Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ikawa yoherejwe mu mahanga mu cyumweru kimwe yinjije miliyari 2Frw

Yanditswe na: NKURUNZIZA Jean Baptiste
2023/01/03 1:55 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu Cyumweru kimwe gusa u Rwanda rwohereje hanze toni 349 z’ikawa, aho hasaruwemo agera kuri 1,890,070 z’amadorali y’Amerika asaga miliyari ebyiri mu mafaranga y’u Rwanda.

Ikawa yinjirije u Rwanda miliyari ebyiri mu Cyumweru

Imibare y’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kongerera agaciro ibyoherezwa hanze bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB igaragaza ko hagati ya tariki 24 na 30 Ukuboza 2022 hoherejwe ikawa ingana toni 349 yinjiriza igihugu amadorali y’Amerika 1,890,070$.

Ikawa yoherejwe hanze y’u Rwanda ikaba yaroherejwe cyane mu bihugu nka Pologne na Leta Zunze Ubumwe n’Amerika, ni mu gihe ikilo kimwe cyaguzwe ku mpuzandengo y’amadorali y’Amerika 5.4 $.

Mu bindi bihingwa u Rwanda rwohereje hanze harimo umusaruro w’imboga, imbuto n’indabo, aho hoherejwe toni 325 zisarurwamo asaga ibihumbi 325,677 by’amadorali y’Amerika. Umusaruro wo muri urwego ukaba waroherejwe mu bihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Leta Zunze z’Abarabu n’u Buholandi.

Kwamamaza

Umusaruro w’ibikomoka ku binyabijumba wo winjije amadorali y’Amerika 239,729, ibinyampeke byinjiza miliyoni n’igice z’Amadorali, urusenda rwinjje arenga ibihumbi 100 by’amadorali, naho umusaruro w’ibikomoka ku matungo winjije agera  241,732 z’amadorali.

Imibare y’ Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kongerera agaciro ibyoherezwa hanze bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB raporo yayo iheruka yagaragaje ko mu ngengo y’imari ya 2021-2022 u Rwanda rwasaruye asaga miliyoni 640 z’amadorali ku musaruro wojerejwe mu mahanga.

Ni umusaruro wari wiyongeyeho 45% ugereranyije n’ingengo y’imari yabanje, ni umusaruro NAEB ivuga ko wakomotse ku ngamba leta yashyizweho zo kuzahura ubukungu bwari bwarakomwe mu nkokora na Covid-19.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Uko igitero cya Ukraine cyahitanye abasirikare benshi b’Uburusiya

Inkuru ikurikira

Nyamasheke: Inzu y’umuturage yahiye irakongoka

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Nyamasheke: Inzu y’umuturage yahiye irakongoka

Nyamasheke: Inzu y'umuturage yahiye irakongoka

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010