Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Ukraine igiye guhabwa ibimodoka bishya by’intambara birimo ibyitwa “Ingwe”

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/01/25 7:42 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Nyuma y’igihe America n’Ubudage bijijinganya ku guha Ukraine ibifaru, ibi bihugu byamaze gufata icyemezo cya nyuma kuri iyi ngingo.

Ibifaru byakorewe mu Budage byitwa Ingwe nibwo bwa mbere bigiye gukoreshwa ku rugamba muri Ukraine

Byitezwe ko ibyo bifaru bikomeye, ndetse birusha imbaraga iby’Uburusiya bizahindura byinshi ku rugamba.

Perezida wa Leta zunze ubumwe za America, Joe Biden n’ubuyobozi bwe, bitegerejwe ko batangaza umugambi wo kohereza muri Ukraine ibifaru 30 byitwa M1 Abrams.

Umutegetsi mukuru mu Budage, Chancellor Olaf Scholz we yafashe icyemezo cyo kohereza ibifaru 14 byitwa Ingwe “Leopard 2”.

Kwamamaza

Ambasaderi w’Uburusiya muri America yanenze icyo cyemezo, avuga ko ari ubundi bushotoranyi bugaragarira buri wese.

Ubutegetsi bwa Ukraine bwo buvuga ko izi ntwaro nshya zizafasha iki gihugu kubohoza uduce twafashwe n’Uburusiya.

America n’Ubudage bisa n’ibyirengagije igitutu cy’abaturage babyo n’amahanga kugira ngo bifate icyemezo cyo guha ziriya ntwaro Ukraine.

BBC ivuga ko Washington yavuze ko hakenewe amahugurwa, ndetse n’ubumenyi bwo gufata neza no kumenya gukoresha ikoranabuhanga riri mu bifaru byayo bya M1 Abrams.

Ibinyamakuru byo mu Budage bivuga ko kuri uyu wa Gatatu, icyo gihugu gitangaza ku mugaragaro ibya kiriya cyemezo.

BBC

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Umuyobozi w’Ikigega cy’Imari ku Isi, IMF yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Inkuru ikurikira

Nduwimana Louis Roméo wasinyiye Rwamagana ni muntu ki?

Izo bjyanyeInkuru

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

Imyanzuro mikuru y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC i Bujumbura

2023/02/04 9:42 PM
Inkuru ikurikira
Nduwimana Louis Roméo wasinyiye Rwamagana ni muntu ki?

Nduwimana Louis Roméo wasinyiye Rwamagana ni muntu ki?

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010