Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

Kinshasa: Urubyiruko rwanga u Rwanda rwatwitse urugo rwa Fally Ipupa

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/03/01 11:13 AM
A A
2
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Itsinda ry’urubyiruko rw’i Kinshasa rumaze igihe ruzenguruka mu mihanda rwamagana igihugu cy’u Rwanda, rwatwitse inzu n’imodoka by’umuhanzi Fally Ipupa.

Imodoka n’inzu bya Fally Ipupa byatwitswe

Ubu bugizi bwa nabi bwabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Kamena 2023 bikozwe n’urubyiruko rwiyemeje kudurumbanya uwo Mujyi mu iturufu yo guhangana n’u Rwanda.

Byakozwe ubwo Fally Ipupa yari mu gihugu cy’Ubufaransa aho yitabiriye ibirori byateguwe na Perezida Emmanuel Macron.

Polisi yo muri RD Congo yatabaye byihuse, inata muri yombi abantu batanu bakekwaho kugira uruhare muri iki gikorwa.

Kwamamaza

Amakuru avuga ko abatwikiye Fally Ipupa batishimiye ibirori yitabiriye byateguwe na Perezida Emmanuel Macron.

Izi ntagondwa zishinja Emmanuel Macron kutagaragaza ko ashyigikiye byeruye Leta ya Tshisekedi  mu gushinja u Rwanda kuyitera binyuze mu mutwe wa M23.

Fally Ipupa yatangaje ko yishimiye ibiganiro yagiranye na Perezida Macron byibanze ku kungurana ibitekerezo ku ntambara ikomeje kuyogoza Uburasirazuba bwa Congo.

Ati “Nishimiye kuba nahuye na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron. Ni umwanya ukomeye, twaganiriye uko ibintu byifashe nabi mu burasirazuba bwa Congo n’uruhare umuziki wagira ku rubyiruko muri Congo.”

Fally Ipupa na Perezida Emmanuel Macron
Inzu nayo yatwitswe
Imodoka ya Fally Ipupa yahiye irakongoka

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

AS Kigali y’abagore yambuye abayikiniye bakajya muri Rayon

Inkuru ikurikira

Nyagatare: Umunyamakuru yagizwe intere n’abagizi ba nabi

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
M23 si umutwe w’ibyihebe, barwanira uburenganzira bwabo – Gen Muhoozi

Gen Muhoozi agiye gusezera igisirikare – Arajya he?

2023/03/27 3:41 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Inkuru ikurikira
Nyagatare: Umunyamakuru yagizwe intere n’abagizi ba nabi

Nyagatare: Umunyamakuru yagizwe intere n'abagizi ba nabi

Ibitekerezo 2

  1. lg says:
    shize

    Fally Ipupa se numunyaRwanda !!!hanyuma se Macron naza i Kinshasa bizagenda bite!

    • CYIMANIZANYE Adelphine says:
      shize

      Nihatari kbs

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010