Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imyidagaduro

Israel mbonyi yasabye Imana kugenderera abahanuzi b’ibinyoma

Yanditswe na: KUBWIMANA Bona
2023/01/25 1:57 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuhanzi Israel Mbonyi ukora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yavuze ku bahanuzi bagezweho muri iyi minsi babeshya bitwaje Imana avuga ko ikwiye kubagenderera.

Israel Mbonyi ari mu babangamiwe n’abahanuzi babeshya

Umuhanzi Israel Mbonyi yanze kuniganwa n’ijambo avuga ko Imana ikwiye kugenderera abahanuzi bitwaza Imana bakabeshya ngo yabatumye kandi ntakigeze kiba kuko nyuma ibatamaza.

Yagize ati “Mana ugenderere kandi utabare abitwa abahanuzi bawe.”

Abakurikirana uyu muhanzi bagiye batanga ibitekerezo nabo ubona ko batishimiye na gato aba bahanuzi babeshya.

Kwamamaza

Uwitwa The OnlyEmmy yavuze ko abo bahanuzi bose bakora ibyo babiterwa n’igifu.

Ati “Abahanuzi bayo bari kugamburuzwa n’igifu.”

Uwitwa Umuzuke we ati “Ese iyo tuvuga ngo tuvuga ubutumwa bwiza(good news/Gospel) iyo tubugerageresheje ibyanditswe byera usanga bihura cyangwa ni abafashe imana zabo kakazihindura  inda bitewe nicyo bishakira(money,wealth and etc)…Ese ubundi ubutumwa bwiza n’iki?”

N’abandi bakomeje kubivugaho gusa bagahuriza ko abahanuzi bo muri iyi minsi ari abanyabinyoma kuko ibyo batangaza bidahura nibyo bavuga.

Hari umwe wibajije ngo “uhanura ahanura ibiki?? Ese abahanuzi urimo kuvuga iyo tubagereranije naba Daniel,Yeremiah, Ezekiel n’abandi tubona mu byanditswe byera ubona ibyo bahanura bisa nibyo bahanuraga?

Imbuga nkoranyambaga byumwihariko urubuga rwa You Tube ni hamwe mu hamaze guha intebe bamwe mu biyita abahanuzi bakabeshya rubanda bitwaje ko Imana yabanyuzeho ngo batangaze ibyo bintu.

Si umwe ntabwo ari babiri biyita abahanuzi bakabeshya, iyo ukurikiranye ibyabo usanga hari abashinze amatorero ariko bagakora ibyo kugirango babone abayoboke… Ibi usanga ari ukugamburuzwa n’igifu.

Si twajya kure y’uwitwa Pastor Jean Claude Niyonzima. Inkuru y’uyu mugabo ni izagarutsweho cyane muri icyi cyumweru ubwo yashiraga amanga agahamya ko Imana yamuhishuriye ko Bamporiki Edouard azagirwa umwere mu rubanza yarari kuburana, bikarangira akatiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 30frw.

Niyonzima yabaye nk’uzuye akaboze kuko hari n’abandi bagiye batangaza ubuhanuzi bw’ibihuha kugirango bamamare bibonere amafaranga.

Mu by’ukuri aba biyita abahanuzi uretse guhabwa intebe kuri za You tube, iyo winjiye mu mateka yabo usanga ntaho bahuriye nabyo kuko bamwe ni ba bantu babayeho mu buzima bugoye bakagana iyo nzira bishakira amaronko. Ku mbuga nkoranyambaga bakomeza kwibazwaho bitewe nibyo binyoma byabo.

Mana ugenderere kandi utabare abitwa abahanuzi bawe.

— Israel Mbonyi (@IsraeMbonyi) January 25, 2023

 

 

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

REG na Mwinuka bapfuye ingingo yavugaga ku mafaranga

Inkuru ikurikira

DRC: Imirwano yabereye ku muhanda mukuru wa Goma – Kitshanga

Izo bjyanyeInkuru

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ibyiyumvo bya Fabros kuri “Giti” ikomeje gutsikamira impano nshya

Ibyiyumvo bya Fabros kuri “Giti” ikomeje gutsikamira impano nshya

2023/02/04 4:39 PM
I Kigali hagiye kubera iserukiramuco rya Giants of Africa

I Kigali hagiye kubera iserukiramuco rya Giants of Africa

2023/02/03 9:53 AM
Ndoli Tresol ufashwa na Judy Entertainment yasohoye indirimbo ya mbere-VIDEO

Ndoli Tresol ufashwa na Judy Entertainment yasohoye indirimbo ya mbere-VIDEO

2023/01/31 11:56 AM
Abagore b’indashyikirwa mu Rwanda bagiye guhabwa ibihembo (Awards)

Abagore b’indashyikirwa mu Rwanda bagiye guhabwa ibihembo (Awards)

2023/01/30 12:15 PM
Ishyamba si ryeru muri KIKAC Music na Mico The Best

Ishyamba si ryeru muri KIKAC Music na Mico The Best

2023/01/26 12:57 PM
Inkuru ikurikira
DRC: Imirwano yabereye ku muhanda mukuru wa Goma – Kitshanga

DRC: Imirwano yabereye ku muhanda mukuru wa Goma - Kitshanga

Ibitekerezo 1

  1. nkomeza says:
    shize

    Musore we,nawe ibyo uvuga ko uri umuramyi,ndahamya ko nta kindi uba ushaka ari imibereho n’ibyubahiro.Ibitaramo byawe byitabirwa n’abantu benshi,baguze tickets.Nyamara imana idusaba gukorera imana ku buntu.Ese buriya uwagenzura yasanga nta dukobwa mukururana???

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010