Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Kongera ubushobozi bw’abanyamuryango biri mu byitezwe kuri manda ya Murenzi
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Kongera ubushobozi bw’abanyamuryango biri mu byitezwe kuri manda ya Murenzi

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi 13/06/2022 8:19

Ku wa Gatandatu tariki 11 Kamena, ni bwo abanyamuryango b’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare, Ferwacy, bongeye kugirira icyizere Murenzi Abdallah nk’ukwiye kuyobora iri shyirahamwe mu yindi myaka ine iri imbere. Ni nyuma y’imyaka ibiri yari amaze ayobora Ferwacy, ariko kubera imbogamizi y’icyorezo cya COVID-19, hari ibitaragezweho na Komite Nyobozi bari bafatanyije.

Komite Nyobozi ya Ferwacy iyobowe na Murenzi Abdallah irajwe inshinga no kuzamura ubushobozi bw’abanyamuryango

Agitorwa, Murenzi yashimiye abanyamuryango ba Ferwacy bongeye kumugirira icyizere, ariko anavuga ko kimwe mu bimuraje inshinga kuri manda ye, ari ukuzamura ubushobozi bw’abanyamuryango b’iri shyirahamwe.

Ikindi uyu muyobozi yagarutseho abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, ni COVID-19, avuga ko yabangamiye ibikorwa bitandukanye by’umukino w’amagare kuko hari bimwe batagezeho ariko nta ruhare babigizemo.

Ati “Dukeneye kubaka umuyoboro wacu witwa Rwanda Cycling Cup, umuntu akayizamo hari icyo akurikiye kuko umuntu wese uza nta rundi rukundo. Mbese turifuza kuzamura ubushobozi bw’abanyamuryango bacu.”

Yakomeje avuga ko kubaka ubushobozi bw’abanyamuryango ba Ferwacy no kubafasha kuzamura amikoro yabo, bizafasha iri shyirahamwe kugera ku ntego zaryo.

Ati “Kuri iyi manda yacu, ingingo ya Mbere ni ukubaka ubushobozi bw’abanyamuryango. Ubushobozi bw’abanyamuryango buzaturuka mu gushaka abafatanyabikorwa benshi, mu bikorera no mu nzego za Leta.”

Murenzi yakomeje avuga ko gutera intambwe kw’abafatanyabikorwa, ari inyungu kuri bo kuko ibikorwa byabo birushaho kumenyekana kuko umukino wo gutwara amagare mu Rwanda umaze kugera ku rwego rwiza kandi uvugwa cyane mu bitangazamakuru bitandukanye.

Murenzi arajwe inshinga no kongera ubushobozi bw’abanyamuryango

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

HABIMANA Sadi 13/06/2022 8:19 13/06/2022 8:19
Inkuru ibanza Ruhango: Umugore wakubiswe ishoka mu mbavu yaguye kwa muganga
Inkuru ikurikira Abanyarwanda batuye Finland baganirijwe ku mahirwe bafite yo gushora imari mu Rwanda
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?