Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Police FC yasubije abibaza ku musaruro nkene itanga

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2023/03/18 10:26 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’ikipe ya Police FC burangajwe imbere na Assistant Commissioner Of Police [ACP] Yahaya Kamunuga, bwibukije abashyira igitutu kuri iyi kipe ko banyuzwe n’umusaruro itanga.

Ubuyobozi bwa Police FC bunyuzwe n’umusaruro itanga

Iyi kipe y’Abashinzwe umutekano, ikomeza kwibazwaho n’abatari bake bashingiye ku musaruro nkene itanga utandukanye n’ibigendaho.

Aganira n’abanyamakuru, ACP Yahaye Kamunuga uyobora Police FC, yavuze ko ahubwo itanga byinshi kurusha uko ababibonera inyuma babyibaza ndetse banyuzwe n’uyu musaruro itanga.

Uyu muyobozi yavuze ko kuba iyi kipe itajya iya munsi y’amakipe icumi ya mbere, bibanyuze kandi ari umusaruro bishimimira nk’ubuyobozi.

Kwamamaza

Muri iki kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki 17 Werurwe 2023, yavuze ko kuva yashingwa iba mu makipe icumi ya mbere kandi bibahagije.

Commissioner Of Police [CP] Bruce Munyambo uri mu bashinze bakanatangiza Police FC, yavuze ko ubwo iyi kipe yakinishaga abanyamahanga byabyaye inyungu ariko ko nanone gukinisha Abanyarwanda byabyaye izindi.

Ati “Njye navuga y’uko igihe twakoreshaga abanyamahanga byabyaye inyungu, tubihagaritse tugafata umurongo wo gukoresha Abanyarwanda na byo birazibyara. Byombi biruzuzanya ariko turacyari mu murongo wo gukoresha Abanyarwanda kandi twizeye ko bizabateza imbere.”

Iyi kipe ibitse igikombe kimwe cy’Amahoro yegukanye ubwo yatozwaga na Casa Mbungo André utoza AS Kigali ubu. Iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 36 mu mikino 23 ya shampiyona imaze gukinwa.

Police FC yicaye ku mwanya wa gatandatu muri shampiyona

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Kwizera Olivier mu batajyanye n’Amavubi muri Bénin

Inkuru ikurikira

Ababyeyi bafite abana mu marerero bahawe inka, abafite imirire mibi bahabwa inkoko n’amagi

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Ababyeyi bafite abana mu marerero bahawe inka, abafite imirire mibi bahabwa inkoko n’amagi

Ababyeyi bafite abana mu marerero bahawe inka, abafite imirire mibi bahabwa inkoko n'amagi

Ibitekerezo 1

  1. Gatari Thomas says:
    shize

    Ndizera ko Abanyamakuru ba Sport bumvise ,Urusha nyina w umwana imbabazi aba ashaka kumurya !!!!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010