Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Davis D yateje sakwe sakwe mu myambaro y’abagore- AMAFOTO

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/01/19 12:42 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ntabwo bisanzwe mu Rwanda kubona umugabo yambaye imyambaro y’abagore, umuhanzi Davis D uri mu gihugu cy’u Burundi yateje sakwe sakwe ku mafoto yasakaje ku mbuga nkoranyambaga yayicotsemo.

Davis D mu myambaro y’abagore

Ni imyambarire itamenyerewe kuri uyu muhanzi ugezweho mu muziki w’u Rwanda wiyita “umwami w’abana” n’utundi tuzina yihimba kubera gukundwa n’igitsinagore.

Mu mashusho yasakaje aho aherereye i Bujumbura amugaragaza mu myambaro y’abagore aho bikekwa ko yayobotse iyo myambarire cyangwa yinjiye mu bushabitsi bwo kuyimenyekanisha.

Amwe mu mafoto amugaragaza yifashe mu mayunguyungu yazamuye agasengeri kagufi yambaye, yihengetse nka kumwe abakobwa bakunda kwigira bagiye kurya ifoto.

Kwamamaza

Iyi myambarire Davis D yadukanye iri mu mashusho y’indirimbo “Truth or Dare” aherutse gushyira hanze irimo abakobwa bamwitsiritaho.

Davis D agiye kumara icyumweru mu Mujyi wa Bujumbura aho ari mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo “Truth or Dare remix” yakoranye na Mugani Desire uzwi nka Big Fizzo, amashusho ari gutunganywa na Bagenzi Bernard wo mu Rwanda na John Elarts wo mu Burundi.

Uyu muhanzi aherutse gutangaza ko yinjiye mu bucuruzi bw’udukingirizo yise “D Protection” turiho n’ifoto ye.

Avuga ko “Udukingirizo twanjye icya mbere tugomba kuba ari twiza mu buryo bwose, nibaza ko tuzaba turi mu twiza turi mu Rwanda.”

Davis D yizeye ko ikoreshwa ry’udukingirizo twe bizafasha kwirinda ingaruka abantu bashoboraga guhurira na zo mu gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Truth Or Dare indirimbo nshya ya Davis D

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

RIB irahiga bukware Joseph Nshimiye uvugwaho ubwambuzi

Inkuru ikurikira

Nyanza: Umunyamahanga aravugwaho gusambanya ihene

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

2023/02/04 9:42 PM
Inkuru ikurikira
Nyanza: Umunyamahanga aravugwaho gusambanya ihene

Nyanza: Umunyamahanga aravugwaho gusambanya ihene

Ibitekerezo 1

  1. KIZIGENZA says:
    shize

    Ngahorere nabahungu batangiye kwambarana nabashikibacu aha birakomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010