Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ibyihariye ku itsinda Hilsong  London  rigiye gutaramira i Kigali

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2022/11/11 2:47 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Kuva kuwa  Gatanu tariki ya 25 Ugushyingo 2022, guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (6h00 Pm)  itsinda ry’abaramyi rikunzwe ku Isi,Hilsong London,rizaba riri iKigali mu gitaramo gikomeye cyo kuramya no guhimbaza Imana.

Hilsong London itegerejwe iKigali, mu 2019 ubwo bari muri BK Arena mu gitaramo cy’amateka

Ni ku nshuro ya kabiri rizaba rigarutse mu rw’imisozi igihumbi nyuma yaho mu Kuboza  2019 rikoze igitaramo cy’amateka mu muziki uhimbaza Imana muri   BK Arena  yari yuzuye kuva yatangira kwakira ibitaramo gikirisitu.

Icyo gihe iryo tsinda ryafashijwe n’Abanyarwanda barimo Aime Uwimana nawe wegereje abantu  Imana mu ndirimbo ze zikunzwe.

Umwe mu bagize itsinda rya Hilsong London, byamuniye kwifata avuga ko yakunze uRwanda kandi yanezereye cyane n’uko bakiriwe mu gihugu.

Kwamamaza

Amavu n’amavuko…

Iri tsinda rya Hillsong London ririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ryakomotse ku rusengero rwa Hillsong Church ruherereye mu mujyi wa Sydney muri Australia.

Ni urusengero rwashinzwe mu 1983 rushingwa na Brian afatanyije Bobbie Houston rukaba rufite amashami mu bihugu 30 bitandukanye hirya no hino ku Isi birimo u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bakunze kuririrmba mu njyana ituje bakoresheje ibyuma n’amajwi biryoheye amatwi, bigafasha uramya Imana kurushaho kuyegera.

Mu 1993 ryatangiye ryitwa Hilsong Live  rikorera mu mujyi wa Sdney muri Austraria ariko riza kugaba andi mashami ahantu hatandukanye.

Mu mwaka wa 2018 baje guhabwa igihembo gikomeye cya Grammy Award kubera indirimbo yabo yakunzwe ndetse n’ubu igikunzwe  bakurikira umuziki uhimbaza Imana “What beautifu name”.Ni indirimbo igaragaza uburyo Imana yitanze, igatanga Kristo, izina risumba ayandi (Ku babyizera).

Indirimbo z’iri tisinda “Hilsong” zikunze kwifashishwa hirya no hino ku Isi kubera imiririmbire n’imicurangire myiza.Yewe no mu Rwanda indirimbo zabo zagiye zisubirwamo mu rurimi rw’ikinyarwanda. Nk’urugero hari iyitwa All I need You Lord yasubiwemo n’amatsinda y’abaramyi bayita “Niwowe Nifuza”

Ku rubyiniro barihariye…

Iyo bageze ku rubyiniro,ikintu cya mbere bitaho ni amatara,ibicurangisho ndetse n’indangururamajwi(Sound).

Kubera ko ahanini rigizwe n’umubare munini w’abakiri bato, baba biyambariye mu buryo  umuntu ashaka yakwita ko bugezweho”Styles”,bituma imbaga nyinshi y’urubyiruko ibiyumvamo.

Ku rubyiniro  barabanza bagatera urwenya nyuma bakabona kwinjira mu mwanya wo kuramya ariko babanje isengesho(Nubwo bitaba buri gihe).

Iri tsinda ryagize abaririmbyi b’abahanga kandi bakunzwe cyane barimo Darlene Zschech,Don Moen ndetse n’umunya-Nigeria Sinatch.

Kugeza ubu hirya no hino ku Isi habarurwa amatorero ya Hilsong angana na 150.000.

Umubare mwinshi n’urubyiruko: Ubwo mu 2019 bari ku kibuga cy’indege cya Kigali baje mu gitaramo

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

 

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Abatoje Amavubi muri CHAN bahawe agahimbazamusyi kabo

Inkuru ikurikira

Abanye-congo bavuga Ikinyarwanda bagiranye ikiganiro na Perezida Tshisekedi

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Abanye-congo bavuga Ikinyarwanda bagiranye ikiganiro na Perezida Tshisekedi

Abanye-congo bavuga Ikinyarwanda bagiranye ikiganiro na Perezida Tshisekedi

Ibitekerezo 1

  1. Kaso says:
    shize

    😂

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010