Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rusizi: Umutekano muke muri Congo watumye icyambu cyo ku Nkombo gifungwa

Yanditswe na: MUHIRE DONATIEN
2023/03/19 12:48 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bagorwa no gutega ubwato bubahuza n’abo mu bindi bice by’uturere twa Rusizi na Nyamasheke kubera icyambu cy’ahitwa ku Gaturo cyafunzwe, Ubuyobozi buvuga ko cyafunzwe kubera ibibazo by’umutekano muke uri muri RD Congo.

Kuva no kujya i Nkombo bisigaye ari ingorabahizi ku baturage

Aba baturage bavuga ko mbere y’icyorezo cya COVID-19 bari bafite ahantu habiri bategera ubwato ,nyuma hamwe harafungwa, ubu bakora urugendo rw’amasaha abiri kugira ngo bagere ku cyambu kimwe rukumbi bategeraho ubwato buberekeza hakurya y’ikirwa.

Mukanzayisaba consolee wo mu Kagari ka Kamagimbo mu Murenge wa Nkombo yabwiye UMUSEKE ko abatuye ikirwa cya Nkombo bakoresha icyambu kimwe cy’ahitwa ku Nyankumbira.

Ati “Ni icyambu kimwe gusa dufite cyo ku Nyankumbira, gupanga urugendo rwo kujya Kamembe cyangwa ku Nkanka ugenda amasaha abiri kugira ngo ugere aho ufatira ubwato, ugasanga ari ikibazo.”

Kwamamaza

Avuga ko hari icyambu bategeragaho ubwato cyaje gufungwa ubwo icyorezo cya Covid-19 cyari gifite ubukana, kugeza magingo aya kikaba kigifunze.

Ati “Icyambu cyo ku Gaturo twakoreshaga nti hagikoreshwa bahafunze mu gihe cya Covid-19 niba bishoboka badufungurira icyo cyambu.”

Nyiraharerimana Olive wo mu Mudugudu wa Gituro mu Kagari ka Rwenje avuga ko abaturuka ahitwa mu Bugumira bakora urugendo rw’amasaha abiri bagana aho bategera ubwato ku Nyankumbira.

Ati “Icyambu ni kimwe gusa twambukiraho, twifuza ko baduha ikindi hari abakora amasaha abiri kugira ngo bagere ku bwato, turifuzako baduha nk’ibindi bibiri bikaba nka bitatu.”

Dr. Kibiriga Anicet, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi avuga ko umutekano w’abaturage ariwo wa mbere, ko bafunze kiriya cyambu kubera umutekano mucye uri muri RD Congo, mu gihe byajya ku murongo icyambu cyahita gifungurwa.

Ati ” Ibyambu byafunzwe kubera ibibazo biri muri Congo guhita tubifungura ntabwo ari ibintu wakwihutira ,bizakorwa mu bushishozi, icyambere dukomeyeho ni umutekano, umuturage utamucungiye umutekano byose byaba ari imfabusa byose bizagenda birebwaho bibashe gukemuka.”

Umurenge wa Nkombo ni umwe mu Mirenge 18 y’Akarere ka Rusizi ukaba ugizwe n’utugari 5 turi mu kirwa kiri rwagati mu kiyaga cya Kivu.

MUHIRE Donatien / UMUSEKE.RW i Rusizi

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Umugabo yashatse gutema umugore we umuhoro ufata umwana

Inkuru ikurikira

Perezida Putin yatunguranye asura umujyi wo muri Ukraine

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Perezida Putin yatunguranye asura umujyi wo muri Ukraine

Perezida Putin yatunguranye asura umujyi wo muri Ukraine

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010