Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Abayovu baravumira ku gahera umusifuzi Nsabimana Céléstin

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/12/04 9:05 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Abakunzi ba Kiyovu Sports barebye umukino ikipe yabo yatsinzwemo na AS Kigali ibitego 4-2, batashye bavumira ku gahera umusifuzi wo hagati wawusifuye, Nsabimana Céléstin nyuma yo kubimpa penaliti ebyiri.

Nsabimana Céléstin aravumirwa ku gahera n’abakunzi ba Kiyovu Sports

Ni umukino wabaye ku wa Gatandatu tariki 3 Ukuboza 2022, kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Uyu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona, Kiyovu Sports yabanje gutsinda ibitego bibiri bya Ssekisambu na Ndayishimiye Thierry ariko ibi byishimo ntibyatinze.

AS Kigali yavuye inyuma itsinda Kiyovu Sports ibitego 4-2, byatsinzwe na Kakule Mugheni, Félix Kone na Hussein Shaban Tchabalala watsinze bibiri.

Kwamamaza

Gusa hagati mu mukino, abakunzi ba Kiyovu Sports bavuga ko hari penaliti ebyiri bagakwiye barahawe ku mupira Bishira Latif yakoreye mu rubuga rwa AS Kigali no ku ikosa Rugirayabo Hassan yakoreye Tuyisenge Hakim uzwi nka Dieme.

Gusa umusifuzi wo hagati, Nsabimana Céléstin ntabwo yigeze azitanga n’ubwo abenshi mu barebye uyu mukino bemeza ko zari penaliti zagomba guhabwa Kiyovu Sports.

Abakunzi ba Kiyovu Sports baganiriye na UMUSEKE, bavuga ko uyu musifuzi atababaniye kandi atari ubwa Mbere.

Umwe ati “Ibyo Céléstin yadukoreye, Imana Izabimwishyure akiri ku Isi. Ubu se ni inde utarabonye ziriya penaliti?”

Undi ati “Ndasaba Imana ntazave ku Isi Itamutwishyuriye.”

Undi ati “Kuki buri gihe aza gusifura imikino ya Kiyovu Sports ameze nk’uje guhangana? Ntazatinda kubona inyishyu.”

Nyuma y’uko umukino wari urangiye, umwe mu bashinzwe imyinjirize kuri Stade muri Kiyovu Sports, yegereye uwari komiseri w’uyu mukino, amubwira ko ababajwe n’ibyemezo Nsabimana Céléstin yafatiye muri uyu mukino.

Si ubwa Mbere uyu musifuzi avuzweho amakosa kuko no mu mwaka ushize, yahagaritswe kubera umukino wahuje Rayon Sports na Étoile de l’Est aho yari umusifuzi wa Kane kuri uwo mukino ariko asimbuza inshuro nyinshi.

Mu minsi ishize we na Rulisa Patience hagombaga kubonekamo uzasimbura Hakizimana Louis ariko Ferwafa ihitamo gutanga Rulisa nk’umusifuzi mpuzamahanga.

Nsabimana Céléstin niwe wasifuye umukino wa AS Kigali na Kiyovu Sports
Abakunzi ba Kiyovu Sports bababajwe n’imisifurire ya Nsabimana Céléstin

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Perezida Tshisekedi yatangije intambara y’amagambo ku “butegetsi bw’u Rwanda”

Inkuru ikurikira

Imikino y’abakozi: RBC yegukanye Super Coupe 2022

Izo bjyanyeInkuru

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM
Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

2023/02/05 9:01 AM
Inkuru ikurikira
Imikino y’abakozi: RBC yegukanye Super Coupe 2022

Imikino y'abakozi: RBC yegukanye Super Coupe 2022

Ibitekerezo 1

  1. Claude says:
    shize

    ntimwitwaze umusifuzi.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010