Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

REG na Mwinuka bapfuye ingingo yavugaga ku mafaranga

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/01/25 11:04 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Nyuma ya byinshi byavuzwe ku itandukana ry’impande zombi, ubuyobozi bushinzwe ibikorwa byose bya Siporo ku Kigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi, REG, bwavuze ko gutandukana n’umutoza Henry Mwinuka byatewe n’ingingo yavugaga ku mafaranga.

Henry Mwinuka na REG BBC bapfuye ingingo imwe mu masezerano

Tariki 5 Mutarama 2023, ni bwo hamenyekanye amakuru y’uko Henry Mwinuka yatandukanye n’ikipe ya REG Basketball Club yari amazemo imyaka ibiri akanayihesha ibikombe bitandukanye.

Nyuma y’uku gutandukana, havuzwe byinshi birimo ko uyu mutozaga atishimiraga kuzanirwaho undi mu mikino ya Basketball Africa League [BAL], ibyo we yafataga nko kudahabwa agaciro.

Aganira na UMUSEKE, Geoffrey Zawadi ushinzwe ibikorwa byose bya Siporo mu kigo cya REG, yakuyeho igihugu ku byavuzwe byose ahamya ko bapfuye ingingo imwe irimo amafaranga.

Kwamamaza

Ati “Byose twarabyumvikanye, ndetse tugera ku musoza wo kumwongerera amasezerano ariko dupfa ingingo imwe. Twapfuye ingingo imwe yavugaga uko yasohoka mu ikipe mu gihe yaba atarasoza amasezerano. We yifuzaga ko mu gihe yagenda adasoje amasezerano ntacyo yaduha. Twe tukamusaba ko hari icyo yaha ikipe kuko yaba yishe imibare y’ikipe.”

Yongeyeho ati “Ndetse twari twamwemereye ko no mu mikino ya BAL azaba ari we mutoza mukuru uzayobora ikipe kuko nta wundi mutoza tuzazana.”

Yongeyeho ko uyu mutoza bamwubaha kandi bashimira umusanzu we mu myaka ibiri bamaranye muri REG BBC.

Uyu mutoza mu myaka ibiri yari amaze muri iyi kipe, yayihesheje ibikombe bibiri bya Shampiyona biheruka, ndetse aba umutoza w’umwaka 2021/2022.

Geoffrey Zawadi yakuyeho igihu ku gutandukana na Henry Mwinuka

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Volleyball: Ubuyobozi bwa REG VC bwakebuye FRVB

Inkuru ikurikira

Israel mbonyi yasabye Imana kugenderera abahanuzi b’ibinyoma

Izo bjyanyeInkuru

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM
Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

Sitting Volleyball: Intwari na Bugesera begukanye igikombe cy’Ubutwari

2023/02/05 9:01 AM
PNL: Abakinnyi batanu ntibemerewe gukina umunsi wa 18

PNL: Abakinnyi batanu ntibemerewe gukina umunsi wa 18

2023/02/03 12:04 PM
Wheelchair-Basketball: Shampiyona yagarutse

Wheelchair-Basketball: Shampiyona yagarutse

2023/02/03 11:30 AM
Handball: i Gicumbi hagiye kubera irushanwa ry’umunsi w’Intwari

Handball: i Gicumbi hagiye kubera irushanwa ry’umunsi w’Intwari

2023/02/03 10:40 AM
AMAFOTO: Adel ugarutse gutoza Musanze, yageze mu Rwanda

AMAFOTO: Adel ugarutse gutoza Musanze, yageze mu Rwanda

2023/02/03 7:46 AM
Inkuru ikurikira
Israel mbonyi yasabye Imana kugenderera abahanuzi b’ibinyoma

Israel mbonyi yasabye Imana kugenderera abahanuzi b’ibinyoma

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010