Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Iby’urusengero rugurishwa bene rwo bavuze

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2022/12/30 11:23 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Itorero Ebenezer Rwanda  ryanyomoje amakuru yavugaga ko urusengero rwa yo  ruherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Kagari ka Kagugu mu Mudugu wa Giheka, ruri  ku isoko.

Urusengero rwa Ebenezer Rwanda ruri iGiheka byavugwgaga ko rugurishwa

Hashize  iminsi  by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga hari amakuru avuga ko urusengero rw’iri torerero rugurishwa miliyoni 400Frw, ibintu bitamenyerewe mu Rwanda.

Mu itangazo  iri torero ryashyize hanze kuwa 29 Ukuboza 2022, rivuga ko urusengero rw’itorero Ebenezer rutagurishwa nk’uko byari byatangajwe.

Umuyobozi wa Ebenezer Rwanda,Rev Nkundabandi Jean Damascene,yavuze ko amakuru yatangajwe ko  ruri kugurishwa ari ibinyoma, byakozwe n’abarwanya umurimo w’Imana kuri Ebenezer Rwanda Giheka ku bw’inyungu zabo bwite.

Kwamamaza

Uyu muyobozi yashimangiye ko nta hantu na hamwe hari urusengero rwabo rugurishwa,asaba abakirisitu kudakuka umutima.

Yagize ati ”Nta hantu na hamwe Ebenezer Rwanda ifite urusengero igurisha, ku bw’izo mpamvu turasaba abakirisitu bahungabanyijwe n’ibyo bihuha kugira ihumure, bagakomeza gukora umurimo  w’Imana bisanzwe.”

Uru rusengero ruri ku buso bungana na metero kare 3200, rufite ubushobozi bwo kwakira abasaga igihumbi na ‘parking’ ijyamo imodoka 200 kandi hari n’andi mazu mato ari ku ruhande.

Ebenezer Rwanda Church ni umuryango w’ivugabutumwa watangiye mu 2011.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Volcano yakoreye impanuka muri Uganda 

Inkuru ikurikira

Umuri Foundation ya Jimmy Mulisa yahaye Ubunani abana

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Umuri Foundation ya Jimmy Mulisa yahaye Ubunani abana

Umuri Foundation ya Jimmy Mulisa yahaye Ubunani abana

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010