Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Alain-André Landeut yahawe inshingano yasinyiye muri Kiyovu

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/12/05 6:12 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Uwari umutoza mukuru w’ikipe ya Kiyovu Sports, Alain-André Landeut yambuwe izo nshingano ahubwo ahabwa izikubiye mu masezerano yagiranye n’ubuyobozi bw’iyi kipe, zo kuba ushinzwe ibikorwa by’Iterambere ry’iyi kipe mu bijyanye na tekiniki.

Alain-André Landeut yasubijwe inshingano ze

Ibi bibaye nyuma y’iminsi mike ishize muri iyi kipe harimo umwuka mubi wazamuwe no gutsindwa na Gasogi United ibitego 3-1 ku mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona.

Ibintu byongeye kuba bibi kuri iyi kipe yo ku Mumena, ubwo yatsindwaga na AS Kigali ibitego 4-2 mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona.

Nyuma yo gutsindwa imikino ibiri yikurikiranya, ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwahise bukorana inama kuri uyu wa Mbere, maze bwibutsa Alain-André Landeut ko agomba gusubirana inshingano yasinyiye mu masezerano ye.

Kwamamaza

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko uyu mutoza yasinye amasezerano yo gushingwa iterambere rya ruhago muri iyi kipe. Muri izi nshingano ariko harimo no gutoza amakipe y’abato n’ay’abakobwa.

Bati “Tunejejwe no kumenyesha abakunzi ba Kiyovu Sports ko turi kwitegura kwakira umutoza mushya, mu gihe Alain-André Landeut yasubiye mu nshingano ze ari zo kuba manager Sportif wa Kiyovu Sports. Abatoza bari bungirije ni bo bari bube bafite ikipe mu gihe turi mu biganiro n’umutoza mushya.”

Ubwo yerekanwaga n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal uyobora iyi kipe yabwiye itangazamakuru ko uyu Mubiligi yasinye amasezerano y’imyaka itatu nk’umutoza.

Mu minsi ishize, hari amakuru yavugaga ko ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania na Tusker yo muri Kenya, zimwifuza ndetse bamwe mu bashinzwe kugurira abakinnyi Azam FC barebye umukino wahuje Kiyovu Sports na APR FC.

Alain André-Landeut mbere yo kuza mu Rwanda yatozaga ikipe ya DCMP yo muri Répubulika Iharaniea Demokarasi ya Congo.

Kiyovu Sports izaba itozwa n’abatoza bungirije

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Uganda : Gen Muhoozi yashwishurije abibwira ko yarwanya se

Inkuru ikurikira

America yasabye u Rwanda kubaha imyanzuro y’i Luanda, irimo no kudafasha M23

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

2023/02/05 9:01 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Inkuru ikurikira
America yasabye u Rwanda kubaha imyanzuro y’i Luanda, irimo no kudafasha M23

America yasabye u Rwanda kubaha imyanzuro y'i Luanda, irimo no kudafasha M23

Ibitekerezo 1

  1. Rukundo says:
    shize

    FERWAFA NITEGURE AMAHUGURWA YA BAYOBOZI BA TEAM ZO MU RWANDA NAHO UBUNDI TUZASEBA IBYO DUKORA BITEYE ISONI NA GAHINDA JUVENAL ASENYE KIYOVU ATABIZI KWIRUKANA UMUTOZA KU KIBUGA, KNC, TRUMP ,MUKURA , GOTILLA NI BIBAZO GUSSA.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010