Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Inkuru Nyamukuru

RIB yasabye Joseph kureka kwihisha Ubutabera

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/01/20 6:28 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwibukije Nshimiye Joseph uvugwaho ubwambuzi bushukana, kureka kwihishahisha Ubutabera, akajya kuyitaba.

RIB yasabye Nshimiye Joseph kwishyikiriza Ubutabera mu maguru mashya

Nyuma y’iminsi hamenyekanye inkuru ivuga ku bwambuzi bushukana bwakozwe biciye mu gisa n’urusimbi cyiswe Gold Panning A.I, inzego z’Ubutabera zahise zihaguruka kugira ngo zirenganure abamburiwemo.

Abavuzwe muri ubu bwambuzi, ni Barahinguka Serge, Ntambara Pierre Céléstin na Nshimiye Joseph bose bavugwaho kunyereza arenga miliyoni 100Frw.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mutarama 2023, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B.Thierry, yavuze ko Nshimiye Joseph ashwakishwa n’uru rwego, amusaba kwijyana kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro.

Kwamamaza

Dr Murangira yavuze ko kugeza ubu, RIB imaze guta muri yombi Ntambara Pierre Céléstin wiyise Billy, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kicukiro na Barahinguka Serge bari bafatanyije.

Yavuze ko nubwo hafashwe abakekwaho gukorana na Nshimiye, we yabuze asaba ko akwiye kwishyiriza uru rwego.

Ati “Babiri barafashwe ariko uwitwa Nshimiye Joseph aracyashakishwa. Ngira ngo aho ari ashobora kuba afite smartphone, ubu butumwa mubumungerezeho. Ni byiza ko yitanga kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro kuko ntaho ukuboko k’Ubutabera kutagera.”

Murangira yavuze ko uhamagajwe na RIB wese aba akwiye kuyitaba kuko uhamagawe wese atari ko afungwa.

Ati “Ni byiza ko iyo baguhamaye uza ukitaba. Ushobora kuza ukabazwa ukanataha ni byiza ko iyo uhamagawe mu bugenzacyaha uraza wememye ukitaba.”

RIB yasobanuye ko tariki ya 07 Mutarama 2023 abantu barindwi bayigejejeho ikirego baregamo Joseph, Serge na Ntambara.

Aganira na UMUSEKE, Joseph yavuze ko RIB imushatse yamubona kuko adafite ubushobozi bwo kwihisha Ubutabera bw’u Rwanda.

Nshimiye Joseph yigeze kuba Umunyamabanga Mukuru wa AS Kigali, avanwa kuri uwo mwanya akekwaho kunyereza umutungo w’ikipe.

Joseph Nshimiye aravugwaho ubwambuzi bushukana

Ntambara Pierre Céléstin wiyise Billy, we afunzwe na RIB ya Kicukiro

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Nyamasheke: Amavomo bahawe bayabona nk’umurimbo

Inkuru ikurikira

Intumwa z’Uburayi zagiranye ibiganiro n’igisirikare cy’u Rwanda

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Intumwa z’Uburayi zagiranye ibiganiro n’igisirikare cy’u Rwanda

Intumwa z'Uburayi zagiranye ibiganiro n'igisirikare cy'u Rwanda

Ibitekerezo 1

  1. Kefa Mastermind says:
    shize

    Ikiza ni uko yakwijyana akareka gukomeza kwihisha ubutabera

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010