Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Nyagatare: Kutubakisha rukarakara byatumye hari ibibanza biba indiri y’ibisambo

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2023/03/21 4:19 PM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu Karere ka Nyagatare by’umwihariko mu Mujyi wa Nyagatare, abaturage barinubira kubuzwa kubaka amazu yo guturamo yubakishije amatafari y’inkarakara bigatuma hari ubutaka bugipfa ubusa ndetse ibibanza byabo bikaba indiri y’ibisambo bitega abaturage mu mugoroba.

Abatuye umujyi wa Nyagatare basaba ko bakomorerwa kubakisha rukarakara

Uku kwangirwa kubakisha amatafari ya rukarakara ahemerewe guturwa ngo bidindiza umujyi by’umwihariko abafite amikoro make bagahungira mu cyaro.

Abaganiriye n’UMUSEKE bavuga ko muri uyu Mujyi ibibanza bitubatse bituruka ku mananiza bashyirwaho n’ubuyobozi kandi baramenye ko amatafari ya rukarakara yemewe kubakishwa ku nzu zo guturamo mu gihugu hose, ariko ku nyubako ziri mu kiciro cya kabiri.

Bahuriza ku kuba bimwa ibyangombwa mu gihe bashaka kubakisha rukarakara, bagasabwa kubakisha amatafari ahiye gusa, bigatuma ibibanza biba ibihuru ari nabyo bikurura ibisambo.

Kwamamaza

Nizeyimana Rodrigue umuturage wo muri Nyagatare asaba ko bahabwa ibyangombwa bakabasha kubakisha rukarakara kuko ari amatafari meza ahendutse kandi aramba.

Ati “Kuko nk’umuturage ufite ubushobozi buringaniye bwabasha kubona rukarakara akaba yarabujijwe kubaka urumva ntabwo atuye, abayeho mu buryo buciriritse.”

Avuga ko mu gihe hakwemezwa kubakisha rukarakara haboneka amacumbi meza ndetse n’umujyi ukarushaho kwaguka mu buryo bwihuse.

Mbonyingabo Emmanuel nawe avuga ko hari abayobozi batari inyangamugayo babuza abaturage b’amikoro make kubakisha rukarakara nyamara abifite bagahabwa ibyangombwa.

Ati ” Ugasanga arareba ngo uyu muntu ni mwene wacu, ufite amafaranga akubaka mu manegeka, burya abakire benshi nibo bubaka mu kajagari kuko baba bafite amafaranga yo gutanga kugira ngo babone cya cyangombwa cyo kubaka.”

Sindikubwabo Chrisostome avuga ko kwimwa uburenganzira bwo kubakisha rukarakara bigira ingaruka ku batuye umujyi wa Nyagatare, aho ibibanza byinshi byabaye indiri y’amabandi.

Ati “Hari ahantu utanyura mu masaha y’umugoroba kubera ibisambo byihisha muri ibyo bibanza, bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage, twabasaba gutanga uburenganzira amatafari ya rukarakara akubakishwa.”

Wilson Mwesigye Umuyobozi w’ibiro by’ubutaka mu Karere ka Nyagatare avuga ko nta muturage w’i Nyagatare wananiwe kubaka kubera ko yagize imbogamizi zo gusabwa kubakisha rukarakara, ngo bemerewe kuyubakisha imbere mu byumba.

Ati “Ntekereza ko ntawe twabangamiye, nta wigeze aduha imbogamizi y’uko adashoboye kubaka kubera ibwiriza rya Njyanama y’Akarere yo kudakoresha rukarakara, ibyo kuvuga ngo nta mikoro ni ukubeshya, ntabwo tubyemera.”

Avuga ko Inama Njyanama y’Akarere ka Nyagatare yagennye ahantu hatemerewe kubakishwa rukarakara ko uzarenga kuri ayo mabwiriza azahanwa n’amategeko.

Muhire Janvier, umuyobozi ushinzwe amategeko y’imiturire n’imyubakire muri RHA avuga ko Akarere ka Nyagatare kagombye kwicara kakaganira n’abagenerwa bikorwa kakamenya aho imbogamizi ziri n’icyakorwa ngo imiturire imere neza.

Ati “Ikibazo ntibagifite kuri rukarakara ahubwo bagifite ku nzego zibishyira mu bikorwa, ntiziruhanye, ntizirushye abaturage, icyuho kiri mu mikoranire.”

Avuga ko bizwi ko hari ibibanza bitubatse biba indiri y’ibisambo agasaba ko abaturage bafashwa kubakisha rukarakara kugira ngo icyo cyuho kirangire.

Ati “Ibyo bibanza mu by’ukuri bitubatse mu mujyi turabizi ko ari ikibazo, hari ikibazo ko ari indiri z’abagizi ba nabi, z’abantu bashobora gukora ibikorwa bitemewe n’amategeko y’u Rwanda,.. nkumva rero kubakisha rukarakara byakemura ibyo bibazo.”

Avuga ko amabwiriza y’ubuziranenge ku ikoreshwa ry’amatafari ya rukarakara avuga ko inzu z’ubucuruzi, insengero, umusigiti ndetse n’izigerekeranye zitemewe kubakisha amatafari y’inkarakara.

Yongera ho kandi ko umuntu wese wifuza kubakisha amatafari y’inkarakara abanza gusaba uruhushya rwo kubaka.

Kubona uruhushya rwo kubaka mu Karere ka Nyagatare ngo ntibishobora kurenza iminsi 15, ariko urusaba asabwa kwitwaza igishushanyo cy’inzu ashaka kubaka.

Wilson Mwesigye Umuyobozi w’ibiro by’ubutaka mu Karere ka Nyagatare
Muhire Janvier, umuyobozi ushinzwe amategeko y’imiturire n’imyubakire muri RHA

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW i Nyagatare

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ibyagiye hanze ku ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Qatar

Inkuru ikurikira

Rusizi: Umugabo arashakishwa akekwaho kwica umugore bamaranye imyaka 11

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Rusizi: Umugabo arashakishwa akekwaho kwica umugore bamaranye imyaka 11

Rusizi: Umugabo arashakishwa akekwaho kwica umugore bamaranye imyaka 11

Ibitekerezo 1

  1. lg says:
    shize

    aliko munzego zimwe birumvikana ko nabo ubwabo batazi amategeko ugasanga bzvuguruzanya aliko bigira ningaruka kubaturage Nyagatare se si mu Rwanda ko zemewe kubakwa muguhugu!! hose nuburyo
    bikorwamo si mudugudu uza ngo simbyemeye umwe araza ngo ntibyemewe umukuriye ati biremewe haraho itegeko se rivuga ko zubaka mubyumba gusa no gusoma icyavuzwe kuli rukarakara ntutegeka umuntu ngo nubwo byemewe ntubikora ubakisha ahiye niyo nshaka umutegeka se niwowe yubakira reba itegeko icyo risaba gusa ibindi ntibikureba

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010