Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Perezida Kagame yatangije iyubakwa ry’igorofa rya Miliyari 100 Frw

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/06/22 9:57 AM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa imiturirwa ibiri ya mbere miremire mu Rwanda izagirwa Ikigo Mpuzamahanga giteza imbere serivisi z’imari muri Afurika (Kigali Financial Square).

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi wa Equity Group Holdings Dr. James Mwangi

Kuri uyu wa Kabiri taliki ya 21 Kamena 2022, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa umuturirwa wa mbere ugezweho mu Mujyi wa Kigali, uzaba ufite ibice by’ibiro, aho gukorera ubucuruzi n’ahahariwe hoteli no kuruhukira.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Imiturirwa ya Kigali Financial Square, umwe uzaba ugizwe n’amagorofa 24 undi ugizwe n’amagorofa 20.

Iyo nyubako izaba ihuriro mpuzamahanga ry’ibikorwa by’urwego rw’imari n’ubucuruzi, yiswe “Kigali International Finance and Business Square (KIFBS)”, ikaba igiye kubakwa mu Mujyi wa Kigali rwagati mu Karere ka Nyarugenge.

Kigali Financial Square ni umushinga wa Banki y’Abanyakenya (Equity Bank) isanzwe ikorera mu Rwanda, ukaba uzarangira kubakwa mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere.

Iyi nyubako izuzura itwaye amafaranga angana na miliyoni 100 z’Amadolari ya Amerika angana na Miliyari 100 Frw.

Uyu muturirwa w’agatangaza uzubakwa mu buryo butangiza ibidukikije kandi ishobora guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.

Equity Bank izashyira ibiro byayo muri izo nyubako, ahasigaye hakorere impuguke zitandukanye mu bijyanye n’imari, zitezweho kuzana abashoramari bifuza gukorera mu Rwanda.

Umuyobozi wa Equity Group Holdings Dr. James Mwangi, yavuze ko iyi nyubako iri mu bizakurura Banki z’ishoramari, ibigo by’imari n’abandi baturutse hanze.

Ati “Twatangiye urugendo, mwifatanye natwe. Turizera ko mu mezi 24, tuzaba twarangije iyi nyubako kandi dushobora kuzagira ibindi birori nk’ibi.”

Dr mwangi avuga ko Equity Group ari iya mbere muri Afurika y’i Burasirazuba no Hagati mu kugira imari shingiro nyinshi ingana na miliyari 13 z’amadolari ya Amerika, hamwe n’abakiriya bagera kuri miliyoni 17.

Perezida Paul Kagame yashimiye Equity Group n’abandi bafatanyabikorwa mu guteza imbere urwego rw’imari mu Rwanda.

Yagize ati “Iki kigo cy’ubucuruzi kizateza imbere umugambi w’u Rwanda wo kurugira igicumbi cyizewe cya serivisi z’imari”.

Abayobozi batandukanye bitabiriye inama ya CHOGM iri kubera mu Rwanda bifatanyije na Perezida Paul Kagame gufungura Kigali Financial Square.

Kigali Financial Square niyo nzu izaba isumba izindi mu Rwanda
Umuyobozi wa Equity Group Holdings Dr. James Mwangi

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Samuel Eto’o yakatiwe gufungwa imyaka ibiri isubitse

Inkuru ikurikira

Abanyeshuri bazahagararira u Rwanda mu marushanwa y’imibare bizeye intsinzi

Inkuru ikurikira
Abanyeshuri bazahagararira u Rwanda mu marushanwa y’imibare bizeye intsinzi

Abanyeshuri bazahagararira u Rwanda mu marushanwa y'imibare bizeye intsinzi

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010