Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rwanda: 11.2% bafite indwara y’umuvuduko w’amaraso ukabije

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/07/27 11:54 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko indwara y’umuvuduko w’amaraso ari imwe mu zikomeje guhangayikisha abantu kuko kenshi babana nayo batabizi.

Indwara y’umuvuduko w’amaraso ikunze kwibasira abantu bakuru

Imibare ivuga ko  mu bantu bakuru umuntu 1 muri 6 arwaye umuvuduko w’amaraso uri hejuru ndetse ko ijanisha riri kuri 15%.

Abantu 23.3% gusa by’abantu babajjwe nibo baziko barwaye indwara y’umuvuduko w’amaraso babikesha abavuzi b’inararibonye.  Mu bantu  bose babajijwe , 11.2% basanzwemo indwara y’umuvuduko w’amaraso ukabije.

Ibi nibyo byatumye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Nyakanga 2022, Minisiteri y’Ubuzima  ku bufatanye n’ikigo gikora inkingo n’imiti  cyo mu Bwongereza, Asrazaneca, bifatanya mu guhangana n’iyi ndwara ikomeje kwibasira abantu, hatangizwa umushinga “Heart Health Africa, ugamije guhashya iyi ndwara.

Kwamamaza

Uyu mushinga watangijwe na Asrazaneca muri Afurika ugamije kurandura indwara zitandura, ukaba uri gukorera mu bihugu umunani byo muri Afurika birimo Kenya, Ethiopia, Cote d’Ivoire ,Senegal,Nigria Tanzania,Uganda n’uRwanda.

Mu Rwanda byitezwe ko uzakorera mu bigo nderabuzima n’ibitaro bigera kuri 60 byo mu Turere twa Gatsibo mu Burasirazuba bw’uRwanda, Gakenke mu Ntara y’Amajayruguru ndetse n’Umujyi wa Kigali.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara zitandura mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Francois Uwinkindi, yavuze ko hasanzwe hari gahunda yo guhangana n’indwara zitandura y’imyaka itanu.

Yavuze ko hazakorwa ubukangurambaga  inyuze mu bajyanama b’ubuzima.

Yagize ati “Cyane cyane ni ugukora ubukangurambaga bwimbitse kugira ngo abaturarwanda bamenye izi ndwara, bamenye kuzirinda no kwisuzumisha hakiri kare,ibyo bizagerwaho dukorana bya hafi n’abajyanama b’ubuzima ndetse  n’abayobozi b’ibanze kugira ngo abantu tubashe kubigisha kandi kubigisha ni uguhozaho.”

Yongeyeho ko Ibitaro by’uturere ndetse n’ibigo nderabuzima bizongererwa ubushobozi, bihabwa amahugurwa  ndetse n’ibikoresho byifashishwa mu gusuzuma no gukurikirana abafite ubu urwayi.

Yavuze ko hari ubwo abantu babaga babana n’iyi ndwara batabizi bityo ko bigiye gutuma abantu bamenya uko bahagaze.

Yagize ati “Hari igihe umuntu ashobora kuyigira atari abizi, icya ngombwa ni uko agomba kumenya ni ryari agomba kumenya kujya kwisuzumisha ndetse agakurikirana gahunda uko zisabwa.Icya kabiri  hari ukwegereza serivisi abanyarwanda.”

Umuyobozi Mukuru wungirije  wa AsraZaneca, Ashling Mulvaney na we ashimangira ko muri iyi gahunda hazashyirwamo imbaraga ubukangurambaga no kongerera ubushobozi inzego z’ubuzima.

Yagize ati “Iyi gahunda ni uburyo bwiza bwo kwita ku buzima, b’umwihariko mu kubaka inzego z’ubuzima  binyuze mu guhugura  abatanga serivisi z’ubuzima, bagatanga ubumenyi n’ubukangurambaga  ku byongera ibyago indwara zitandura no gufasha inzego z’ubuzima ku kubona ibyangombwa bikenewe mu gupima no gukurikirana indwara y’umuvuduko w’amaraso.”

Imibare ivuga ko muri Afurika abantu bakuze barenga 40% barwaye indwara y’umuvuduko w’amaraso.

Mu mwaka wa 2025, biteganyijwe iyi ndwara izkomeza kwiyongera ku buryo izaba yarafashe abantu bakuru  bagera kuri miliyoni 150 muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara honyine mu gihe haba nta gikozwe.

Abagera ku 10% mu bantu barwaye umuvuduko w’amaraso mu bihugu bimwe byo muri Afurika nibo babona ubuvuzi  bw’iyo ndwara.

Kuva uyu mshinga HHA  watangira, hamaze gufatwa ibipimo birenga miliyoni 27.1 mu baturage no mu bigo nderabuzima.

Ni mu gihe ibipimo by’abafite umuvuduko w’amaraso uri hejuru ari miliyoni 5.3.

Abajyanama n’ubuzima bo muri Nyarugenge bahereweho mu kwipimisha indwara y’umuvuduko w’amaraso.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge ,ni umwe mu bitabiriye uyu muhango

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ese koko ikibazo Masita gikwiye kubazwa Muhire wenyine?

Inkuru ikurikira

Cristiano Ronaldo yisanze agomba kugaruka i Manchester

Izo bjyanyeInkuru

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

2023/06/04 11:18 PM
Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

2023/06/04 6:04 PM
Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

2023/06/04 2:20 PM
Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

2023/06/04 2:02 PM
Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

2023/06/04 12:00 PM
Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

2023/06/04 8:25 AM
Inkuru ikurikira
Cristiano Ronaldo yisanze agomba kugaruka i Manchester

Cristiano Ronaldo yisanze agomba kugaruka i Manchester

Ibitekerezo 1

  1. kabano says:
    shize

    Hari indwara 3 zica millions nyinshi z’abantu kurusha izindi buri mwaka.Izo ni Cancer,Diabetes na Hypertension.Ahani zica abageze mu za bukuru.Zose hamwe zica abarenga 20 millions buri mwaka.Amaherezo azaba ayahe?Imana yaturemye itanga igisubizo.Nkuko Ibyahishuwe 21:4 havuga,imana izakuraho indwara n’urupfu.Ibyo bizaba ryari?Nkuko 2 Petero 3:13 havuga,dutegereje isi nshya (izaba paradizo).Imana niyo izi igihe izabikorera,ifite Calendar yayo.Ni iki twakora kugirango tuzabe muli iyo si izaba paradizo?Imana idusaba kuyishaka cyane,ntitwibere gusa mu bushaka iby’isi.Abibera gusa mu by’isi,ntabwo bazayibamo.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

2023/06/05 7:21 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010