Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Hatanzwe amabati yo kugoboka abasenyewe n’ibiza I Nyaruguru 

Yanditswe na: TUYISHIMIRE RAYMOND
2023/05/25 9:08 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru bwahawe amabati 200 n’itorero rya EAR (Eglise Anglican au Rwanda) yo kugoboka imiryango iheruka gusenyerwa n’ibiza.

Akarere ka Nyaruguru kahawe amabati n’umufatanyabikorwa,EAR diyoseze Nyaruguru

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2023, nyuma yaho imvura nyinshi yibasiye abaturage bo muri aka Karere.

Musenyeri  Habimfura Vincent, Umwepiskopi w’itorero rya Angilikani diyoseze ya Nyaruguru, avuga ko mu gutegura iki gikorwa hari hagamijwe gutabara abakozweho n’ibiza.

Yagize ati “Iki gukorwa cyateguwe mu rwego rwo gufatanya n’Akarere nk’uko dusanzwe dufatanya byose.Tubonye y’uko mu Karere kacu kabayemo ikibazo cy’ibiza,imisozi ikagenda ndetse abaturage bakimuka,dushaka gufatanya n’akarere kugira ngo dukemure icyo kibazo.”

Kwamamaza

Avuga ko amabati 200 yatanzwe afite agaciro ka miliyoni ebyiri.

Akomeza ati”Uyu munsi twatanze amabati 200 ndetse twitegura kubakira n’indi miryango ine(4) irimo imiryango itatu yo mu Mirenge ya Muganza, n’umwe wo muri Kibeho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru,MURWANASHYAKA Emmanuel, yasabye abatuye mu manegeka kuyavamo, bagakiza amagara.

Meya MURWANASHYAKA yagize ati” Mu by’ukuri dukurikije imvura yaguye ubushize, icyo dusaba abantu bagituye mu manegeka, ni ukugira ngo bazamuke.Turasaba kuyavamo, batavaho bahaburira ubuzima.”

Iki gikorwa cyibaye mu gihe aka karere Kasozaga igikorwa “icyumweru cy’umujyanama n’umufatanyabikorwa” kigamije gusuzuma ibyagezweho no gukosora ibitaragerwaho.

Akarere ka Nyaruguru kavuga ko Ibiza byabaye mu minsi ishize byasenyeye imiryango 121 , irimo abantu 489 .

Ibiza byasenye burundu inzu 48 ku buryo bisaba kubakwa bushya.

Akarere ka Nyaruguru gatangaza ko uyu mwaka imiryango 64 yabaga mu manegeka yafashijwe kandi kuyivamo.

Imirenge ya Nyabimata, Ruheru, Muganza, Busanze niyo yakozweho cyane n’imvura aho imihanda yangiritse ndetse inasenya inzu z’abaturage .

Imvura nyinshi yaguye mu bice bitandikanye by’igihugu kuwa 2-3 Gicurasi 2023, yasenye inzu nyinshi ndetse itwara n’ubuzima bw’abagera ku 135.

Nyuma y’ibyo biza hagiyeho uburyo bwo kugoboka abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza, abantu batandukanye batangira kwitanga.

Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi,MINEMA, iheruka gutangaza inkunga imaze gukusanywa harimo 621.927.232 Frw yoherejwe biciye kuri konti ya banki na 37.167$, mu gihe ayanyujijwe kuri Mobile Money ari 35.096.432 Frw.

Uyashyize mu mafaranga y’u Rwanda yose hamwe, asaga miliyoni 690 Frw.

Musenyeri Habimfura yaganiriye n’umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

 

 

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Umushinga “THE IHANGANE PROJECT” uri mu nzira zo guhindura izina ukitwa “TIP GLOBAL HEALTH”

Inkuru ikurikira

Ba mukerarugendo basura Pariki z’igihugu bakuriweho kwerekana ko bipimishije COVID-19

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
Ba mukerarugendo basura Pariki z’igihugu bakuriweho kwerekana ko bipimishije COVID-19

Ba mukerarugendo basura Pariki z'igihugu bakuriweho kwerekana ko bipimishije COVID-19

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010