Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Bamporiki yatawe muri yombi ajyanwa muri Gereza – Official

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/24 1:40 AM
A A
3
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Bamporiki Edouard, wabari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, nyuma yo gukatirwa imyaka itanu y’igifungo, kuri uyu wa Mbere nijoro yahise atabwa muri yombi ndetse ajyanwa muri gereza.

Me Habyarimana Jean Baptiste na Evode Kayitana ni bo Banyanyamategeko ba Bamporiki (Archives)

Ibyo gufungwa kwa Bamporiki byatangiye kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga mu masaha y’umugoroba, ariko nyuma biza kuba impamo.

Umunyamakuru Ramesh NKUSI wa Radio/TV 10, yanditse ko umuturanyi wa Bamporiki yamwandikiye ko “ku isaha ya saa 10:34 p.m (z’umugoroba) tariki 23/01/2023, umuturanyi we Bamporiki bamujyanye afite matelas n’ivarisi aherekejwe n’inzego z’umutekano.”

Dr Murangira B. Thierry Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha yabwiye UMUSEKE ati “Nibyo [yatawe muri yombi] mu rwego rwo kubahiriza icyemezo cy’Urukiko, yagiye gufungirwa i Mageragere.”

Kwamamaza

Umunyamatego ambwiye ko Umutware Bamporiki atemerews kujurira bwa kabiri kuko igifungo yakatiwe kiri munsi y'imyaka 10.

Inzira ishoboka yaba iyo gusubirishamo urubanza ku mpamvu z'akarengane. Ati 'Kandi na byo byakorwa igihano waragitangiye.' pic.twitter.com/zCU4GtQjxx

— Oswald Oswakim (@oswaki) January 23, 2023

Bamporiki Edouard kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Mutarama, 2023 nibwo Urukiko Rukuru ruherereye i Nyamirambo rwemeje ko ahanishijwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 50Frw mu rubanza rwe rw’ubujurire, mu gihe mbere y’uko ajurira Urukiko Rwisumbuye rwari rwaramukatiye imyaka ine y’igifungo no gutanga ihazabu ya miliyoni 60Frw.

Isomwa ry’uru rubanza ryagombaga kuba kuya 16 Mutarama ariko riza gusubikwa rishyirwa uyu wa 23 Mutarama, 2023.

Bamporiki yahamwe n’ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha mu nyungu ze bwite mu bubasha ahabwa n’itegeko.

Bamporiki yakatiwe gufungwa imyaka 4 no gutanga miliyoni 60Frw

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Gakenke: Impanuka yishe umuntu umwe abandi 8 barakomereka

Inkuru ikurikira

Rubavu: Hadutse abajura bitwaza imihoro, utabahaye ibyo afite bakamutema

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Rubavu: Igikorwa cyo gushakisha abana bagwiriwe n’inkangu cyahagaze

Rubavu: Hadutse abajura bitwaza imihoro, utabahaye ibyo afite bakamutema

Ibitekerezo 3

  1. agaciro peace says:
    shize

    Pole sana kuri Bamporiki. Icyo nabonye nuko no mu rubanza rwe yakomeje kugaragaza ubwishongozi cyane aho yatwemeje ko ngo mu gihe iwabo aho avuka gusangira icyayi ari inoti y’igihumbi, ngo ariko kuri we ubu byagusaba 10 millions!

    Reply
  2. Umurungi Alice says:
    shize

    Tujye tugira amakenga iyo ababyeyi baguhanuye. Ati: “Uko zikuzamura niko zizakumanura”! None ntibiri mu nzira?

    Reply
  3. lg says:
    shize

    Alice jya witondera ibyo wandika ngo uko zuzamura niko zizumanura inki uvuga !!! yahamwe nibyaha yakoze yemera ubwe sinzi rero ibyo uvuga kuko sizo zatumye keretse niba hali bamwe mubanyarwanda ukurikije ibitekerezo byanyu bazajya bakora ibyaha ntibahanwe ngo kuko ababyeyi banyu baba baracengewe ngo babahaye impanuro ubwo wigize umuvugizi wabo bene wanyu uzanabaze umubare wabafungiwe ibyaha. ndetse bito kwiki ubaze namoko yyabo mwahinduye ibyo ntazi urebe uzanabaze niba alibo bamutumye inda nini numururumba biba mubantu bose namategeko ahana bose wimucyurira rero ejo yaba wowe cyangwa uwawe kugororwa iyo twatannye bitureba twese

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010