Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Korali Vuzimpanda yasohoye album ya 3 mu buryo bw’amajwi

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/07/01 9:05 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Vuzimpanda, korali ibarizwa mu itorero rya EPR Paruwasi ya Kamuhoza, ikomeje iyogezabutumwa bwa Yesu kristo ibicishije mu ngabire yo kuririmba aho ibikorwa byabo bigenda bitera imbere uko iminsi ishira.

Korali Vuzimpanda yo muri EPR Kamuhoza izwi mu bitaramo ikorera hirya no hino mu gihugu

Ubuyobozi bw’iyi Korali buvuga ko Korali Vuzimpanda imaze kuba ubukombe kuko mu myaka irenga 20 bamaze, basoje album ya gatatu ikoze mu buryo bwo kumva (Audio) ndetse ikaba iri no gutegura kuyishyira hanze mu buryo bw’amashusho.

Iyi album nshashya mu buryo bw’amajwi yahawe izina rya “Sinzaceceka” yitezweho guhembura imitima ya benshi by’umwihariko abakunda ibihangano by’iyi Korali.

Hakizimana Jean Damascène ni Perezida wa Korali Vuzimpanda yabwiye UMUSEKE ko ari umuzingo bitondeye dore ko kubera icyorezo cya Covid-19 bafashe umwanya wo kuyinononsora.

Kwamamaza

Ati “Kugira ngo umuntu uzumva ubutumwa burimo azabashe gufashwa nabwo.”

Hakizimana akomeza avuga ko indirimbo zigize iyi album zibanze mu kuvuga ineza Imana n’imirimo yayo itangaje.

Avuga ko nyuma yo gusoza gutunganya amashusho y’iyi album biteguye gukora igitaramo cy’imbaturamugabo cyo kumurika indirimbo 9 ziyigize.

Iyi Korali igizwe n’abaririmbyi 60 ikaba yaratangiriye Nyabugongo aho yari ifite umubare w’abaririmbyi bacye.

Korali Vuzimpanda izwi cyane mu bitaramo by’ivugabutumwa ikorera mu Ntara zitandukanye mu rwego rwo kwamamaza inkuru nziza y’umwami n’umukiza.

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

UGANDA: Izamuka ry’ibiciro ryatumye kugaburira abana ku mashuri biba ingorabahizi

Inkuru ikurikira

Basketball: Imbere ya Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwatsinzwe na Sudan y’Epfo

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

2023/02/04 9:42 PM
Inkuru ikurikira
Basketball: Imbere ya Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwatsinzwe na Sudan y’Epfo

Basketball: Imbere ya Perezida Paul Kagame, u Rwanda rwatsinzwe na Sudan y'Epfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010