Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kigiye kugarura Gatete Jimmy i Kigali

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/08/26 1:46 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Biciye mu irushanwa ry’Igikombe cy’Isi cy’abakinnye (Veterans) kizabera mu Rwanda, rutahizamu wakunzwe n’Abanyarwanda benshi, Gatete Jimmy, agiye kugaruka mu Rwanda kuritegura.

Byemejwe ko Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho kizabera mu Rwanda mu 2024

Ku wa Kane tariki 25 Kanama, ni bwo habaye ikiganiro n’abanyamakuru, cyari kirimo Minisiteri ya Siporo yari ihagarariwe n’Umunyamabanga Uhoraho wa yo, Shema Maboko Didier, Ferwafa yari ihagarariwe na Visi Perezida wa yo, Habyarimana Marcel ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry Brulan ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe mpuzamahanga ku Isi ry’abakinnyi umupira w’amaguru (FIFVE), Fred Siewe n’abandi.

Muri iki kiganiro, harangajwe ko abahoze bakina umupira w’amaguru ku isi, barimo Jimmy Gatete wakanyujijeho mu Rwanda bategerejwe i Kigali mu gikorwa cyiswe ’Legends in Rwanda’.

Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Abahoze bakina Umupira w’Amaguru, ryatangaje ko abo banyabigwi bose bazakina igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho (Veterans), bategerejwe mu Rwanda mu Ukwakira uyu mwaka.

Kwamamaza

Iri shyirahamwe ryateguye igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru ndetse bahitamo ko cyazabera mu Rwanda muri Gicurasi 2024 ku nshuro ya Mbere iri rushanwa rigiye gukinwa.

Tariki 12-14 Ukwakira 2022 hateganyijwe igikorwa cyo kuzafungura ku mugaragaro iki gikorwa ku rwego rw’Igihugu.

Abarimo Gatete Jimmy, Khalifou Fadiga wahoze ari kapiteni wa Sénégal, Patrick Mboma, Roger Milla, Anthony Baffoe bose bategerejwe i Kigali kuzafungura iki gikorwa ku mugaragaro.

Uretse imikino izaba, nyuma hazanabaho n’amahuriro agamije kwiga ku iterambere rirambye.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier, mu kiganiro n’abanyamakuru kuri yavuze ko ari amahirwe adasanzwe ku Gihugu kandi hari icyo u Rwanda ruzungukira mu kwakira iyi mikino.

Ati” Ibi bigaragaza icyizere amahanga afitiye Igihugu cyacu. Icya Kabiri bizadufasha muri gahunda ya Visit Rwanda, kandi azaba ari umwanya wo kuganira ku iterambere mu rusange bitari umupira gusa”.

Umuyobozi w’Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abahoze bakina umupira w’amaguru, Fred Siewe, yatangaje ko kuba baje mu Rwanda ari inzozi zibaye impamo.

Ati”Ni inzozi zibaye impamo. Twahisemo u Rwanda kuko ari igihugu cyiza gifite umutekano kandi cyakira abantu neza. Mu by’ukuri ni ahantu heza ho gutangirira.”

Biteganyijwe ko iki gikombe cy’Isi kizakinwa n’abahoze bakina umupira w’amaguru 150, baturutse mu bihugu birenga 40. Bazakina imikino 20 bagabanyije mu makipe umunani.

Gatete Jimmy agiye kugarurwa i Kigali n’Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho
Minisports, Ferwafa na FIFVE basobanuye aho Imyiteguro y’Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho igeze

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Karim Benzema na Carlo Ancelotti bongeye kwegukana ibihembo

Inkuru ikurikira

NAME CHANGE REQUEST

Izo bjyanyeInkuru

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM
Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

2023/02/05 9:01 AM
Inkuru ikurikira

NAME CHANGE REQUEST

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010