Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

RIB yasohoye imyirondoro n’amafoto by’umugabo ushakishwa cyane i Kigali

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2023/03/08 10:23 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rushakisha umugabo witwa SEBANANI Eric bahimba KAZUNGU, uyu akekwaho kwica nabi umugore we.

RIB ivuga ko SEBANANI Eric uzwi nka KAZUNGU, akekwaho kwica umugore we MUREKEYITETO Suzane w’imyaka 34 y’amavuko, agahita atoroka.

Ubu bwicanyi bwabaye tariki 07/03/2023, mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kimisagara, Akagari ka Kimisagara, Umudugudu wa Muganza.

Kwamamaza

Intandaro ni amakimbirane yo mu ngo bari bamaranye igihe kitari gito bafitanye.

Ku wa Kabiri Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara, Kalisa Jean Sauveur, yabwiye UMUSEKE ko muri uriya muryango bigeze kugirana amakimbirane, ariko baza kwiyunga bityo ko batunguwe n’ibyabaye.

Ati “Ni abantu bigeze kugirana amakimbirane kera, baza kuyarangiza, batumira inshuti n’abavandimwe, batumira abantu batandukanye bavuga ko biyunze byarangiye. Twaje gutungurwa n’uko hari umuntu wishe undi.”

RIB ivuga ko ikomeje iperereza mu gihe SEBANANI Erica uzwi nka KAZUNGU agishakishwa ngo agezwe imbere y’Inkiko.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruvuga ko rutazihanganira uwo ariwe wese, uzakora icyaha nk’iki.

RIB irasaba abantu kwirinda amakimburane, abo byananiye kuyikemurira bakajya babimenyesha inzego z’ubutabera n’iz’umutekano bitarafata indi ntera iremereye nk’iyo kwicana.

Ubutumwa bwa RIB buvuka “yibutsa umuntu wese ko kwica umuntu ari icyaha cy’ubugome, kandi ko ubikoze wese agomba gushyikirizwa Ubutabera. Uzabikora wese ntazihanganirwa kandi ntaho azacikira ubutabera, azafatwa ahanwe.”

UBWICANYI ni icyaha gihanwa n’INGINGO ya 107 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, uwo gihamye ahabwa igihano cyo gufungwa burundu.

Nyarugenge: Ukekwaho kwica umugore we arahigishwa uruhindu

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Gusubika amatora ntibabikozwa, batangiye kotsa igitutu Tshisekedi

Inkuru ikurikira

FERWAFA yimuye umukino wa Rayon Sports n’Intare

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
FERWAFA yimuye umukino wa Rayon Sports n’Intare

FERWAFA yimuye umukino wa Rayon Sports n'Intare

Ibitekerezo 1

  1. Dddp says:
    shize

    Mugarure igihano cy urupfu. Ibintu birarusha ho kuba bibi cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010