Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Igihano Bamporiki yari yakatiwe cyongereweho umwaka

Yanditswe na: KUBWIMANA Bona
2023/01/23 6:00 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco igihano yari yarakatiwe cyongereweho umwaka acibwa n’ihazabu ya miliyoni 30frw.

Bamporiki yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu

Kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Mutarama, 2023 nibwo Urukiko Rukuru ruherereye i Nyamirambo rwemeje ko Bamporiki Edouard ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu mugihe mbere y’uko ajurira bari baramukatiye imyaka ine.

Isomwa ry’uru rubanza ryagombaga kuba kuya 16 Mutarama ariko riza gusubikwa rishyirwa uyu wa 23 Mutarama 2023.

Bamporiki yahamwe n’ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha mu nyungu ze bwite ububasha ahabwa n’itegeko. Hashingiweku mafaranga yahawe n’umushoramari Gatera Norbert.

Kwamamaza

Mbere uUrukiko rwamukatiye gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw ariko ahita ajuririra asaba kugabanyirizwa ibihano.

Ubwo aheruka ku burana Bamporiki yabwiye urukiko ko afite impamvu eshatu zatumye ajurira.

Muri izo mpamvu avuga ko yahamagaye inzego z’Ubutabera agamije gufasha inshuti ye nkuko undi muntu wese yakwegera inzego z’ubutabera.

Umucamanza, yasobanuye ko atari buri muturage wese wabyubahuka bityo iyo ataba ari Umunyamabanga wa Leta ntiyari gutinyuka guhamagara izo nzego nkuru z’ubutabera.

Kuba avuga ko miliyoni 10 Frw yahawe ari agashimwe ubundi akavuga ko ari ubufasha Gatera yamuhaye ngo avuze umugore we na byo nta gaciro byahabwa kubera ko hari n’inyandiko yanditse ubwe yiyemerera ko yakiriye ayo mafaranga y’iyezandonke.

Umucamanza yavuze ko impamvu zose zatanzwe na Bamporiki Edouard ahakana icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa mu nyungu ze bwite nta shingiro zifite bityo akaba agomba kugihanirwa.

 

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Icyifuzo cya Harmonize ku Rwanda utarabona Umunyarwandakazi bazarushinga

Inkuru ikurikira

Umugore yapfanye n’umwana we nyuma yo guturikanwa na Gas

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Umugore yapfanye n’umwana we nyuma yo guturikanwa na Gas

Umugore yapfanye n'umwana we nyuma yo guturikanwa na Gas

Ibitekerezo 1

  1. Pingback: Breaking News: Bamporiki Edouard's appeal extends his prison term. - Kigali sights

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010