’amategeko maze aza kugwirwa n’ikirombe yacukuragamo.

Yagize ati “Yaguye mu kirombe arapfa kubera ko bagiye kwiba amabuye, ikirombe kiramugwira, ariko twahise tujyayo , turatabara nubwo twasanze yavuyemo umwuka ariko twamukuyemo.”

Yakomeje ati “Twari twarabakoresheje inama tubabwira ko bagomba kuhirinda kuko habashyira mu kaga.Nk’ibisanzwe hari abajyamo binyuranyije n’amategeko, bakaza biba, bikaba byagira uwo bihitana.”

Uyu mugabo witabye Imana amakuru avuga ko yari kumwe n’undi bacukurana amabuye yo kubakisha ariko akaba yarahise ahunga nyuma yo kubona mugenzi we apfuye kugeza nubu akaba agishakishwa.

Uyu muyobozi yavuze ko nyuma y’iryo nsanganya ,ubuyobozi bwahise bwongera kuganira n’abaturage, bubibutsa ko bibujijwe gucukura mu buryo butemewe.

Yagize ati “Twahise tubakoresha inama kuri icyo kirombe, tubabwira ko bagomba kumva ko ubuzima buhenda. Iyo ugiye mu bucukuzi mu buryo butemewe bigira ingaruka. Badufashe be kuzongera umuntu ujya mu birombe mu buryo butemewe kuko bishobora kubashyira mu kaga. Iyo umuntu afite uburenganzira bwo gucukura, aba ategetswe no kugira ubwishingizi, nubwo ashyirirwaho izindi ngamba. Turifuza ko bareka ubucukuzi butemewe,bakareba ibyo bakora bindi.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ushyingurwa kuri uyu wa kane mu gihe hagishakishwa uwo bari kumwe.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Gicumbi: Umugabo arakekwaho kwicisha ishoka umugore we

Inkuru ikurikira

 “Navuze ko Uganda n’u Rwanda ari igihugu kimwe” – Gen Muhoozi

Inkuru ikurikira
UPDATED: Museveni aramutsa ab’i Gatuna “Murakomeye cyane? Jyewe nkomeye nk’IBUYE”

 “Navuze ko Uganda n’u Rwanda ari igihugu kimwe” - Gen Muhoozi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Inkuru zikunzwe

  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • M23 yigambye ko yafashe ikibuga cy’indege cya Rwankuba n’ibitaro byaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Rwanda rwasabye ko MONUSCO ihagarika gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uko imirwano yiriwe mu rugamba M23 yasakiranyemo na FARDC muri Gurupema ya Bweza

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM
Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

2022/07/06 7:22 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010