Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rubavu: Hadutse abajura bitwaza imihoro, utabahaye ibyo afite bakamutema

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/01/24 10:49 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge yo mu Karere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba, bavuze ko bafite impungenge ku bujura bwibisha intwaro gakondo zirimo imihoro.

Ibiro by’Akarere ka Rubavu

Umwe mu bahaye ubuhamya RBA, avuga ko hatagize igikorwa, ubu bujura ngo buhagarikwe buri kurushaho gufata intera.

Uyu uvuga ko atuye mu Kagari ka Byahi, mu Murenge wa Rubavu avuga uburyo yatezwe.

Yagize ati “Ngeze mu rugo bahankurikiye, ndi gusona (igipangu) baba bangezeho, bamena ibirahuri by’imodoka, bafata umwana wanjye w’imyaka itandatu, ndataka mvuga ngo umwana wanjye.”

Kwamamaza

Yakomeje ati “Ubwo nkimara gutaka, umwe yahise anshyira umupanga ku ijosi, arambwira ngo ceceka. Baransaka, batwara telefone kuko nta kindi nari mfite, ariko imodoka bayangije.”

Undi ugaragaza ko iki kibazo giteye inkeke, avuga ko yatangiriwe hafi y’urugo rwe, bamutwara ibyo yari afite byose.

Ati “Narimo ntaha ngeze hafi yo mu rugo umwe aranyitambika. Nibwira ko ari umwe untangiriye ariko mu by’ukuri bari benshi. Arampagarika ansaba guhagarara, ambwira ngo ibyo ufite byose bishyire hasi. Ubwo abari inyuma bafata umuhoro bawunkubita mu bitugu.”

Akomeza agira ati “Nakebutse inyuma mbona abandi bose bazamuye imihoro, barambwira ngo nusakuza turagutema. Bafata telefoni, bunama hasi banyambura inkweto. Naje kumenya ko ruguru baje guhura n’undi muntu ashaka kubarwanya, bamutema ikiganza, ibyo yari afite byose barabijyana.”

Usibye ubujura bwitwaje intwaro, aba baturage bavuga ko n’inzu mu masaha y’ijoro bazitobora bakiba.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Rukundo Mucyo avuga ko hagiye gukorwa umukwabo wo gufata abo bajura, asaba abaturage gutanga amakuru.

Yagize ati “Umunyarugomo Polisi iramufata. Icyo twabwira abaturage ni ukuduha amakuru, umuntu akavuga ati aha naha hari ikibazo iki n’iki.”

Mu bihe bitandukanye mu Mirenge ya Rubavu, Rugerero, Nyamyumba yo mu Karere ka Rubavu, yakunze kuvugwamo ibikorwa by’ubujura  burimo n’ubwa matungo.

Icyakora inzego z’ibanze zagaragaza ko zishyize imbaraga mu kurwanya ibyo bikorwa n’ubwo bukomeje kugaragara.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Bamporiki yatawe muri yombi ajyanwa muri Gereza – Official

Inkuru ikurikira

Davis Kasirye yatandukanye na Sofapaka FC

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Davis Kasirye yatandukanye na Sofapaka FC

Davis Kasirye yatandukanye na Sofapaka FC

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010