Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: MINECOFIN ntizamburwa inshingano zo kugena ahashorwa amafaranga ya Leta
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

MINECOFIN ntizamburwa inshingano zo kugena ahashorwa amafaranga ya Leta

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 08/08/2022 3:30
Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN Tusabe Richard yavuze ko Minisiteri y'Ishoramari ntabubasha ifite bwo gufata icyemezo cya nyuma cy'aho leta ishora amafaranga

Minisiteri nshya y’Ishoramari rya Leta no kwegurira ibigo abikorera mu nshingano zayo ntaho zizagonganira na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN ku mwanzuro wa nyuma wo gushora imari ya leta, nubwo yo izajya igaragaza impamvu amafaranga ashorwa mu mishanga itandukanye.

Umunyamabanga wa Leta muri MINECOFIN Tusabe Richard yavuze ko Minisiteri y’Ishoramari ntabubasha ifite bwo gufata icyemezo cya nyuma cy’aho leta ishora amafaranga

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Mbere, tariki 8 Kanama 2022, ubwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN, Tusabe Richard yagezaga ku bagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryerekeye imicungire y’imari n’umutungo wa leta.

Amaze kubagezaho umushinga w’iri tegeko, abasenateri bahawe umwanya wo kubaza ibibazo no gusobanuza, maze Senateri Nkusi Juvenal abaza uburyo Minisiteri Nshya y’Ishoramari rya Leta na Privatization izakorana na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ndetse niba batazagongana mu nshingano zimwe na zimwe.

Agira ati “Mu minsi ishize hari impinduka zabaye hajeho Ministiri ushinzwe Ishoramari rya Leta kandi muri iri tegeko harimo ishoramari rya leta nka sosiyete z’ubucuruzi, ibigo bindi. Ese muri iri tegeko no gushyiraho inshingano nshya zaje aho kubihuza byarakozwe? Hari aho nabonye mu ngingo ya 17 mu bubasha bw’igenabikorwa bavuga ku kugaragaza ibikorwa by’ishoramari ry’igihugu byihutirwa no guhuza gahunda z’iterambere ry’ishoramari ry’igihugu, aho ngaho nkabona neza bihura na Minisiteri nshyashya. Ese ntabwo byari ngombwa kugirango barebe izi mpinduka nshyashya zaje ko iri tegeko ritabyinjiramo.”

Asubiza impungenge za Senateri Nkusi Juvenal, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN, Tusabe Richard yavuze ko Minisiteri y’Imari izagumana inshingano za nyuma zo kugena ahashorwa imari ya leta ariko Minisiteri y’Ishoramari rya Leta yavuze impamvu zo gushora imari.

Ati “Minisiteri nshya inshingano zayo ni ukureba cyane cyane aho leta igiye gushora amafaranga niba koko ariho dukwiye kuyashora, ese aho dufite imigabane nihe dukwiye kuva kugirango tubyegurire ba rwiyemezamirimo. Ariko iri tegeko icyo riteganya, ububasha buri kuri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi kuko niyo ifite inshingano nyamukuru zo kugena aho amafaranga ari buge.”

Yakomeja agira ati “Minisitiri ushinzwe ishoramari rya Leta agaragaza impamvu tugomba gushora amafaranga ariko icyemezo cyo kizafatwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi. Aho rero twumva harimo kuzuzanya ariko bitabujije ko twasubiramo tukareba niba hari inshingano twanoza mu itegeko cyane ko Minisiteri nshya yagiyeho turi kure mu iri tegeko.”

Minisiteri y’Ishoramari rya Leta  (Ministry of Public Investments and Privatization) yashyizweho na Perezida  wa Repubulika Paul Kagame tariki 30 Nyakanga2022, maze ihabwa Ministiri Eric Rwigamba, aho umunyamabanga uhoraho wayo yagizwe Dr. Yvonne Umulisa.

Mu bindi Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi MINECOFIN, Tusabe Richard yasobanuriye Sena nuko Umugenzuzi Mukuru w’imari ya leta (Auditor General)  yongerewe inshingano n’iri tegeko zo gusuzuma ibigo bifite inshingano z’ubucuruzi bifitwemo imigabane na leta nka Rwandair, aho biba ari ngombwa azajya agena urundi rwego rwo gusuzuma ibyo icyo kigo gikora ariko yagize uruhare mu gutegura ibizasuzumwa.

- Advertisement -

Hari kandi uyu mushinga w’itegeko uteganya ko hashobora kuba kuvugurura ingengo y’imari ya leta igihe icyo aricyo cyose n’inshuro zose zishoboka bitewe n’ubwihutirwe byabyo, ni mu gihe ubusanzwe yavugururwaga inshuro imwe gusa.

Abasenateri bagejejweho ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryerekeye imicungire y’imari n’umutungo wa leta
Perezida wa Sena Dr Iyamuremye Augustin niwe wayoboye inteko rusange ya Sena idasanzwe

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Rusizi: Abana 200 bo mu miryango itishoboye bawawe ibikoresho by’ishuri

NDEKEZI Johnson 08/08/2022 3:30 08/08/2022 3:30
Inkuru ibanza Perezida Kagame yongeye kugaragaza amarangamutima afitiye abuzukuru be
Inkuru ikurikira FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura, Rayon Sports na APR FC ni ku munsi wa 14
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
21/09/2023 7:48

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?