Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Dady De Maximo yanenze cyane Marina na Yvan Muziki kubera indirimbo ‘Intare batinya’
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Dady De Maximo yanenze cyane Marina na Yvan Muziki kubera indirimbo ‘Intare batinya’

KUBWIMANA Bona KUBWIMANA Bona 10/05/2023 12:41
Aba bahanzi banenzwe n'abandi babakurikirana ku rubuga rwa You tube

Dady De Maximo Mwicira Mitali uzwi cyane mu itangazamakuru no mu kumurika imideli yanenze abahanzi Marina na Yvan Muziki basubiyemo indirimbo yitwa intare batinya avuga ko hari aho batandukiriye bagakora amakosa bitewe no kutamenya amateka yuwo bahimbiye iyi ndirimbo.

Marina na Yvan Muziki basubiyemo indirimbo Intare batinya

Dady De Maximo yanditse anenga aba bahanzi abinyujije ku rubuga rwe rwa twitter avuga ko ari igitekerezo cye bitari ihame ngo abyumve kimwe n’abantu bose.

Yagiye ati “H.E bakoresheje images ze aracyariho ntawe yasize, kuririmba ngo abo yasize bose bamufatiye iry’iburyo usibye n’ubukunguzi ni ukudasobanukirwa ibyo uririmba, byo kuririmba gusa uticaye ngo wumve buri jambo Yewe ngo unacukumbure imyandikire icyo yavugaga.”

Akomeza avuga ko atiyumvisha uburzo indirimbo ikorwa ikarinda ijya hanze mu bantu bayikozeho nta wurumva ayo makosa.

Ati “Ibintu byo kuryoherwa tugakoresha ikinyarwanda aho bitajyanye ngo umuntu ahanike wigira ibyo ushaka Yewe bitanubaha intero n’amagambo uri guhata ijwi utayubashye ngo bijyane n’igihangano kugirango bijye za YouTube utumva ibyo uririmba sibyo nubwo igitekerezo ari inyamibwa ariko ntawukina n’ururimi rwacu ushobora gukora ikosa uziko uri kuvuga ibigwi kandi uri kuririra wibuka intwali yatabarutse, wibutsa ibihe byiza mutazongera kugirana, yaba ari ku itabaro yarasize urungano cyangwa yaraguye ku rugamba.”

“Ni ukuri indirimbo yahimbiwe intwali y’igihugu Afande Kayitare “intare batinya” yaguye ku rugamba ngo u Rwanda rwubu rubeho ntabwo uyikiniraho usiba uwayituwe umusimbuza intwali mu nkuru z’igihugu, ntawusubiramo igihangano ngo agihindure hahinduka gato bibaho injyana n’amajwi nabwo bifitiwe uburenganzira, nkeka ko babufite, ariko ntukuraho uwayihimbiwe ngo umusimbuze undi.”

“Byakorwa mu gitaramo abantu bashima umuntu w’ibikorwa bitangaje abantu bamwizihira byo nta kibazo ariko mu buhanzi ntuyikora muri studio ngo unakore amashusho uyihindura uko yahimbwe nuwo yahimbiwe ni amakosa ibi sibyo.”

“Ikindi uyu mwali mwiza ijwi rye bashyizemo computer biba ukwabyo, ni uko akina wakwibuka igisobanuro indirimbo ifite n’ibihe yahimbiwemo biragoye kuyireba igasoza. Ibihangano sibyo gukiniraho aka kageni. Udashoboye kubikora kurundi rugero ruhanitse ntakora ku mwimerere rwose.”

“Intare batinya indirimbo ye tuyubahe Afande Kayitare yaguye ku rugamba yitangira benshi, ntacyakwiye guhanagura ubutwali bwe n’amaraso yitanga; hanyuma abahimba bahimbe izindi, byanze bagirwe inama mu myandikire twishakemo ubusizi n’ibihangano bigenewe izindi ntwali nkuru kuko nibwo buhanga bwo guhimba badasibye ibihe byuwitangiye urugamba ngo bayiture undi nawe nziko atabyemera, ibi kuyitura H.E mutaramye nibyo ariko gukoresha amashusho asimbura igihangano uko cyakozwe kera ukabihindura kubwo kutamenya amateka ni ikibazo.”

- Advertisement -

Dady yasoje asaba abandi bahanzi kujya bitondera imyandikire hakabaho no guhugurana kugirango birinde ayo makosa.

Iyi ndirimbo basubiyemo intare batinya iya mbere yakozwe na nyakwigendera Kamaliza. Aba bahanzi basanzwe banakundana iyi siyo ndirimbo ya mbere basubiyemo y’undi muhanzi kuko baherukaga no gukorana indi ya Masamba Intore yitwa Urugo ruhire.

Dady De Maximo yabagiriye inama zo kuzajya bihugura cyane ku myandikire
Aba bahanzi banenzwe n’abandi babakurikirana ku rubuga rwa You tube

 

You Might Also Like

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Move Afrika , Kendrick Lamar atigisa BK Arena

Uwiteka yaremye ibishya mu buzima bwe- Umuramyi Svensson yegukanye Sauda-AMAFOTO

Bruce Melodie yagiranye ibihe byiza na Meddy

Nomthie Sibisi yateguje igitaramo cy’akataraboneka i Kigali

Shaggy yavuze ku mwihariko n’ubuhanga bwa Bruce Melodie

KUBWIMANA Bona 10/05/2023 12:45 10/05/2023 12:41
Share
Inkuru ibanza Gasabo: Uwari umaze igihe abuze yasanzwe yapfuye
Inkuru ikurikira Umugore afungiwe kuruma umugabo umunwa akawuca
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Ruswa mu Rwanda yaragabanutse
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Stade ya Huye ishobora kongera guhagarikwa na CAF
Imikino
Muhanga: Urukiko rwatesheje agaciro ikirego cy’umuturage wahugujwe isambu
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rwamagana: Amayobera ku mupolisi wapfuye bitunguranye
07/12/2023 1:40

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?