Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Perezida Kagame yatangaje ko Ibigo  bimwe bya Leta bizegurirwa abikorera

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2022/08/02 5:40 PM
A A
2
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko ibigo bimwe bya Leta mu gihe cya vuba biza kwegurirwa abikorera kugira ngo bibashe gucungwa neza no kubyazwa umusaruro.

Perezida Paul Kagame ubwo yarahizaga abayobozi bashya

Umukuru w’Igihugu yabitangaje  kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Kanama 2022, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi babiri  baheruka gushyirwa muri Guverinoma.

Aba ni Minisitiri w’Ishoramari rya Leta, Eric Rwigamba ndetse n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr Musafiri  Ildephonse. Ni abayobozi bashyizwe mu myanya  n’Umukuru w’Igihugu  kuwa Gatandatu tariki ya 30 Nyakanga 2022.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abayobozi bashyizwe mu myanya bazubakira ku bunararibonye basanganywe mu mirimo bari bashinzwe.

Kwamamaza

Perezida Kagame yabanje gushima aho igihugu kigeze gihangana na COVID-19, avuga ko ingamba zo guhangana n’iki cyorerezo zikomeje.

Agaruka ku mpamvu yo gushinga Minisiteri nshya y’Ishoramari rya Leta, Perezida Kagame yavuze ko mu gushyiraho Minisiteri y’Ishoramari rya Leta hagamijwe kurushaho  gucunga ibigo bya leta neza.

Perezida wa Repubulika  kandi yatangaje ko mu gihe cya vuba bimwe mu bigo bya Leta bizegurirwa abikorera mu rwego rwo gucungwa neza kandi bikagirira Abanyarwanda akamaro.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Icya mbere Minisiteri nshya y’Ishoramari rya Leta, izareba uko ibigo bya leta  bicungwa neza. Ndetse amaherezo cyangwa  se byihuse kuri bimwe  bikegurirwa abikorera ibice bibiri. Hari ibigomba kwegurirwa abikorera vuba na bwangu, bitagomba gutegereza. Guverinoma ubundi akazi kacu ntabwo ari ukujya mu bucuruzi, ibintu bisa nk’ibyo, ahubwo dufasha abacuruza, abikorera, kugira ngo bagere  kuri byinshi ari nako babigeza ku gihugu.Ibyo ndumva ko byumvikana dushaka kuvana ibigp bimwe bya Leta mu maboko ya Leta tukabishyira mu maboko y’abikorera.”

Eric Rwigamba Minisitiri wa Minisiteri ishinzwe ishoramari rya Leta

Umukuru w’Igihugu yakomeje kuri  Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi iheruka gushyirwamo Umunyamabanga wa Leta, ashimangira ko ubuhinzi ari inkingi ikomeye y’igihugu, avuga ko bugomba kubyazwa umusaruro.

Yagize ati “Ubuhinzi ni inkingi ikomeye y’ubukungu bw’Igihugu cyacu n’ubuzima bwacu. Ariko ubwo buhinzi n’ubworozi bugomba guhinduka, bukabyazwa umusaruro uhagije kugira ngo dukomeze twihaze mu biribwa kandi twitegura ibishobora kubuhungabanya igihe cyose harimo n’iminsi iri imbere.”

Yakomeje ati “Ntabwo dushobora gukora twibutswa izo nshingano   n’uko habayeho ibibazo hirya no  hino ahubwo bikwiriye no kuba ari intego  yacu no kuba twahahirana n’ibindi bihugu tukagira ibyo twoherezayo  bishobora kuba byatugirira akamaro.”

Perezida Kagame yavuze ko  igihugu gikwiye kubyaza umusaruro isoko rusange rya Afurika  mu kwagura ubucuruzi.

Yagize ati “Turifuza ko twakoresha amahirwe aboneka muri uriya  muryango w’ibihugu bya Afurika byishyize hamwe kugira ngo bicuruzanye, ishoramari rikorwe hagati y’ibyo bihugu, ku buryo bwihuse, buhendutse, bufite akamaro karushijeho. Isoko rusange rya Afurika, mu bijyanye n’ibicururuzwa by’ibiribwa n’ibindi bijyanye na serivisi zijyana na byo.”

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko mu kazi kabo bakwiye kurangwa n’ubudakemwa no gutanga serivisi inoze ku Banyarwanda kandi ko uzakora ibihabanye nawe ashobora kubizira.

Yagize ati “Kugera kuri izi ntego bisaba  buri wese, twese, ko haba gukora, ibyo dushinzwe kuri buri umwe ariko nanone na  na twese hamwe  tukabikora  ku buryo bwihuse bishoboka,  ariko  tukabikorana n’ubudakemwa nibwo bigira inyungu zisumbuye. Ndibwira  ko nta nzira y’ubusamo igira akamaro  ifte uwo yungukiye, ni iby’igihe gito kandi ntabwo biramba, dukore uko bishoboka dukore ibintu neza, kandi dushoboye kwihuta. Ibyihuse bigira abo biramira batari bacye .Iyo bitinze nabyo hari ababigwamo.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ubufatanye mu nzego z’ubuyobozi kugira ngo umusaruro ubashe kugaragara kandi bakibuka ko bakorera Abanyarwanda  no kumenya kubazwa inshingano.

Ildephonse Musafiri Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ferwafa yashyize igorora abatoza b’abagore

Inkuru ikurikira

Rubavu: Abantu bane byemejwe ko bapfiriye mu mpanuka y’imodoka iheruka kuba

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Rubavu: Impanuka y’imodoka imaze kugwamo abantu batatu

Rubavu: Abantu bane byemejwe ko bapfiriye mu mpanuka y'imodoka iheruka kuba

Ibitekerezo 2

  1. Nakaga says:
    shize

    Ubwo cyakigo cya FPR gishijwe ubucuruzi cyongeye cyariye ninde uzabasha guhangana nacyo mukwegukana ibyo bigo

  2. Cyuma Hassani says:
    shize

    RBA nibyayo byose bakureho.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010