Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Intambamyi ku bubaka inganda i Muhanga zahawe umurongo

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2023/03/03 7:16 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubwo Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome yasuraga ahagenewe icyanya cy’inganda, yababwiye ko agiye kubakorera ubuvugizi kugira ngo bubakirwe umuhanda wa Kaburimbo.

Minisitiri Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome n’abandi bayobozi basura icyanya cy’inganda

Muri uru rugendo abashoramari barimo kubaka Inganda zitandukanye, batakambiye Minisitiri ko kugeza ibikoresho aho hantu bigoranye.

Umuyobozi w’uruganda Basil Masevelio, Irené Basil avuga ko iyo imvura iguye baparika imodoka zo mu bwoko bwa Camion zizanye ibikoresho bagategereza ko ihita kugira ngo babone uko babigeza ahubatse inganda.

Masevelio akifuza ko Leta yabarohereza kubona umuhanda wa Kaburimbo no kubongerera ingano y’umuriro bateganya gukoresha.

Ati “Leta yabanje kudusonera imisoro, twifuza ko itwubakira n’imihanda kuko ihari idatunganije.”

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome avuga ko icyanya cy’inganda kigomba kujyamo Imihanda ya Kaburimbo, amazi n’amashanyarazi.

Ati “Muzi ko Ingengo y’Imali ya Leta irangirana n’ukwezi kwa Kamena, turabizeza ko mu ngengo y’Imali y’umwaka utaha tuzashyiramo amafaranga yo kubaka ibikorwaremezo birimo Umuhanda wa Kaburimbo n’ibindi inganda zikenera.”

Ngabitsinze yavuze ko muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 byari biteganyijwe ko mu byanya by’inganda  byose hubakwa imihanda ya Kaburimbo n’bindi bikorwaremezo.

Ati “Twagize ikibazo cy’amafaranga ariko umwaka utaha tuzaba tuyafite.”

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline avuga ko icyari igikenewe ku ikubitiro ari ukubona abashoramari bazubaka inganda, andi mahirwe akaba ari ayo umubare munini w’abaturage bo muri aka Karere bazikoramo.

Ati “Tugize amahirwe imihanda yakubakwa kuko usibye korohereza abashoramari bahafite inganda, ibikorerwaremezo byareshya n’abandi bashyashya bifuza kuhashora imali.”

Kugeza ubu muri iki cyanya cy’inganda hamaze kubakwa inganda 6 ku zirenga 10 zigomba kuhubakwa.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko 50% by’abari baturiye icyanya cy’inganda bamaze guhabwa ingurane z’imitungo yabo.

Usibye imihanda idatunganyije, n’umuriro bakoresha ntabwo uhagije.
Masevelio Irené Basil umwe mu bashoramari bubatse uruganda
Umwe mu mihanda igana mu Cyanya cy’inganda wangiritse.
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga
Kwamamaza
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ntabwo tuzemera ibivume- Perezida Ndayishimiye ku batinganyi

Inkuru ikurikira

Uburundi bugiye kohereza izindi ngabo muri Congo

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Uburundi bugiye kohereza izindi ngabo muri Congo

Uburundi bugiye kohereza izindi ngabo muri Congo

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010