Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Perezida Kagame yishimira ko icyizere cy’ubuzima ku Banyarwanda kiri hejuru

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/02/27 11:37 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu ijambo rifungura Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, Perezida Paul Kagame yagarutse ku byagezweho bikubiye muri raporo yasomwe na Minisitiri w’Intebe avuga ko ashimishwa no kuba icyizere cy’ubuzima ku Banyarwanda cyarazamutse.

Perezida Paul Kagame afungura inama y’Umushyikirano

Yavuze ko hashize imyaka 30 yo kubaka u Rwanda rushya, bikaba bivuze ko ari ikiragano cy’abantu (generation) kiba kivutse, bityo ko igihe nta cyaba cyarahindutse muri icyo gihe byaba ari “agahomamunwa”.

Ati “Ubu urebye Umunyarwanda ashobora kubaho kugeza ku myaka 69, uzi aho twahereye ubwo? Uwageraga kuri 40 yabaga yagerageje byari amahirwe, ariko ubu Umunyarwanda ashobora kugera kuri 69. Imyaka 69 kandi ni imwe mu myaka yo hejuru no ku isi hose, ntabwo ari imwe ibanza, hari abagera hejuru gato, ariko kuba tugeze kuri 69 byari amahirwe kugera kuri 40, urumva ko ibikorwa bimwe umuntu abivuze muri ubu buryo nibwo byumvikana.”

Perezida Paul Kagame yari yahize mu myaka 7 ya manda ye igiye kugera ku musozo, ko azageza ku Banyarwanda, amazi n’amashanyarazi ku kigero cya 100%.

Kwamamaza

Ubu ntibiragerwaho, ariko muri iyi nama y’Umushyikirano, yavuze ko nubwo hari abatarabona amazi n’amashanyarazi, ariko ngo yifuza ko na bo byabageraho.

Ati “Mbere byari ubusa, no muri uyu mujyi wacu kubona amashanyarazi cyangwa amazi meza atari mu myaka ya kera byari bikomeye, iyo ni intambwe yindi numva dutera biturutse ku bikorwa by’ingenzi Minisitiri w’Intebe yasobanuye.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubu buri Karere k’igihugu gafite umuhanda ugahuza n’Umujyi wa Kigali.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 18, yaherukaga kuba imbonankubone mu myaka wa 2019 kubera umwaduko w’icyorezo cya COVID-19 cyibasiye Isi, mu myaka itatu ishize ntiyabaye.

Abanyarwanda bategereje byinshi muri iyi nama haba ari ukumva ingamba nshya igihugu gifite mu kuzamura imibereho yabo, ibitekerezo bitandukanye byubaka igihugu, ndetse no kumenya uko Leta ihangana n’izamuka ry’ikiguzi cy’ubuzima by’umwihariko ibiciro ku masoko bidasiba kuzamuka umunsi ku wundi.

Imibare ya UN, mu nyandiko ivuga igereranya ry’imyaka mu gihe cyizaza uvuye mu 1950, “The 2022 Revision of World Population Prospects”, igaragaza ko icyezere cyo kubaho muri Africa, muri uyu mwaka wa 2023 ari imyaka 64.11. Icyo cyizere cyazamutseho 0.45% ugereranyije na 2022.

UN igaragaza ko icyizere cyo kubaho muri Africa kizaba kigeze ku myaka 76.4 muri 2100.

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Umukobwa yabyaye umwana amuta mu musarane 

Inkuru ikurikira

Abarimo Sandrine Isheja na Scovia bahataniye ibihembo mu bagore b’indashyikirwa

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Abarimo Sandrine Isheja na Scovia bahataniye ibihembo mu bagore b’indashyikirwa

Abarimo Sandrine Isheja na Scovia bahataniye ibihembo mu bagore b’indashyikirwa

Ibitekerezo 1

  1. Umurungi Alice says:
    shize

    Abakora itohoza n’ibarurishamibare baha Prezida imibare icuritse yuko ibyatangajwe ku myaka y’uburambe ntibihura n’ibimaze iminsi bitangazwa ku milire. Ntiwagira abana barenga 30% barwaye bwaki ngo unagire uburambw bw’imyaka 69. Ikindi nuko tutaba mu banyuma mu kugira ibidutunga ariko ngo tube mu bambere mu burambe. Muri make habayemo itekinika ritarimo ubuhanga.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010