Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imyidagaduro

Igitaramo cya Demarco I Kigali gikomeje kuzamo kidobya! Ish Kevin yikuyemo

Yanditswe na: KUBWIMANA Bona
2023/01/25 3:22 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuhanzi w’Umuraperi Ish Kevin yatangaje ko atari mu bahanzi bazaririmba mu gitaramo gitegerejwe cy’umuhanzi wo muri Jamaica uzwi ku izina rya Demarco cyasubukuriwe mu mpera za Mutarama.

Ish Kevin yavuze ko atazaririmba mu gitaramo cya Demarco

Igitaramo cya Demarco cyagombaga kuba taliki ya 29 Ukuboza 2022 ariko kiza gusubikwa kimurirwa taliki ya 28 Mutarama 2023.

Biteganyijwe ko kizabera muri BK Arena. Abagiteguye batangaje abahanzi 11 bo mu Rwanda bazifatanya n’uyu muhanzi ukomoka muri Jamaica.

Muri abo bahanzi harimo ‘Ish Kevin, Bushali, Deejay Pius, Chris Eazy, Kivumbi, Ariel Wayz, Sintex, Spax, Dee Rugz, Bishanya na Davy Ranks.’

Kwamamaza

Umuraperi Ish Kevin yanyomoje ayo makuru avuga ko atazaririmba muri iki gitaramo.

Abinyujije ku twitter ye yagize ati “Nihanganishije abafana banjye, bambonye ku butumwa bwamamaza igitaramo cya Demarco i Kigali , ni ikosa ryakozwe kuko njye ntabwo nzaririmba muri kiriya gitaramo kandi biri gukosorwa. Murakoze cyane.”

Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari ibihumbi 10 ahasanzwe, ibihumbi 15 aharinganiye hamwe n’ibihumbi 25 na 35 mu myanya y’icyubahiro.

Demarco yamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘I love my Life’, aza gukundwa mu zindi nka ‘Comfortable’, ‘Bad Gyal Anthem’, ‘Copulation’ n’izindi.

Ku myaka 15 nibwo Demarco yatangiye gukora ibitaramo, aho yataramiraga mu kabyiniro ka Cactus. Ku myaka 16 Demarco yavuye muri Jamaica yimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yatangiriye ibyo gutunganya umuziki nka Producer. Gucuranga yabyigiye i Baltimore muri Amerika abyigishijwe n’inshuti ye.

Ish Kevin yari yamamajwe mu bazaririmba muri iki gitaramo

 

 

 

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ndayiragije Étienne yahawe gutoza ikipe y’Igihugu y’u Burundi

Inkuru ikurikira

Abanyarwanda bahawe umukino wo mu matsinda ya CAF

Izo bjyanyeInkuru

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ibyiyumvo bya Fabros kuri “Giti” ikomeje gutsikamira impano nshya

Ibyiyumvo bya Fabros kuri “Giti” ikomeje gutsikamira impano nshya

2023/02/04 4:39 PM
I Kigali hagiye kubera iserukiramuco rya Giants of Africa

I Kigali hagiye kubera iserukiramuco rya Giants of Africa

2023/02/03 9:53 AM
Ndoli Tresol ufashwa na Judy Entertainment yasohoye indirimbo ya mbere-VIDEO

Ndoli Tresol ufashwa na Judy Entertainment yasohoye indirimbo ya mbere-VIDEO

2023/01/31 11:56 AM
Abagore b’indashyikirwa mu Rwanda bagiye guhabwa ibihembo (Awards)

Abagore b’indashyikirwa mu Rwanda bagiye guhabwa ibihembo (Awards)

2023/01/30 12:15 PM
Ishyamba si ryeru muri KIKAC Music na Mico The Best

Ishyamba si ryeru muri KIKAC Music na Mico The Best

2023/01/26 12:57 PM
Inkuru ikurikira
Abanyarwanda bahawe umukino wo mu matsinda ya CAF

Abanyarwanda bahawe umukino wo mu matsinda ya CAF

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010