Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Bamporiki yatawe muri yombi ajyanwa muri Gereza – Official
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Bamporiki yatawe muri yombi ajyanwa muri Gereza – Official

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 24/01/2023 1:40
Me Habyarimana Jean Baptiste na Evode Kayitana ni bo Banyanyamategeko ba Bamporiki (Archives)

Bamporiki Edouard, wabari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, nyuma yo gukatirwa imyaka itanu y’igifungo, kuri uyu wa Mbere nijoro yahise atabwa muri yombi ndetse ajyanwa muri gereza.

Me Habyarimana Jean Baptiste na Evode Kayitana ni bo Banyanyamategeko ba Bamporiki (Archives)

Ibyo gufungwa kwa Bamporiki byatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga mu masaha y’umugoroba, ariko nyuma biza kuba impamo.

Umunyamakuru Ramesh NKUSI wa Radio/TV 10, yanditse ko umuturanyi wa Bamporiki yamwandikiye ko “ku isaha ya saa 10:34 p.m (z’umugoroba) tariki 23/01/2023, umuturanyi we Bamporiki bamujyanye afite matelas n’ivarisi aherekejwe n’inzego z’umutekano.”

Dr Murangira B. Thierry Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha yabwiye UMUSEKE ati “Nibyo [yatawe muri yombi] mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cy’Urukiko, yagiye gufungirwa i Mageragere.”

Umunyamatego ambwiye ko Umutware Bamporiki atemerews kujurira bwa kabiri kuko igifungo yakatiwe kiri munsi y'imyaka 10.

Inzira ishoboka yaba iyo gusubirishamo urubanza ku mpamvu z'akarengane. Ati 'Kandi na byo byakorwa igihano waragitangiye.' pic.twitter.com/zCU4GtQjxx

— Oswald Oswakim (@oswaki) January 23, 2023

Bamporiki Edouard kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Mutarama, 2023 nibwo Urukiko Rukuru ruherereye i Nyamirambo rwemeje ko ahanishijwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 50Frw mu rubanza rwe rw’ubujurire, mu gihe mbere y’uko ajurira Urukiko Rwisumbuye rwari rwaramukatiye imyaka ine y’igifungo no gutanga ihazabu ya miliyoni 60Frw.

- Advertisement -

Isomwa ry’uru rubanza ryagombaga kuba kuya 16 Mutarama ariko riza gusubikwa rishyirwa uyu wa 23 Mutarama, 2023.

Bamporiki yahamwe n’ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha mu nyungu ze bwite mu bubasha ahabwa n’itegeko.

Bamporiki yakatiwe gufungwa imyaka 4 no gutanga miliyoni 60Frw

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa

Rwanda: Umuntu 1 muri 5 afite ibibazo  byo mu mutwe

Ubugiraneza bwa Rayon Sports bwaba bwarayigonze ijosi?

Niger: Bari mu cyunamo cy’iminsi itatu

Papa Francis yagize icyo avuga ku byo guhesha umugisha abahuje ibitsina

Ange Eric Hatangimana 24/01/2023 1:42 24/01/2023 1:40
Share
Inkuru ibanza Gakenke: Impanuka yishe umuntu umwe abandi 8 barakomereka
Inkuru ikurikira Rubavu: Hadutse abajura bitwaza imihoro, utabahaye ibyo afite bakamutema
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
Mu cyaro
Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Inter Miami yemeye gufasha Messi gusubira Camp Nou
Imikino
Volleyball: FRVB igiye guhugura abatoza mu mashuri
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
04/10/2023 11:13

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?