Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Congo iragaragaza ko idashaka ko amahoro agaruka – Alain Mukuralinda

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/23 12:14 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Nyuma y’uko Perezida wa DR.Congo, Felix Tshisekedi ku munota wa nyuma atitabiriye ibiganiro byari kumuhuza na Perezida Paul Kagame, Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko iki gihugu kidashaka ko amahoro agaruka aho yabuze, asaba ko bashyira ubwenge ku gihe kuko intambara izanye igisubizo.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda (Archives)

Mu kiganiro cyihariye Alain Mukuralinda, Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye UMUSEKE, yavuze ko na bo bamenye amakuru y’uko Congo yanze kwitabira ibiganiro byari biteganyijwe i Doha muri Qatar kuri uyu wa Mbere.

Ati “Natwe amakuru twayamenye, ab’u Rwanda barahageze n’abandi bari batumiwe muri uwo mubonano bari bahari, ku munota wa nyuma Congo ifata icyemezo cyo kutajyayo ariko ibyo nta we byagombye gutangaza, cyangwa gutungura.”

Yavuze ko iyo usesenguye imyitwarire ya Congo muri iki kibazo, hari inama zagiye ziba Congo yazitabiriye, na Perezida wabo ahari agashyira umukono ku myanzuro yafashwe ariko Guverinoma ya Congo ntiyishyire mu bikorwa ibyemezo byafashwe.

Kwamamaza

Mukuralinda yabwiye UMUSEKE ko umubonano wari utegerejwe uyu munsi ari Congo yari yawusabye.

Ati “Niba rero ugeze aho usaba umubonano ntuwitabire, biza bishimangira imyitwarire wari usanganywe yo kudashyira mu bikorwa ibyemezo biba byafashwe n’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere, hanyuma kandi ni no kwinyuramo cyangwa kwivuguruza kuko niba umaze igihe warateganyije uburyo uzasobanura ikibazo cyawe uvuga ngo u Rwanda ni rwo ruteza intambara, niba waramamaje ko u Rwanda ari rwo rufasha M23, wamaze kugaragaza ko abo wita abanzi wabamenye, ariko umuhuza agatumiza umwanzi wawe, akagusaba guhura na we ngo muze tuvugana ukanga, hanyuma ukavuga ngo u Rwanda ni umwanzi ugasaba inama, umuhuza Qatar akavuga ngo twabahuza, iyo wagaragaje umwanzi wawe ugatumiza inama wowe ntuze, uzaganira na nde kugira ngo ikibazo gikemuke?”

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yabwiye UMUSEKE ko nta mpamvu yo gutegereza ku ntumwa z’u Rwanda zari ziri muri Qatar.

Ati “Niba abantu barasabye inama ntibayitabire abandi bagiyeyo, na ya mahanga Congo yirirwa ibwira ngo nimudutize ingufu, nimutange gasopo, nimufate ibihano, na bo barareba…n’abaturage b’u Rwanda n’aba-Congo barareba ngo ni nde nyirabayazana udashyira mu bikorwa ibiba byateganyijwe kugira ngo barebe ko ikibazo cyakemuka.”

Yavuze ko u Rwanda nta gahunda rutazitabira, yaba inyuze mu mishyikirano, cyangwa mu biganiro.

Alain Mukuralinda yavuze ko icyemezo cya Congo uno munsi gishimangira ibyo u Rwanda ruheruka kugaragaza mu itangazo ko Congo ishyize imbere intambara.

Yagize ati “Ni ukuvuga ngo ni ukureba kure, ni ibintu bibiri, ni ukuvuga ngo turifuza ko hariya amahoro yabuze atahaza, kuko baduha inzira zo kubikemura ntituzijyemo, cyangwa twe twamaze kugaragaza umwanzi reka turwane na we.

U Rwanda nihaba izindi nama ruzazitabira, kandi Congo yagakwiye kubona ko uyu mutekano muke ugiye kumara imyaka 15-20, intambara zitigeze zibasha kubikemura, si ubu cyangwa ejo bundi zizabikemura, abantu bakwiye gushyira ubwenge ku gihe bakajya mu nzira y’ibiganiro abaturage bagatekana, bagakomeza inzira y’amajyambere.”

Tshisekedi yanze kujya mu biganiro byari kumuhuza na Perezida Kagame

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Eric Nshimiyimana mu muryango winjira gutoza Bugesera

Inkuru ikurikira

Ubwiza bwa Manager w’umuhanzi Marchal Ujeku bagiye kurushinga – Amafoto

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Ubwiza bwa Manager w’umuhanzi Marchal Ujeku bagiye kurushinga – Amafoto

Ubwiza bwa Manager w’umuhanzi Marchal Ujeku bagiye kurushinga - Amafoto

Ibitekerezo 1

  1. Peter mugabo says:
    shize

    Ariko ubundi ko urwanda turi inzobere muntambara nikuki dutinya kujamuntambara yeruye na RDC congo? nibazeduhangane findi-findi irutwa naso araroga. q

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010