Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/07/04 9:06 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Ubwo kuri uyu wa mbere, tariki ya 4 Nyakanga 2022, Abanyarwanda  benshi bari mu birori hirya no hino , byo kwizihiza umunsi wo kwibohora, abandi bari mu rugo, bari bahanze amaso kuri Televiziyo abandi ku nyakira majwi zabo, bakurukiye ikiganiro ,umukuru w’Igihugu yagiranaga na RBA, cyibanze cyane ku bimaze kugerwaho ndetse n’ibindi.

Ubwo Umwuzukuru wa Perezida Kagame yamusomaga ari kuri teleziyo

Ni ikiganiro cyakurikiwe n’abatari bake bari mu Rwanda ndetse n’abandi bo hanze y’Igihugu.

Related posts

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

2022/08/17 1:56 AM

Mu bakurikiye iki Kiganiro barimo umukobwa wa Perezida Kagame, Ange Kagame ndetse n’umwuzukuru we.

Mu mashusho, Ange Kagame yashyize kuri Twitter, y’amasegonda cumi n’atatu, agaragaza umukobwa we, ari imbere y’isakazamashusho, yishimye, abyina, maze, ahita aramburira ikiganza ku kuboko ku munwa ibizwi nka  “Bisous”  ubona ko yizihiwe no kubona sekuru atanga ikiganiro.

Aya mashusho Ange Kagame yayaherekesheje amagambo yifuriza abantu umunsi mwiza wo kwibohora.

Ati “Umunsi mwiza wo kwibohora.”

Nyuma y’ayo mashusho benshi bagize icyo bayavugaho, bagaragaza ko umwana ashimishije ndetse ko ari iby’agaciro kubona umwuzukuru akurikira umukuru w’Igihugu.

Uwitwa Sophie Mukamuvunyi yagize ati “Urakoze cyane Ange, iyi foto mu by’ukuri iteye amatsiko cyane.”

Undi nawe wiyita The Rwandan Truth yagize ati “Mubwire (umukobwa wawe) ko sekuru  ari intwari”

Umunyamakuru wa televiziyo y’Igihugu, Mukamabano Gloria, we yavuze ko ari byiza cyane kandi bishimishije. Ati “Incwi,mwiza cyane.”

Umusifuzi Mpuzamahanga,Salima Rhadia Mukansaga ati “Mwiza kandi arahebuje. Umunsi mwiza wo kwibohora nawe.”

Gasozi Saidi Team Nation ati “Gusomera sekuru kuri televiziyo(Screen), bivuze ko amukumbuye cyane.”

Mu Kuboza 2020, nabwo Ange Kagame,  yigeze gushyira hanze amashusho y’umukobwa we akiri muto, agaragara ari mu ntebe, ubwo Perezida Kagame yari mu kiganiro, kigaragaza ishusho y’Igihugu uko gihagaze.

Uyu mwana wagaragaye yizihiwe, yavutse muri Nyakanga 2020, nyuma y’aho nyina umubyara, Ange Kagame, ashyingiwe muri Nyakanga 2019.

Muri 2018 yari yasabwe na Bertrand Ndengeyingoma, mu birori byabereye mu Murenge wa Muhazi, mu Karere ka Rwamagana.

Happy Liberation Day💙💛💚 pic.twitter.com/lnIb9Pgq79

— AIKN (@AngeKagame) July 4, 2022

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

US: Abari mu birori bizihiza ubwigenge barashweho urufaya rw’amasasu

Inkuru ikurikira

Kwibohora28: Muri impamvu ndetse muri n’impamba mu nzira ikiri imbere- Mushikiwabo

Inkuru ikurikira
Kwibohora28: Muri impamvu ndetse muri n’impamba mu nzira ikiri imbere- Mushikiwabo

Kwibohora28: Muri impamvu ndetse muri n’impamba mu nzira ikiri imbere- Mushikiwabo

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Kigali: Mu buryo busa nko kwigumura abamotari banze gukoresha Mubazi

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

RDC: Abantu 17 baguye mu gitero cyagabwe ahacukurwa amabuye y’agaciro

2022/08/17 3:08 AM
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

2022/08/17 1:56 AM
Umusore n’umukobwa bafatiwe i Rubavu bikoreye magendu

Umusore n’umukobwa bafatiwe i Rubavu bikoreye magendu

2022/08/17 1:56 AM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010