Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Amavubi U23 yerekeje muri Libya mu rugendo rugoye
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Amavubi U23 yerekeje muri Libya mu rugendo rugoye

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi 22/09/2022 10:49

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 23, nyuma y’imyitozo y’iminsi mike, yerekeje mu gihugu cya Libya gukina umukino ubanza wo gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.

Amavubi U23 yari amaze iminsi yitegura ikipe ya Libya

Iyi kipe yahagurutse mu Rwanda kuwa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022 Saa tanu z’ijoro, ihagurukanye abakinnyi batarimo Rushama Chris wa Marines FC wabuze ibyangombwa.

Ni urugendo rutoroshye kuko iyi kipe yaciye Doha muri Qatar, Istanbul muri Turukiya ibone kugera muri Libya mu Mujyi wa Benghazi.

Biteganyijwe ko iyi kipe igera i Benghanzi muri Libya kuri uyu wa Kane Saa tatu z’ijoro, abakinnyi baruhuke bucye bakina ku wa Gatanu Saa Moya z’ijoro.

Mbere yo guhaguruka mu Rwanda, perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, Nizeyimana Mugabo Olivier yasuye izi ngimbi azisaba kuzimana u Rwanda.

iyi kipe yakinnye umukino umwe wa gicuti na Police FC zinganya ibitego 3-3.

Umutoza mukuru, Rwasamanzi Yves yavuze ko azi neza ko bagiye gukina n’ikipe ikomeye ariko bazafashwa n’uko abenshi mu bakinnyi u Rwanda rwajyanye bari muri shampiyona. Uyu mutoza yavuze ko bazashakayo igitego cyazabafasha gusezerera Libya mu mukino wo kwishyura.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki 27 kuri stade mpuzamahanga i Huye. Ikipe izasezerera indi izahita ibona itike yo kuzakina igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 kizabera muri Maroc mu 2023.

- Advertisement -
Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora Ferwafa, yasuye iyi kipe mbere yo kwerekeza muri Libya
Rwasamanzi Yves yizeye ko ikipe izabona igitego muri Libya
Iradukunda Rodrigue wa Gorilla FC
Hakizimana Adolphe wa Rayon Sports niwe kapiteni w’iyi kipe

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona

Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball

HABIMANA Sadi 22/09/2022 11:22 22/09/2022 10:49
Inkuru ibanza Uwiduhaye Micheline, umunyempano mushya mu muziki uhimbaza Imana
Inkuru ikurikira Hatanzwe igihe ntarengwa cyo kumenyekanisha ahakorera “Ibiryabarezi”
- Advertisement -

Amakuru aheruka

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona
Imikino Inkuru Nyamukuru
Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi
Inkuru Nyamukuru Ubuzima
Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona
22/09/2023 7:36

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?