Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imyidagaduro

Umwijima w’ibyo nanyuzemo ntuzambuza ku murikira Isi – Alyn Sano

Yanditswe na: KUBWIMANA Bona
2023/03/08 9:00 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umuhanzikazi Alyn Sano yateguje abakunzi be Album ye ya mbere avuga ko ibiyikubiyemo ari ukwereka isi ko azayibera urumuri nubwo yanyuze muri byinshi byamucaga intege ariko akanga agakomeza guhangana.

Sano ni umwe mu bahanzi b’abagore mu Rwanda bari ku isonga kuko afite indirimbo zakunzwe. Uyu mukobwa udacika intege abamukurikirana bamufata nkuwirwanyeho, kuko atigeze abaho afashwa nk’abandi bamenyekanye mu muziki Nyarwanda nkawe.

Bamwe byaranze babivamo bitwaje ko bagiye bakwa ruswa yaba iya mafaranga cyangwa se iyi gitsina.

Ibyo bigeragezo byose bica intege abahanzikazi, Sano we yabinyuzemo yemye ntiyareka umuziki nk’umukobwa wifuza iterambere.

Kwamamaza

Abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yavuze ko intego ye ari ukumurikira isi.

Yagize ati “Album yange ya mbere yitwa Rumuri iraje vuba. Isobanuye byose kuri njye. Nk’umugore cyangwa umukobwa uri mu nzira y’iterambere nca muri byinshi; birimo umwijima w’ahahise n’ibinyitambika ariko ntibimbuza kumurika, kumurikira isi mu buryo bwanjye kuko namenye ko Ndi Rumuri.”

Abakurikirana uyu mukobwa bagiye bamushima cyane harimo n’umuhanzikazi Aline Gahongayire wahise yandika ahatangirwa ibitekerezo agira ati “Umukobwa wanjye.”

Undi witwa Eric Bright yagize ati “Ni byiza. Nizere ko izaba igizwe n’ikinyarwanda cy’umwimerere aho gukoresha bimwe byateye byo kuvanga indimi, amaherezo indirimbo igasigara idafite epfo na ruguru, ukibaza ubutumwa burimo ugaheba. Komereza aho mwana wacu.”

Alyn Sano kuva yatangira umuziki nibwo bwa mbere agiye gushyira hanze Album ya mbere. Ajya kumenyekana mu Rwanda yari yakoze indirimbo yitwa ‘Rwiyoborere.’

Impano y’uyu mukobwa yagiye ishimwa n’abahanzi bakomeye by’umwihariko Yvonne Chakachaka bigeze guhurira ku rubyiniro rumwe nyuma amutera imbaraga amubwira ko afite impano itangaje.

Yagiye yitabira n’amarushanwa akomeye cyane nkirya The Voice Africa ryabereye muri Afurika y’epfo nubwo atagize amahirwe yo kuryegukana.

Aheruka gushyira hanze indirimbo yitwa ‘Boo and Bae’ nayo iri mu zizaba zigize iyi Album ye ya mbere yise Rumuri.

Alyn Sano avuga ko azamurikira isi

Album yange ya mbere yitwa #Rumuri iraje vuba. Isobanuye byose kuri nge. Nk’umugore cyangwa umukobwa uri mu nzira y’iterambere nca muri byinshi; birimo umwijima w’ahahise n’ibinyitambika ariko ntibimbuza kumurika, kumurikira isi mu buryo bwanjye kuko namenye ko #NdiRumuri. pic.twitter.com/P5ZuFe9JyF

— Alyn Sano (@alynsano) March 7, 2023

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

RDC:  Agahenge ntikamaze kabiri, M23 yakozanyijeho na FARDC

Inkuru ikurikira

Mutesi Jolly yavuze ku mwana we, yikoma abantu bagurisha izina rye

Izo bjyanyeInkuru

Javanix na Racine bakoze indirimbo iri mu njyana idasanzwe mu Rwanda-YUMVE

Javanix na Racine bakoze indirimbo iri mu njyana idasanzwe mu Rwanda-YUMVE

2023/03/26 4:48 PM
Umuhanzi Limu akangurira urubyiruko kwigira ku bana b’i Nyange babaye Intwari

Umuhanzi Limu akangurira urubyiruko kwigira ku bana b’i Nyange babaye Intwari

2023/03/25 2:34 PM
Knowless yakoranye indirimbo n’icyamamare Alex Cuba wegukanye Grammy Awards

Knowless yakoranye indirimbo n’icyamamare Alex Cuba wegukanye Grammy Awards

2023/03/25 12:58 PM
Miss Elsa  yujuje imyaka 25, Prince Kid aramutaka

Miss Elsa yujuje imyaka 25, Prince Kid aramutaka

2023/03/25 12:04 PM
2 Shots Club yahaye ubwasisi abakunzi ba Cyusa

2 Shots Club yahaye ubwasisi abakunzi ba Cyusa

2023/03/24 4:48 PM
Gikondo: Ahitwaga kuri “Morgue” hagiye kubera igiterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge n’uburaya

Gikondo: Ahitwaga kuri “Morgue” hagiye kubera igiterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge n’uburaya

2023/03/24 11:38 AM
Inkuru ikurikira
Mutesi Jolly yavuze ku mwana we, yikoma abantu bagurisha izina rye

Mutesi Jolly yavuze ku mwana we, yikoma abantu bagurisha izina rye

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010