Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Nyanza: Icyuma cyahaga abarwayi n’abaganga amata kimaze umwaka kidakora

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2022/08/01 8:29 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp
Icyuma cyahaga amata abarwayi batishoboye n’abaganga bo mu Bitaro bya Nyanza kimaze umwaka urenga gihagaze. Ubuyobozi bw’Ibitaro buvuga ko bugiye gushaka igisubizo kugira ngo cyongere gikore.
Iki cyuma cyatangaga litiro z’amata 150 buri munsi, ubu kimaze umwaka kidakora
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza buvuga ko bwafashe iki cyemezo cyo kugura icyuma bazajya bashyiramo amata kugira ngo bufashe abarwayi batishoboye kubona amata banywa buri munsi.

Usibye kuyaha abarwayi, Ubuyobozi  buvuga ko ayo mata yafashaga n’abakozi bo kwa muganga kuko hari abahitagamo kuyanywa mu kiruhuko cya saa sita banga gutakaza amasaha y’akazi.

Umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Nyanza Superintendent  Dr Nkundibiza Samuel yabwiye UMUSEKE ko  bagize ikibazo cy’umukamo mukeya kuko bakeneraga litiro z’amata 150  buri munsi.

Yagize ati “Ubu twakoze inama dusaba uruganda rutunganya amata y’inshyushyu hano iNyanza kongera ingano y’amata rwaduhaga ku munsi turizera ko iki kibazo kitazarenza ukwezi iki cyuma kikongera gukora.”

Bamwe mu bakozi b’Ibitaro bavuga ko abarwayi batereranywe n’imiryango yabo aribo ayo mata yari afitiye  akamaro kanini cyane.

Kwamamaza

Umwe yagize ati ” Hari igihe byabaga ngombwa amata twahabwaga nk’abakozi bo kwa muganga, tuyaharira abarwayi batabaga bafite ababitaho.”

Uyu mukozi avuga ko umukamo wongeye kuboneka byafasha n’abakozi bataha kure kudakerererwa ku kazi.

Ati ”Abaganga bagira akazi kenshi iyo banyoye amata birabafasha.”

Umuyobozi wungurije ushinzwe Iterambere ry’Imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka  Nyanza Kayitesi Nadine avuga ko kucyegurira Rwiyemezamirimo aribwo buryo bwiza bw’imikoreshereze y’iki cyuma.

Gusa akavuga ko bazabiganiraho n’Ubuyobozi bw’Ibitaro kugira ngo igisubizo kiboneke vuba.

Ati ”Ibitaro birigenga ku micungire y’umutungo wabyo cyakora twashakira hamwe igusubizo.”

Ibitaro bya Nyanza byishyuraga ibihumbi 840 litiro z’amata abarwayi n’abakozi bo kwa muganga babaga banyoye buri kwezi.

Iki cyuma cyatangiye gukora muri Nyakanga umwaka  wa 2021.

Icyumba iki cyuma giteretsemo gihora gifunze.
Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyanza buvuga ko bugiye gushaka igisubizo kugira ngo iki cyuma cyongere gukora
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Nyanza
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Kigali: Umunya-Koreya y’Epfo wari wakatiwe imyaka itanu yagizwe umwere

Inkuru ikurikira

Daniella Chameleone yashyize hanze andi mafoto ababaje yo gukubitwa kwa Sandra Teta

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Daniella Chameleone yashyize hanze andi mafoto ababaje yo gukubitwa kwa Sandra Teta

Daniella Chameleone yashyize hanze andi mafoto ababaje yo gukubitwa kwa Sandra Teta

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010